Imikino 18 ya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda irihiritse ari nako amakipe arwanira igikombe, imyanya myiza no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri. Bugesera FC yatangiye shampiyona bahiga kuba mu myanya myiza ariko byabaye amateka nyuma y’uburyo bubi ikipe ibayemo.
Mu mupira
w’amaguru w’u Rwanda cyane mu cyiciro cya mbere, amakipe ntasiba kurira
ubushobozi bucye bw’amikoro aho usanga abakinnyi bashobora kurenza igihembwe
batarabona umushahara cyangwa agahimbazamusyi k’umukino baba batsinze.
Mbere y'uko
shampiyona itangira, Bugesera FC yabonye miliyoni 180 z’amafaranga y’u Rwanda
(180,000,000 FRW) bahawe na Safe Gas mu masezerano y’imyaka itanu (5)
bagiranye.
Tariki 26 Kanama 2018 ni bwo hasinywe aya masezerano y’ubufatanye hagati y’ikipe ya Bugesera FC na Safe Gas ndetse n’Akarere ka Bugesera gafite iyi kipe mu nshingano.
Muri aya masezerano, Safe Gas izajya igenera Bugesera FC inkunga ya miliyoni 3 buri kwezi bivuze ko ari miliyoni 36 ku mwaka mu myaka 5 zikaba miliyoni 180.
Ubwo Bugesera FC na Safe Gas basinyanaga amasezerano
Nyuma y’ibi
byose, abakunzi n’abasesenguzi b’umupira w’amaguru bagize icyizere ko nibura
kuba Bugesera FC ari imwe mu makipe abonye umuterankunga ari ibintu bizatuma
iba ikipe ikomeye ndetse ishikamye mu mwaka w’imikino 2018-2019, gusa ntabwo
ariko bimeze magingo aya.
1.Ibya Bugesera FC byatangije
impungenge mu maza:
Nyuma yo
kuba Bugesera FC yari ibonye isoko izajya ivamo amafaranga yo kuyifasha kubaho
neza, byaratunguranye abayobozi b’iyi kipe batangaje ko gahunda bafite ku isoko
ry’abakinnyi ari uko nta mukinnyi bazagura ahubwo ko abifuza kujya muri iyi
kipe bayisanga aho ikorera mu murenge wa Nyamata bagakora imyitozo bashimwa
bakaba basinya amasezerano.
Seninga Innocent umutoza mukuru wa Bugesera FC nawe ari mu batoza batishimye muri iyi minsi
Iyi ngingo
yatumye abantu bakomeza kwibaza ukuntu ikipe ibonye amafaranga igize ubwoba bwo
kuba yanyarukira ku isoko ngo ibe yashaka abakinnyi babiri cyangwa batatu
bakomeye baza bagafatanya n’abahasanzwe bagashaka amanota atuma n’umuterankunga akomeza kwishimira kubana n’ikipe itsinda ahubwo byaje kuba urusobe
abakinnyi bakomeye ikipe yari ifite bayivamo nabi bigira ahandi nka Farouk
Ruhinda Saifi, Kitegetse Bogarde, Nininahazwe Fabrice, Rucogoza Aimable Mambo,
Turatsinze Heritier , Uwacu Jean Bosco, Mwemere Ngirinshuti n’abandi.
2.Bugesera
FC yatangiye shampiyona mu buryo butari bubi
Tariki 26
Kanama 2019 nibwo Bugesera FC yasinyanye amasezerano na Seninga Innocent ngo
ababere umutoza mukuru mu gihe cy’umwaka wimikino 2018-2019, aha abakunzi ba
Bugesera FC bagize icyizere ko babonye umutoza uzabafasha kwishima abashakira
intsinzi.
Mu mizo ya
mbere ya shampiyona 2018-2019, Bugesera FC ntabwo yari ihagaze nabi kuko yagiye
ibona amanota amwe n’amwe ndetse yaje no kugera mu myanya umunani ya mbere
hagati yayo n’amakipe yari imbere harimo amanota atari menshi ku buryo bari
kuvuga ko birangiye ko bazabura mu makipe atandatu (6) meza mbere y'uko ikipe
itangira kuzamo umwiryane, kwitana ba mwana no kudahuza amagambo.
Bugesera FC iheruka kunyagirwa na MVS ibitego 3-0 i Nyamata
3.Umwiryane
no kwitana ba mwana muri Bugesera FC
Akenshi
usanga kugira ngo ikipe itsinde bidasaba gusa kuba abakinnyi bakoze imyitozo,
bahembwe cyangwa babonye imyambaro myiza ahubwo usanga bisaba no kuba abatoza,
abakinnyi n’abayobozi bose buri ruhande rwibonamo urundi nta guhishanya no
kwishanya kurimo kuko bitanga umusaruro mu kibuga ndetse bikaba byagora abafana
kuba banamenya ikibazo kiri mu ikipe.
Mu ikipe ya
Bugesera FC, umutoza, abayobozi (bamwe na bamwe) n’abakinnyi ntabwo bari mu
ruhande rumwe ku buryo bagira aho bahuriza mu gushaka icyatuma ikipe ikomeza
kuba imwe.
Umwiryane
muri Bugesera FC watangiye ubwo amakuru yajyaga hanze ko Seninga Innocent
umutoza mukuru w’ikipe na Sam Karenzi umunyamabanga w’ikipe badahuza ibiganiro
ku buryo binagoye ko umwe yaba yakwicarana n’undi ngo baganire, ibintu na n’ubu
bitaracyemuka.
Iki kibazo
cyatumye abakinnyi basa n’aho bagumutse bahengamira ku mutoza ku buryo
n’ikibazo bahuye nacyo babanza kukimubwira mbere y'uko ubuyobozi bukimenya
bitewe n'uko Seninga Innocent ari we babona hafi ndetse bakanamwibonamo kurusha
umunyamabanga wabo, ikintu Sam Karenzi umunyamabanga atishimira ndetse akaba
yarabwiye bamwe mu bakinnyi ko kuba bizera Seninga Innocent ari ukwibeshya
ndetse ko ari wa mugani abanyarwanda baca bavuga ko “Umuheto woshya umwambi
bitari bujyane”. Ndacyayisenga Ally ni umwe mu bakinnyi babwiwe iri jambo ubwo
yashinjwaga icyaha cya ruswa muri Mutarama 2019 bamaze gutsindwa n’Amagaju FC.
Nyuma yo gutsindwa na MVS igihuha cya ruswa cyaragarutse muri Bugesera FC
Ikindi kiri gutuma ikipe ya Bugesera FC
itakaza umwimerere n’ubukana ni intero ya ruswa yayadutsemo buri uko batakaje
amanota cyangwa bagatsindwa umukino. Ibi byadutse nyuma y’umukino batsinzwemo n’Amagaju
FC (1-0) tariki ya 7 Mutarama 2019 ndetse n’umukino baheruka kunyagirwamo na
Mukura VS ibitego 3-0.
Ubwo bari
bamaze gutsindwa n’Amagaju FC no kunganya na Kirehe FC igitego 1-1, abayobozi n’abakinnyi
ntabwo babyakiriye kimwe kuko umukino w’Amagaju FC wasize Ndacyayisenga Ally
kuri ubu atakiri umukinnyi wa Bugesera FC kuko yirukanwe burundu azira iyo
nkubiri yo kutizerana kuri hagati y’abayobozi, abakinnyi n’abatoza ba Bugesera
FC.
4.Komisiyo
zifatwa n’abayobozi ku bakinnyi bashya nazo ziramanura Bugesera FC
Nyuma y'uko
ikipe ya Bugesera FC yari ifashe umwanzuro wo gukoresha abakinnyi badahenze,
baje kubona ko hari imbaraga bakeneye kongeramo ndetse batabyihutisha bahita
bongeramo abakinnyi mu mikino yo kwishyura.
Gusa uburyo
bamwe muri aba bakinnyi bajemo ntabwo buvugwaho rumwe kuko usanga n’abakinnyi
ubwabo batabona uburyo abakinnyi badafite agashya bazanye bafatwa neza kurusha
abaruhiye ikipe.
Kuri ubu mu
ikipe ya Bugesera FC bafite abakinnyi bashya barimo; Ndayisenga Kevin na Nkusi
Prince baje muri iyi mikino yo kwishyura. Gusa ku kibazo cya Ndayisenga Kevin
amakuru ahari ni uko yaba yarazanwe mu buryo umutoza atazi ndetse bakina na
Mukura VS, Seninga Innocent yabajijwe uko yabonye uyu mukinnyi abura icyo
avuga.
Ndayisenga Kevin ni rutahizamu w’umurundi wanaciye gato muri Rayon Sports bamugerageza biza kwanga, kuri ubu akaba yarasinye mu ikipe ya Bugesera FC. Gusa ubushobozi bucye yagaragaje batsindwa na Mukura VS, byatumye abanyamakuru babaza Seninga icyo yakunzemo uyu mukinnyi kugira ngo bamuhitemo.
Mu magambo
ye yagize ati "Njyewe uko Kevin bamumbwiye siko namubonye. Ni umukinnyi waje
aje gucyemura ikibazo mu busatirizi ariko ndabona bitazakunda niba azakomeza
gukina gutya”.
Ndayisenga Kevin, umukinnyi hibazwa icyo yaje kumarira Bugesera FC
Ibi
bigaragaza ko hari bamwe mu bakinnyi bagurwa mu ikipe ya Bugesera FC bitari mu
busabe bw’intebe ya tekinike ndetse bamwe bakaza mu ikipe ari ukuyihombya nta wundi
musaruro bizazana.
Umwe mu
bafana waganiriye na INYARWANDA ariko uba hafi y’ikipe n’ubuyobozi kuva ikiri
mu cyiciro cya kabiri avuga ko uburyo Bugesera FC iri kugayika imbere y’andi
makipe abishinja ubuyobozi bubazanira abakinnyi badashoboye.
“Turabizi ko
ikipe yacu yari ikomeye ariko abayobozi bayifite ubu nta kintu kidasanzwe
bayikoreye. Baratubeshya ngo bazanye abakinnyi bo kudufasha ariko turabizi ko
babaryamo komisiyo, umukinnyi ukomeye ntabwo wamuryamo komisiyo. Nibakomeza
kutubeshya bizarushaho kuba bibi tunamanuke mu cyiciro cya kabiri”. Umufana
Uyu mufana yakomeje avuga ko umuyobozi bashinja ikibazo ari Sam Karenzi kuko ngo kuva yaza mu ikipe yabo batigeze bagira umwuka mwiza kuko ngo akora nk'umutoza, ushakira ikipe abakinnyi ndetse rimwe na rimwe agafata ibyemezo bigira ingaruka ku ikipe.
"Ntabeshye mbona Karenzi atwiciye ikipe kuko yazanye umwiryane mu bakinnyi n'abatoza , ujya kumva ngo yazanye umukinnyi utazi n'aho avuye ejo ukumva ngo wa mukinnyi byanze. Abantu turashaka meya ngo azatubwire impamvu ikipe ikomeje guhomba mu buryo butumvikana".
Dukomeje ku
gihombo Bugesera FC ikomeza guhura nacyo, ni uko mu minsi ishize ari bwo basinyanye
amasezerano na Mbogo Ali, myugariro wari uvuye muri SC Kiyovu, nyuma yo kuba
yarasinye amasezerano, agahabwa amafaranga ndetse na SC Kiyovu ikishyurwa, ubu
Mbogo Ali ni umukinnyi wabuzwe na Bugesera FC, abura abafitiye amasezerano n’amafaranga.
Sam Karenzi, umunyabanga w'ikipe ya Bugesera FC itameze neza
Ibi byose by’abakinnyi
baza muri Bugesera FC mu buryo budasobanutse ndetse abandi bakayihombera bijya
ku mutwe wa komite iriho kuko ari bo babasha kugera ku kibuga bakabenguka
umukinnyi runaka.
5.Abakinnyi
ba Bugesera FC babayeho nabi:
Kuri ubu
Bugesera FC ni imwe mu makipe amaze igihe kinini adahemba abakinnyi kuko bari
kubara amezi ane (4) batabona amafaranga yatuma bakomeza kubaho neza mu karere
ka Bugesera.
Nyuma yo
kuba bamwe mu bakinnyi ba Bugesera FC baragiye birukanwa mu mazu bakodeshaga,
bamwe bagiye bihuza ugasanga barafata nk’inzu y’ibihumbi 40 by’amafaranga y’u
Rwanda bakaba bayijyamo ari umunani (8) ku buryo umwe azajya asabwa ibihumbi
bitanu by’amafaranga y’u Rwanda (5,000 FRW) buri kwezi.
Umwe mu
bakinnyi twaganiriye yagize ati "Tubayeho nabi muri iyi minsi kuko bamwe
birukanwe mu nzu babagamo bitewe no guhora wizeza nyir'inzu ko uzamwishyura
akabona amezi abaye abiri nta gisubizo. Tumaze amezi atatu abayobozi batubwira
ko tuzayabona mu cyumweru gitaha na n‘ubu nta kintu kizima turabona”.
Undi
mukinnyi wahuye n’ikibazo cyo kwirukanwa mu nzu yakodeshaga waganiriye na
INYARWANDA yagize ati "Njyewe na mugenzi wanjye twirukanwe mu nzu tubura aho
tujya biba ngombwa ko tujya gucumbikirwa na mugenzi wacu kuko we ababyeyi be
bamwishyurira, abandi bagiye bihuza wenda ugasanga muri abakinnyi umunani
mukajya mu nzu y’ibihumbi 40 mukajya mwishakamo ibihumbi bitanu buri umwe”.
Yakomeje
agira ati "Ubu tumeze nk’abantu batagira aho babariza ibibazo byabo kuko nta
muyobozi tubona utwegera nibura ngo aduhe icyizere cyangwa ngo adutere imbaraga
nka mbere. Mbese ni kwa kundi umuntu abura ikindi yakora akavuga ati reka ntuze
naho ubundi tubayeho nabi”.
Bugesera FC
imaze imikino itanu yikurikiranya idatsinda, iri ku mwanya wa cumi (10) n’amanota
19 mu mikino 18. Mu mikino 18 imaze gukina, batsinzemo ine (4), banganya
irindwi (7) batsindwa 7.
TANGA IGITECYEREZO