RFL
Kigali

Gupfumura amazuru byamusigiye ubumuga bwo kugendera mu kagare ubuzima bwe bwose

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:16/02/2019 18:14
1


Umukobwa w’imyaka 20 ukomoka muri Brazil witwa Layane Dias muri 2018 yapfumuye ku mazuru bisanzwe bikorwa na benshi nk’umurimbo. Ibi yashakaga ko biba umurimbo ariko byamuviriyemo uburwayi bidakira ndetse busiga amaguru ye yarabaye ibinya ku buryo atazongera kuyagendesha ukundi.



Layane ngo yapfumuye amazuru muri Nyakanga 2018 ava amaraso ariko yumva ni ibisanzwe ashakisha imiti yoroheje ivura ibisebe ndetse igabanya ububabare. Nyuma y’iminsi micye ariko yatangiye kumva ababara amaguru akayoberwa impamvu yabyo.

Nyuma yo gupfumura ku mazuru, ngo byamwanduje uburwayi bwatumye mu ruti rw’umugongo we hazamo amashyira mu tugufa dutatu. Uyu mukobwa avuga ko atigeze ahangayika na mba amaze kubona ko yapfumuye amazuru akava amaraso ndetse aho yapfumuye hakabyimba. Amazuru ye yaramaze gukira burundu hatakimbyimbye cyangwa ngo ababare, nibwo yatangiye kuremba cyane amaguru akajya amurya, agana ku bitaro ngo barebe ikibazo yaba afite. Abaganga babanje kuyoberwa ikibazo uyu mukobwa yaba yaragize.

LAYA

Layane asigaye agendera mu kagare nyuma yo gupfumura amazuru ntibigende neza

Nyuma yo kumufata ibizamoni bitandukanye, basanze hari udukoko tudasanzwe (bacterias) twitwa Staphylococcus aureus twakwirakwiriye mu maraso ye. Abaganga bahise bamubaza niba hari ibikomere yaba afite ku mazuru n’ahandi ku mubiri utu dukoko dukunze kwibasira. Nibwo uyu mukobwa yabasobanuriye uko byagenze ubwo yapfumuraga amazuru. Ububabare yari afite mu maguru bwaje kuvamo kuba ikinya burundu umubiri wose, uyu mukobwa ntiyongera kubasha kugenda. Nyuma yo kumucisha mu cyuma, bamuhaye ubuvuzi baramubaga bituma ubwo burwayi bahagarara gukwirakwira mu  mubiri ariko amaguru yo yari yaramaze kwangirika ku buryo uyu mukobwa azajya agenda mu kagare ubuzim bwe busigaye.

LAYA

Uyu mukobwa avuga akimara kubwirwa ko atazongera kugendesha amaguru ye byamuteye agahinda kenshi gusa ngo nyuma yaje kwiyakira abonye ko hari abandi babayeho nkawe kandi bakabasha kubaho bishimye. Abaganga babajijwe impamvu nyamukuru ishobora gutera ikibazo nk’iki mu gihe umuntu apfumura amazuru, basobanuye ko biterwa n’aho umuntu yapfumuye ndetse n’imitsi ishobora kuhakomerekera bigendana n’akamaro ifitiye umubiri. Ikindi kandi ngo ni ngombwa gukora isuku ihagije igihe wapfumuye amazuru, wabona ugize ikibazo cyo kubyimbirwa cyangwa kuva amaraso cyane ukihutira kujya kwa muganga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mariette5 years ago
    Ndabashimira komudahema kutugezaho ibyiza kd bigezweho, ubutaha ndashaka ko muzambwira ubusobanuro bwizina mariette murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND