RFL
Kigali

Itangishaka Blaise wa APR FC agomba kongera kubagwa

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:25/06/2019 16:33
1


Itangishaka Blaise umukinnyi wo hagati mu ikipe ya APR FC kuri ubu hategerejwe ko abagwa imvune yagize mu ivi ubwo iyi kipe yakinaga na AS Kigali mu mukino wo kwishyura wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro 2019.



Nyuma yo kugira iki kibazo, Itangishaka yaje kwitabwaho n’abaganga bagira ngo barebe niba ikibazo yagize mu ivi ry’ibumoso cyarangira mu buryo bworoshye, byaje gukomeza kwanga kugeza kuri ubu aho uyu mugabo agomba kubagwa.

Ubwo yaganiraga na INYARWANDA abazwa uko amerewe ndetse anabazwa niba yiteguye imikino ya CECAFA Kagame Cup 2019, Itangishaka Blaise yavuze ko atiteguye imikino ya CECAFA Kagame Cup 2019 bitewe n’ikibazo cy’imvune cyamubereye imbogamizi aho ategereje gahunda ya nyuma yo kubagwa kuko ngo imvune ye ikomeye.

“Ntabwo nzakina CECAFA Kagame Cup kuko bazambaga imvune nagize dukina na AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro. Nagize ikibazo mu ivi ry’ibumoso. Ubushize bambaze iburyo, ubu rero ni ibumoso. Ntegereje ko muganga ampa gahunda nkamenya igihe bizakorerwa”. Itangishaka


Itangishaka Blaise agomba kubagwa 

Itangishaka Blaise yaherukaga kubagwa mu 2016 ubwo yari yagize ikibazo cy’imvune mu ivi ry’iburyo mu mukino APR FC yahuragamo na Musanze FC ku kibuga cya Nyakinama.

Tariki ya 5 Ugushyingo 2016 ubwo ikipe ya APR FC yasuraga FC Musanze mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, Itangishaka Blaise yagize ikibazo cy’imvune cyatumye atanarangiza umukino, gusa bigendanye no kuba yari yarahamagawe mu ikipe yagombaga kugana muri Maroc, yajyanye n’abandi kugira ngo avurwe.

Ku mugoroba wo kuwa Kane tariki ya 10 Ugushyingo 2016 nibwo uyu mukinnyi yabazwe imvune yagize mu ivi aho abaganga batangaje ko yari yagize ikibazo ku nyama ihuza imikaya n’amagufwa (Ligament Croisé).


Itangishaka Blaise ntazakina CECAFA Kagame Cup 2019

Mu mwaka w’imikino 2017-2018, ntabwo Itangishaka Blaise yahise atangira gukina kuko yatangiye gukina ubwo bari bageze mu mikino yo kwishyura aza kugenda agaruka buhoro buhoro kugeza ubwo muri uyu mwaka w’imikino 2018-2019 yari atangiye gukina akaba yongeye kugira indi mvune mu ivi ry’ibumoso.

 


Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mutuyimana emmanuel 4 years ago
    Nanjye kabisa uwo muvandimwe ndamwera pe. Arikose, byaba bigezehe?





Inyarwanda BACKGROUND