Tariki ya 8 Werurwe 2019 nibwo ikipe ya Musanze FC yatangaje ku mugaragaro ko yahannye Ruremesha Emmanuel igihe kizakinwamo imikino ine ya shampiyona 2018-2019 bamuziza umusaruro udahagije yahaga ikipe.
Nyuma yo
kuba Ruremesha avuga ko ategereje ko imikino yahanwe irangira kugira ngo
yongere ahure n’abayobozi ba Musanze FC bamuhe umwanzuro wa nyuma byaba kuba
yakimeza akazi cyangwa akaba yabasezeraho.
Mu kiganiro
yagiranye na KT Radio kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2019, Ruremesha
yavuze ko ibihano yahawe agomba kubyakira kuko ngo ni nk’uko undu mukozi wese
yahagarikwa mu kazi cyangwa akaba yahabwa ikindi gihano.
“Nyuma y’umukino
twatsinzwemo na Espoir FC nibwo nabwiwe ko mpagaritswe. Nk’icyemezo cy’ubuyobozi
nagombaga kucyubaha kandi nkagikurikiza. Ubu ntegereje ko iyo mikino itatu
isigaye irangira hanyuma nkareba icyo nongera kuvugana n’ubuyobozi bw’ikipe
niba nzagaruka mu kazi cyangwa tugasesa amasezerano, byose birashoboka mu
buzima”. Ruremesha
Ruremesha Emmanuel umutoza wahagaritswe muri Musanze FC
Ruremesha
Emmanuel yakomeje avuga ko kuva yagera muri Musanze FC yumva ababazwa nuko icyo
yari afite kuyikorera cyiza atarkigeraho ariko yizera ko byazamukundira
aramutse ahawe umwanya.
“Gusa njyewe
icyo nzi cyo nuko numva nanjye ubwanjye icyo nakagombye kuba narakoreye Musanze
FC ntarakigeraho, ibintu bikimbabaza kugeza ubu kandi numva mfite ishyaka ryo
kuzagerageza kubikora kandi nibaza ko nidufatanya n’ubuyobozi nk’uko dusanzwe
dufatanya, tuzabigeraho”. Ruremesha
Ruremesha
Emmanuel uvuga ko abayobozi ba Musanze FC bari bamuhaye inshingano z’uko ikipe
yabo itagomba kubura mu makipe arindwi ya mbere. Gusa ngo ntabwo byakunze ko
akomeza guhatana ngo bagere muri uwo mwanya.
“Urebye
inshingano bari bampaye nuko ikipe itagomba kurenga umwanya wa karindwi (7)
muri shampiyona. Urebye twari dusigaranye imikino icumi kandi iyo mikino icumi,
imikino irindwi twagombaga kuyikinira mu rugo kandi harimo Amagaju FC, Gicumbi
FC, Kirehe FC, urumva ni imikino ikinika kandi ikipe ya karindwi yaturushaga
amanota umunani, byari bitaraba kure ku buryo watakaza icyizere”. Ruremesha
Musanze FC iri ku mwanya wa 11 mu makipe 16
Ruremesha
Emmanuel watowe nk’umutoza w’umwaka w’imikino 2017-2018 avuga ko akinjira muri
Musanze FC yaje yifuzwa n’ikipe kuko ngo no mu myaka yari yabanje bari bagiye
bamwifuza.
Gusa uyu
mugabo watoje amakipe arimo nka Gicumbi FC, Mukura VS, Rayon Sports na
Etincelles FC, agaragaza ko gahunda yo kugura abakinnyi muri Musanze FC
itamuguye neza.
“Nkinjira
muri Musanze navuga ko ikintu cyo kugura abakinnyi ntabwo cyangendekeye neza
cyane. Ikipe ntabwo yangendekeye neza, icya mbere twatakaje abakinnyi benshi
bari basanzwe mu ikipe bayimenyereye. Peter Kagabo Otema yari agiye, Mudeyi
Suleiman aragenda, Mazimpaka Andre nawe ku munota wa nyuma aragenda, Wai Yeka
aragenda, Munyakazi Yussuf Lule nawe aragenda. Gusa abenshi kubera ko ikipe
itari ihagaze neza byatumye n’ikipe imbwira ko byaba byiza ko tubarekura”.
