Indwara yitwa ‘Bubble boy’ ituma abana bavuka nta budahangarwa umubiri wabo wifitemo ku buryo basabwa kuba ahantu badahura n’umwuka cyangwa ibindi bintu byo hanze. Virusi itera SIDA (HIV) yifashishijwe mu gushaka umuti uvura ‘bubble boy’.
Mu bushakashatsi
bwakorewe muri Tennessee hospital, bugatangarizwa mu kinyamakuru cya New
England Journal of Medicine, abana bavukanye ikibazo cyo kutagira
ubudahangarwa mu mubiri kuri ubu babashije gukira neza. Abana bavukanye iki
kibazo bakunze gupfa bakivuka cyangwa se bigasaba ko bashyirwa ahantu
batagerwaho n’umwuka cyangwa ibindi bintu byo hanze byatuma bahumana na gato.
Ubu bushakashatsi bwari bushingiye ku
kugerageza guhindura uturemangingo (genes) hakoreshejwe uburyo bwo gufata
umusokoro wo mu rutirigongo hanyuma hagakosorwa agakosa kaba karateye ibibazo
mu mubiri. Uturemangingo twakosowe twavanzwe nuturengangingo twa HIV twahinduwe
hanyuma bakoresha uwo muti bavura abana birangira bakize burundu indwara ya
bubble boy mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Uyu muti birateganywa ko uzajya ukoreshwa nk’urukingo
cyane cyane ku bana bavutse mu miryango isanzwe igira ibi bibazo.
Src: BBC
TANGA IGITECYEREZO