Isra The Holy Rapper ni umuraperi ugishakisha uko yazamuka muri muzika y'u Rwanda, uyu ugaragaza ubuhanga yakunze gutangaza ko agorwa no kuba adafite umufasha muri muzika. Isra The Holy Rapper kuri ubu yamaze kubona abamufasha kugira ngo impano ye muri muzika ishashagirane.
Kuri ubu uyu muraperi yamaze
kubona abamufasha cyane ko yinjijwe mu nzu nshya ifasha abahanzi ya KIKAC
Music, inzu isanzwemo umuhanzikazi Gihozo. Nyuma yo gusinya amasezerano
y'imikoranire kuri ubu Isra The Holy Rapper yashyize hanze indirimbo ye ya mbere
nyuma yo gusinyira amasezerano KIKAC Music.
Iyi ndirimbo nshya ya Isra The Holy Rapper yise 'Swag' yakozwe na Producer Davdenko mu gihe amashusho yayo yafashwe
akanatunganywa na Fayzo. Amashusho y'iyi ndirimbo agaragaramo udushya turimo
imyenda ya gisirikare, imbunda, Kajugujugu nibindi binyuranye bigaragaza Umuhanzi
mwiza wa Hip Hop.
REBA HANO INDIRIMBO 'SWAG' YAISRA THE HOLY RAPPER
TANGA IGITECYEREZO