RFL
Kigali

AS Kigali 1-0 Amagaju FC: Twagirimana Pacifique wagiriye ikibazo mu mukino amerewe ate?

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/01/2019 16:08
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 15 wa shampiyona, Twagirimana Pacifique umunyezamu wa mbere w’Amagaju FC yagize ikibazo ku musaya w’ibumoso ubwo yagonganaga na Ndarusanze Jean Claude washakaga gutsinda.



Twagirimana Pacifique yahise agira ikibazo gikomeye ajyanwa kwa muganga nyuma aza kugarurwa bisa naho yaba yagize ikibazo cy’amagufwa yo mu misaya (Jaw Bornes).

Nyuma yo kunyuzwa mu cyuma kuri iki Cyumweru tariki 20 Mutarama 2019, Twagirimana Pacifique yavuze ko nta kibazo yagize cy’amagufwa ahubwo ko ari ukubabara bisanzwe nubwo bizamara igihe kugira ngo akire neza.

“ Navuye kwa muganga nta kibazo cy’igufwa mfite. igisigaye ni ugutegereza nkazabyimbuka”.  Twagirimana



Twagirimana Pacifque yagize ikibazo ku musaya 

Muri uyu mukino, AS Kigali yatahanye amanota atatu (3) imbumbe yabyawe n’igitego 1-0 cyatsinzwe na Ishimwe Kevin unaheruka kubona igitego ubwo AS Kigali yakinaga na Police FC bakanganya ibitego 2-2.


Twagirimana Pacifique asohorwa mu kibuga

Twagirimana Pacifique ubwo yari ajyanwe kwa muganga 

Imikino ibanza ya shampiyona yarangiye Amagaju FC ari ku mwanya wa nyuma n’amanota umunani (8) mu mikino 14 bakinnye kuko bafite umukino w’ikirarane bazakina na Mukura Victory Sport. AS Kigali iri ku mwanya wa gatanu (5) n’amanota 21 mu mikino 15.


Twagirimana Pacifique mu kirere afata umupira 


AS Kigali yasoje imikino ibanza ku mwanya wa 5 n'amanota 21

PHOTOS: Imirasire





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND