RFL
Kigali

Ntarama: Hatashywe ku mugaragaro ibyumba by’amashuri biri mu kigo cya Gasore Serge Foundation-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:23/06/2019 19:49
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2019 i Ntarama mu karere ka Bugesera mu ntara y’Uburasirazuba habereye umuhango wo gutaha ibyumba by’amashuri biri mu kigo Gasore Serge Foundation, ikigo gisanzwe gifite izindi gahunda zijyanye n’ubuzima bw’abantu.



Mu kigo Gasore Serge Foundantion (GSF) hasanzwe habamo ivuriro ryita ku barwayi. Muri iki kigo kandi habamo igice gihuza abanyabukorikori ahanini abagore b’i Ntarama bibumbiye hamwe kugira ngo bagire icyo bakora cyabafasha kwibeshaho.


Uva ibumoso: Dr.Alvera Mukabaramba umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Gasore Serge (Hagati) na Dr.Isaac Munyakazi umunyamabanga muri Minisiteri y'uburezi ushinzwe amashuri abanza y'ayisumbuye  

Muri GSF kandi bafite igice cy’irerero rifasha abana baba mu miryango itishoboye bityo bagahabwa uburere bw’ibanze, bakirirwa mu kigo bakitabwaho n’abarezi mu buryo bwose ndetse bakaniga amasomo n’incuke.

Nyuma y’ibi byose, Gasore Serge washinze ikigo “Gasore Serge Foundation” yagize igitekerezo cyo kubaka ibigo by’amashuri kugira ngo abana bajye bahakomereza amashuri bityo bazagire icyo bamararira igihugu ndetse n’abo ubwabo by’umwihariko.

Dr Isaac Munyakazi umunyamabanga muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye wari witabiriye uyu muhango yashimye cyane ibikorwa bikorerwa muri GSF kandi ko Minisiteri y’uburezi MINEDUC izakomeza kuba inyuma ibikorwa bikorerwa muri GSF.

“Twatashye aya mashuri yahawe uburenganzira bwo gukora kuva tariki ya 10 Mutarama 2019. Ubu iri shuri rimaze kugira abana 234 biga mu byiciro bitandukanye birimo amashuri abanza n’incuke. Abana barererwa hano bameze neza barashishe, basa neza kandi b’umwihariko twabonye ko bafite ubumenyi bwihariye mu muco wacu “. Dr.Munyakazi


Dr Isaac Munyakazi ageza ubutumwa ku bitabiriye umuhango 


Mu itahwa rya Rwanda Christian School kuri uyu wa Gatandatu

Mu ijambo rye, Dr.Isaac Munyakazi yasabye ubuyobozi bw’akarere kubyaza umusaruro ibikorerwa mu kigo Gasore Serge Foundation (GSF) byaba ibijyanye n’imiyoborere myiza, uko ibikorwa byabo biba biteguye ndetse na gahunda nziza bafite yo kurera abana banatozwa uburere mbonera gihugu.

“Iri shuri twasanze rifite ibikoresho bihagije byifashishwa mu myigire n’imyigishirize. Twabonye n’imyidagaduro batayisiga inyuma. Mboneyeho gusaba ko dufatanyije twese ibikorwa bikorerwa hano bibyazwa umusaruro, ubwo ndasaba ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera by’umwihariko umurenge wa Ntarama”. Dr.Munyakazi



Hatashywe ibyumba 17 by'amashuri birimo 12 by'amashuri yisumbuye na 5 by'incuke

Dr.Munyakazi yavuze ko nk’ibigo biri hafi ya Gasore Serge Foundation byafata intera bakajya babyaza umusaruro amahirwe bakabegera mu bijyanye n’ikoranabuhanga kandi ko iki kigo kizajya kiba icya mbere.

Mu bijyanye n’uburezi mu kigo Gasore Serge Foundation hari ibyo bagaragaje batarabona kugira ngo gahunda bafite zizagende neza, Dr.Isaac Munyakazi yabijeje ko agiye gukora uko ashoboye kugira ngo ibibura bizashakwe ku bufatanye na MINEDUC.

“Hari ibyo mwatweretse mubura kandi dushobora kubafashaho, tubibafashe kandi vuba. Abakozi ba Minisiteri turi kumwe bamfashe ikibazo cy’ibitabo batabona ibindi bakabigura bibahenze tuzabikoreho ibyo bitabo biboneke”. Dr.Munyakazi


Agaruka ku babyeyi barerera mu kigo Gasore Serge Fondation (GSF), Dr.Munyakazi yabasabye ko bagomba kugira uruhare muri gahunda z’uburere buhabwa abana.

Gasore Serge washinze akaba ari n’umuyobozi wa Gasore Serge Foundation (GSF) yavuze ko iki kigo kibamo abana 234.

Gasore Serge yavuze ko kuva mu 2008 ari bwo iki kigo cyatangiye imirimo ahanini byari bishingiye mu kugeza amazi ku baturage ndetse n’ibindi byose bigendanye n’imibereho myiza ku bufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera.

Gasore Serge yagarutse kuri gahunda yo kugaragaza uko ibikorwa by’iki kigo byagiye byaguka bikaza kugera aho bateguye amarushanwa amaze kubaka izina “20 Km de Bugesera” ndetse na gahunda bafite batumiramo abagize ibyo bageraho bakaganiriza abana inzira bazacamo bakagera ku iterambere (Inspire Me).


Gasore Serge uyobora Gasore Serge Foundation

Gasore kandi yibukije ababyeyi ko bagomba kumuba hafi mu mbaraga bafite bakabungabunga ibikorwa bya GSF kandi ko intego bafite ari uko mu myaka itatu iri mbere iki kigo kizaba icya mbere mu gutsinda mu bizamini bya Leta.



Abana biga muri RCCS bafite impano zitandukanye 







Zimwe mu nyubako za Gasore Serge Foundation (GSF)







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND