RFL
Kigali

Christafari Band ikunzwe ku isi igiye kuzenguruka Afrika imurika indirimbo 'Imigongo' yakoranye n'umuhanzi nyarwanda Columbus

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:15/07/2019 11:33
0


Christafari Band itsinda riri ku isonga ku isi mu bakora injyana ya Reggae mu muziki wa Gospel ryatangaje ko rigiye kugaruka muri Afrika kuhamurikira indirimbo yabo nshya 'Imigongo' bakoranye n'umusore w'umunyarwanda witwa Nduwayo Columbus kuri ubu uri kwiga umuziki mu ishuri rya Nyundo.



Christafari Band bamamaye mu ndirimbo Hosanna banditse ku rukuta rwabo rwa Instagram ko bagiye kugaruka muri Afrika mu rwego rwo mukurika indirimbo yabo nshya yise 'Imigongo', bakaba barayanditse bakuye inganzo ku mitako y'abanyarwanda ikorwa mu mase bitewe n'ukuntu bayikunze cyane kugeza ho bifuza kuyujyana iwabo muri Amerika. Icyo gihe bavuze ko uko abanyarwanda bakora imitako myiza cyane mu mase ari nako Imana itoranya abantu ibakuye mu byaha ikabahindura abakozi bayo. Mu kwezi kw'Ukwakira ni bwo aba baririmbyi bakunzwe ku rwego rw'isi bazaza muri Afrika aho bateganya gukorera ibitaramo mu bihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane ari byo; Malawi, Rwanda, Burundi, Zambia, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Christafari Band bakunze cyane imitako y'abanyarwanda

Iyi ndirimbo 'Imigongo' bazamurikira muri ibi bihugu, ivuga ku mitako y'abanyarwanda, ni umushinga Christafari batangaje bwa mbere ubwo baherutse mu Rwanda mu ivugabutumwa bari batumiwemo na Prayer House Rwanda iyobowe na Kavutse Olivier. Ni indirimbo irimo n'ikinyarwanda by'akarusho bakaba barayikoranye n'umusore w'umunyarwanda Columbus uri kurahura ubwenge mu ishuri ry'umuziki rya Nyundo, uyu akaba yaramamaye cyane mu ndirimbo 'Naganze'. Christafari bari bifuje gukorana iyi ndirimbo na Kavutse Olivier, we abagira inama ko bayikorana na Columbus cyangwa Ezra, bo bahitamo Columbus. Columbus yabwiye Inyarwanda.com ko gukorana indirimbo n’iri tsinda bisobanuye ikintu kinini mu buzima bwe, ashingiye ku kuba ari abanyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.


Christafari Band ni yo iyoboye isi mu bakora injyana ya Reggae muri Gospel

UMVA HANO 'NAGANZE' YA COLUMBUS WASHIMWE NA CHRISTAFARI


Kavutse Olivier ni we wahuje Christafari na Columbus

Nduwayo Columbus uzwi cyane nka Colombus wakoranye indirimbo na Christafari ni umwe mu bahanzi b’abahanga bari mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, akaba akora injyana ya Reggae mu mwihariko we yise ‘RataJah’. Ni umwe mu batangiye umuziki cyera ariko aza kugera aho asa nk’ucogoye. Mu Ukuboza 2018, indirimbo ye 'Naganze Remix' yegukanye igihembo cy'indirimbo nziza ya HipHop [Afro-pop song of the year], cyatanzwe na Groove Awards Rwanda. Christafari yakoranye indirimbo na n'umunyarwanda Columbus igizwe n’abantu icyenda ikaba yarashinzwe mu mwaka wa 1990 n'umunyamerika Mark Mohr wakuriye mu muryango w'abakristo.


Columbus wakoranye indirimbo na Christafari

Christafari ni ryo tsinda rya mbere ku isi ry'abahanzi b'abakristo bakora umuziki wa Gospel mu njyana ya Reggae. Kuva iri tsinda rishinzwe kugeza uyu munsi, rimaze kugurisha album zigera ku bihumbi 500 (Kimwe cya kabiri cya miliyoni). Magingo aya ni nabo baza ku isonga ku isi mu bahanzi ba Gospel bakora injyana ya Reggae bagurisha cyane umuziki wabo. Ni itsinda rikunzwe cyane mu ndirimbo zinyuranye zirimo; Hosanna, Here I am to worship, Oceans (Where Feet May Fail), How great is our God, 10,000 reasons, Rescue me, He is greater than I n’izindi.


Christafari ubwo baririmbiraga mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu gitaramo cya Beauty For Ashes cyabaye tariki 4 Kanama 2018'

REBA HANO 'HOSANNA' YA CHRISTAFARI BAND








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND