Ubuyobozi bw’ishuri rya IBTC Film and Design School bwiyemeje gukemura ikibazo cy’ingutu muri Cinema Nyarwanda ndetse banahamagarira abantu b’ingeri zose kubagana bakarushaho kwiyungura ubumenyi no kwihangira imirimo bagakira.
Ni mu kiganiro Uwizeyimana Julie Claude, Umuyobozi w’iri
shuri rya IBTC yagiranye na INYARWANDA aho yadutangarije bimwe mu byo bigisha
birimo gukora ama Designs, Graphic design, kumenya ubwoko bwa Camera n’ibyo
zikora ndetse n’uburyo butandukanye bwo kuzikoresha mu buryo bwimbitse aho
bamwe mu bize muri IBTC bifashishwa mu kugura ama camera atandukanye kuko baba
bizeweho ubuhanga.
Umuyobozi wa IBTC ahamya ko uwize muri iri shuri
Camera iyo ari yo yose idashobora kumubera umutwaro ndetse anavuga icyo bisaba
ngo wige muri IBTC Film and Design School, ishuri rikora ibijyanye no gufata
amashusho, gukora Logo, Amballage zo gupfunyikira abakiriya, gukora Blanding z’ibikorwa
bya zimwe muri kompanyi n’ibindi bigo bitandukanye. Bityo bamwe bakaba bahabwa
akazi ndetse abandi bo bakaba banakihangira dore ko nta wanga kwigira no
gukira.
Ukiri gusoma iyi nkuru ushobora kwibaza icyo bisaba
ngo wige muri IBTC. Icya mbere bisaba ni ukuba wararangije kwiga Icyiciro
Rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) kuko ibyinshi mu byo bakora
bisaba ubundi bumenyi nk’uko mwabisanga mu kiganiro. Bigisha abahungu,
abakobwa, ababyeyi, abasaza n’abakecuru. Abantu b’ingeri zose kandi hakaba
uburyo bwo kwiga amasaha 2 ku munsi, ndetse no muri weekend. Hari ndetse n’ishami
ray IBTC muri DRC Congo.
Uwizeyimana Julie Claude aganira na Inyarwanda.com
Mu gihe kingana n’imyaka 8 bamaze bakora rero, IBTC
yiyemeje gushyira imbaraga mu gukora filime, harimo no gukemura kimwe mu bibazo
fiime nyarwanda ifite, bakuraho ikibazo cy’ibura rya filime, bakora amafiime
documentaire ndetse banafasha zimwe muri Kompanyi mu kwamamaza ibikorwa byabo
nk’uko mubisanga mu kiganiro twagiranye n’ubuyobozi bwa IBTC.
Mu gusoza, umuyobozi wa IBTC yahamagariye abantu
batandukanye kugana iri shuri ngo bavome ubumenyi bwihariye bwazabafasha mu
buzima bwabo buri imbere ndetse bakanabasha kwihangira imirimo bityo
bikazabafasha guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo kuko isi ikeneye abantu
nk’abo.
Uwashaka kubagana yabasanga mu mujyi wa Kigali, kwa
Rubangura muri Etage ya 4, umuryango wa 6 no muri City Plaza muri Etage ya 2
umuryango wa 2. Abari i Rusizi bo bakwerekeza muri Congo kuko ari ho hafi. Ku mbuga nkoranyambaga
Instagram yabo ni IBTC Film School ndetse no kuri YouTube ni ko bitwa. Kuri Facebook ni
IBTC Rwanda. Wabahamagara kuri 0788543002 0728543002 cyangwa ukababona kuri www.ibtcfilmschool.com
Kanda hano ubone ubusobanuro bwimbitse kuri IBTCFilm and Design School
TANGA IGITECYEREZO