Ruremesha
Mudeyi Suleiman umwe mu bakinnyi babisikanye na Ruremesha Emmanuel ajya muri Musanze FC
Mazimpaka Andre nawe yasohotse muri Munsaze FC atunguranye agera muri Rayon Sports
Nyuma yo
gutakaza aba bakinnyi bari bamenyerewe muri Musanze FC, Ruremesha yavuze ko
bafashe umwanya wo kubasimbuza abandi bashya avuga ko abenshi muri bo bagowe no
kwisanga neza ku kibuga cya sitade Ubworoherane.
“Twaje
kuzana abakinnyi bari bavuye muri Etincelles FC kandi beta barimo; Kayigamba
Jean Paul bitaje kuduhira kubera ikinyabupfura cye kitagenze neza ariko ubu
turashima Nyagasani ko ubona atangiye kujya ku murongo. Harimo kandi Gikamba
Ismael umukinnyi wari mwiza muri Etincelles FC ariko ubona kwisanga muri
Musanze byamugoye kubera ikibuga atamenyereye. Abakinnyi nahasanze nka Bokota
Labama nawe numvaga nzamugenderaho arangije aradutoroka aragenda, ibyo byose ni
ingorane nahuye nazo”. Ruremesha
Mugenzi Cedric umwe mu bakinnyi bageze muri Musanze FC bikabahira
Gikamba Ismael yagowe cyane n'ikibuga cya Musanze FC
Kayigamba Jean Paul wabanje kugorwa n'imyitwarire karemano
Ruremesha
avuga ko gutakaza abakinnyi bakomeye banafite ubunararibonye ukabasimbuza
abashya benshi baje basanga abandi basubiye inyuma nabyo byamuhaye akazi
katoroshye.
“Urebye
abakinnyi twongeyemo byasaga naho batisanga neza mu mu ikipe. Hari abari
basanzwemo ubona beta ariko hari n’abandi ubona bagiye basubira inyuma sinzi
ikibazo cyabaye. Twatakaje abakinnyi benshi bari bamenyereye banafite
ubunararibonye nyuma abo twongeyemo babanza kugorwa no kwisanga mu ikipe.
Gahoro gahoro ubona byari bitangiye kuza”. Ruremesha
Muri iki
kiganiro kandi, Ruremesha yahishuye ko mu mikino ibanza ya shampiyona hari aho
byageze akabona ko imikino yo kwishyura ashobora kwegura kuko yabonaga ikipe
ikomeje kumuyobera.
“Mu mikino
ibanza nkurikije uko byari bimeze numvaga ko mu mikino ibanza nareka gutoza
Musanze FC mu mikino yo kwishyura kuko ntabwo nkunda ahantu natoza bikanga
ariko mu mikino yo kwishyura twari twatangiye kongeramo abakinnyi. Ku bw’amahirwe
macye abakinnyi batanu twongeyemo, babiri gusa nibo babonye ibyangombwa
(Kambale Salita Gentil na Munezero Fiston) abandi nka Marcel (Nzarora), Jean
Didier Touya ntabwo babashije gukina”. Ruremesha
Ruremesha
wahagaritswe muri Musanze FC yiha amahirwe angana gute yo gusubizwa mu kazi?
Ubwo
yaganiraga n’abanyamakuru ba KT Radio, Ruremesha yavuze ko gusubira muri
Musanze FC ari ijana ku ijana kuko ngo yumva kuri we nta kibazo gihari cyatuma
adakomezanya n’ikipe.
“Ndumva nta
kibazo gihari. Amahirwe aracyari yose 100%, ndacyari umukoze wa Musanze FC.
Gusa bo ubwabo nibo bazafata icyemezo bakurikije uko bazicara bakaganira,
njyewe amahirwe yo gutoza Musanze FC mbona agihari”. Ruremesha
Ruremesha Emmanuel kuri ubu ategereje imikino itatu ya shampiyona 2018-2019 akabona kumenya icyo azakurikizaho
Nyuma yuko
Ruremesha Emmanuel ahagaritswe, Musanze FC yahise itsinda Police FC ibitego 2-0
ku munsi wa 20 wa shampiyona 2018-2019, amanota atatu (3) yatumye kuri ubu bari
ku mwanya wa 11 n’amanota 22.
TANGA IGITECYEREZO