RFL
Kigali

Uganda 58-39 Tanzania: “Mu guhagararira igihugu nta gahunda yo gutsindwa izamo”-LAMUNU

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/06/2019 13:53
0


Lamunu Shillah Aber umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’abakobwa ba Uganda batarengeje imyaka 16 bari mu mikino y’akarere ka Gatanu mu Rwanda, nyuma yo kwinjiza amanota 19 ubwo batsindaga Tanzania amanota 58-39, yavuze ko gutsinda ari yo ntego bagendana.



Ku mugoroba w’uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2019, ikipe ya Uganda yatsinze Tanzania amanota 58-39 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa  mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 16 bari gushaka itike y’imikino Nyafurika y’ibihugu izabera mu Rwanda kuva tariki 26 Nyakanga kugeza kuwa 4 Kanama 2019 muri Kigali Arena i Remera.


Uganda bishimira intsinzi y'umunsi 

Uganda yatsinze Tanzania mu gihe Tanzania yari yatangiye irushanwa itsinda u Rwanda amanota 74-63. Lamunu Shillah Aber yabwiye abanyamakuru ko kuba Tanzania yaratsinze u Rwanda bitavuga ko yari kubatsinda nka Uganda kuko ngo muri gahunda yabo ibyo gutsindwa batajya babiha umwanya wo kubitekerezaho mbere.

“Umukino wari ukomeye ariko twe gahunda yacu yari ugutsinda uko byagenda kose kuko abanyagihugu badutumye intsinzi. Mu guhagararira igihugu nta gahunda yo gutsindwa iba igomba kuzamo”. Lamunu


Shillah Aber Lamunu yatsinze amanota 19 atsinda Tanzania

Yakomeje agira ati“Kuza mu irushanwa nk’undi mugande wese uba watumwe gutsinda byakwanga bikanga witanze bishoboka. Uba waje kuri misiyo y’igikombe watumwe ku gikombe ntabwo uba waraje kwinezeza”.  

U Rwanda ruracakirana na Uganda ku mugoroba w’uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2019 mu mukino w’umunsi wa gatatu w’irushanwa. Shillah Aber avuga ko bafite gahunda yo gutisnda u Rwanda bakabona itike y’igikombe cya Afurika kandi ko batari bworohere u Rwanda muri uyu mukino.

“Umukino dufitanye n’u Rwanda urakomeye kuko bari mu rugo ariko natwe ntabwo turi buze kubaha umwanya ngo batsinze kuko twatumwe igikombe, ntabwo turi bube nk’abana batazi icyo bashaka”. Lamunu


Maria Najjuma (13) umwe mu bakinnyi bafite igihagararo kigaragara muri iri rushanwa 

Catherine Mollel wa Tanzania yatsinze amanota 12. Catherine yatsinze u Rwanda amanota 32 ku munsi wa mbere w’irushanwa ryatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 kuzageza tariki 15 Kamena 2019 muri sitade nto ya Remera mu mujyi wa Kigali

Ajuma Regina wa Uganda yagize urundi ruhare rukomeye muri uyu mukino kuko uretse kuba yatsinze amanota 14 yanabujije amanota ya Tanzania kwinjira mu nkangara ya Uganda kuko yabikoze inshuro 21 aza inyuma ya Najjuma Maria (Uganda) wabikoze inshuro 24 akanatsinda amanota 12 mu mukino.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Uganda yahise igira amanota abiri, Tanzania igira atatu kuko yatsinze u Rwanda amanota 74-63 naho u Rwanda rukaba rufite inota rimwe rwakuye mu gutsindwa na Tanzania ku munsi wa mbere.


Ikipe y'igihugu ya Uganda irahabwa amahirwe ku gikombe 

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2019, imikino iraba ikinwa ku munsi wayo wa gatatu. U Rwanda rurakina na Uganda mu bahungu saa kumi n’imwe (17h00’) mu gihe Uganda ikina n’u Rwanda mu bahungu saa moya z’umugoroba (19h00’).


Tanzania yabanje gutsinda u Rwada ihita itsindwa na Uganda  



Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND