RFL
Kigali

WARI UZI KO: Benshi mu basaba gatanya ari abakiri bato bamaranye imyaka hagati ya 4 na 8

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:16/07/2019 14:02
0


Uko imyaka igenda itambuka, gukomerwa kw’ingo bigenda biba ingorabahizi, dore ko hari impamvu zitandukanye zibitera zaba izigendanye n’imibereho n’ibindi bitandukanye bizanwa n’amajyambere. Ubushakashatsi bigaragaza ko benshi mu batandukana ari abakiri bato bamaranye igihe gito.



Twifashishije urubuga rukurikirana ibijyanye n’ingo Marriage.com, twagerageje kwegeranya zimwe mu mpamvu zitera isenyuka ry’ingo muri iki gihe. Imibare igaragaza ko ibihugu byateye imbere biza imbere no ku mubare munini wa za gatanya, u Burayi bukaba ari bwo bufite imibare myinshi ugereranyije n’indi migabane y’isi.

Uru rubuga kandi rugaragaza ko benshi mu batandukana ku isi ari abamaranye imyaka hagati ya 4 na 8. Ugendeye ku myaka, benshi mu basaba gatanya ni abatarengeje imyaka 40. Mu gihe gutandukana biterwa n’impamvu nyinshi zitandukanye, dore ko nta rugo rusa n’urundi, dore impamvu zikunze kugarukwaho zitera nyinshi muri za gatanya muri iki gihe:

1. Gucana inyuma

Iyi ni imwe mu mpamvu zikomeye itera isenyuka ry’ingo, dore ko impamvu zitera guca inyuma nazo ziba nyinshi mu ngo z’abashakanye. Ubushakashatsi kandi bwagaragaje ko benshi mu baca inyuma abo bashakanye babiterwa n’umujinya, kudahuza neza ku ngingo yo gutera akabariro cyangwa se kudahuza amarangamutima mu mibanire.

2. Amafaranga

Turi mu isi yirirwa yiruka inyuma y’inoti ku buryo hari n’abubaka ingo bakuruwe n’amafaranga cyangwa ubushobozi bwa buri umwe bwo gukorera amafaranga ku buryo iyo bitagenze uko byari byitezwe, bishobora gutuma urugo rusenyuka. Ikindi, ni uburyo bw’imicungire y’umutungo w’urugo n’imikoreshereze y’amafaranga muri rusange, nabyo bishobora kuvamo gatanya.

3. Kutaganira uko bikwiye

Kuganira ku bintu byose no gufatira imyanzuro hamwe biri mu bikomeye byubaka urugo, iyo byabuze, buri umwe ashobora gutunga agatoki mugenzi we cyangwa se hakabaho amakimbirane no kubwirana amagambo akomeretsa, bikaba byuasenya umubano burundu.


4. Guhora mu ntonganya

Urugo bamwe bavuga ko ari ishuri, iyo utaryize neza ubyitayeho ushobora gutsindwa. Kwijujutira ibintu bitandukanye no gutonganira utuntu tudashira, biri mu bituma abashakanye bashobora guhagana bagahitamo gutandukana.

5. Kwiyongera ibiro

Iyi mpamvu ishobora kugaragara nk’idafatika ariko ni imwe mu zitera gatanya muri iki gihe. Umwe mu bashakanye ashobora kwiyongeraho ibiro byinshi nyuma yo gushakana bigatuma mugenzi we abona yarabaye undi, umubano wabo ukarangira.

6. Kwizera ibitangaza

Hari abavuga ko urugo rwiza ari ijuru rito ariko mu by’ukuri usanga bigoye ko iri juru rihoraho kuko nta zibana zidakomanya amahembe. Kubaka urugo umwe mu bashakanye yizera ko uwo bashakanye ari umuntu uje nko kuba umumalayika cyangwa umuntu uje gutuma ibintu byose bigenda neza, bishobora gutuma igihe bitagenze uko yabitekereje ahitamo kubivamo.

7. Kutubaka ubucuti

Abashakanye bagomba kuba ari inshuti magara, umwe abona ko undi ari we muntu wa mbere wo kwirukiraho yaba mu bikomeye cyangwa mu munezero. Iyo ubu bucuti bwatakaye, bitera umwuka mubi no gutandukana bikaba bishobora kuziramo.

8. Guharirana inshingano

Mu rugo umugore n’umugabo bagira uko biha inshingano n’uburyo buri wese ashyigikira mugenzi we ngo ibintu bigende neza. igihe umwe yasunikiye inshingano zose z’urugo kuri mugenzi we, bishobora gusenya.

9. Gushakana mu buryo butateguwe neza

Kubaka si imikino. Iyo abantu bashakanye batariteguye, ngo bafate umwanya uhagije wo kumenyana no gushyiramo umurongo w’imibereho, bishobora gutuma no gutandukana kwabo bibanguka.

10. Ihohoterwa

Mu gihe umwe mu bashakanye ahohotera mugenzi we, byaba mu buryo bw’umubiri, ubw’amarangamutima cyangwa ubundi buryo bwose, bishobora kuvamo gutandukana.

N’ubwo izi ari zimwe mu mpamvu zitera gutandukana, sizo gusa kuko muri iki gihe hari n’abatandukana bapfuye imikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibindi bitandukanye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND