RFL
Kigali

Ibimenyetso 20 bigaragara ku muntu mukuru ariko watotejwe mu bwana we

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:18/12/2018 14:14
0


Ibintu byose ucamo ukiri umwana uzabana n’ingaruka zabyo ibihe byose, uwabayeho atotezwa akura ari umurakare, Intonganya za buri gihe zangiza ubumuntu no mu gihe kizaza, bityo niba warabayeho mu ntonganya mu bwana bwawe uzajya wisangana imico nk’iyi buri gihe:



Iyo tuvuze ihotorwa buri gihe umuntu yumva ibikorwa cyangwa hari amoko menshi y’ihohoterwa, Guhozwa kuntekeke naryo n’ihohoterwa rigoye kubana naryo ndetse kubantu benshi rigira ingaruka kumibereho yabo yose, ndetse ubushakashatsi bugaragaza ko guhozwa kunkeke bigira ingaruka mbi kurenza ihohoterwa rikorewe ku mubiri,kuko nabyo bitera uburwayi buhoraho ndetse n’indwara y'agahinda gakabije, ububabare budakira, Guhora wishinja, Kubura ibitotsi no gusaza imburagihe.

Ibindi bimuranga:

1.Ntagira kwihanga: Intonganya ntoya zose zimubaye we ahita atangira intambara.

2. Ntagirwa inama kuko kava mu bwana abantu ntakiza bamubonagamo.

3.Ntacyo yitaho kugira ngo yirengere: Niyo byaba kwibabaza cyangwa kubabaza abandi arabikora kugira ngo yirengere.

4.Ahora atekereza ko n’ubundi ibyo akora byose bipfuye atitaye ku cyo abantu bamubwira.

5.Ahora yisobanura buri gihe agize icyo akora kuko ahora yishinja muri byose

6. Aho yigunze akumva ko iwe ariho hantu batekanye gusa

7. Nta muntu n'umwe yizera ndetse ni bacye yemera ko bamenya ubuzima bwe.

8.Ntanyurwa kuko ahora yumva ko ibyo ahisemo byose ari bibi, binatera benshi kudashaka (kuba ababyeyi)

9. Yiyitaho wenyine, kuko aho yumva ko icyo yakora cyose ntawakitaho ndetse ntagira n’urahande rw’undi abogamiraho.

10. Ahora yitangira, ari akazuyaze nk’uburyo bwo kwirinda.

11.Ntiyemera uwo ari wese wamuzana mu rukundo kuko atakwizera ko utazamugora.

12.Ahora yiyegereza uwo abona ko afite ubushobozi runaka wamurengera.

13. Ahora yumva yasobanura akantu kose n’iyo kaba gato mu byo akora byose,niyo cyaba ikibi arakivuga.

14. Ni nyamwigendaho kuko yumva ko ubufasha byose yasaba, nawe yasabwa kwishyura, bityo nta nshuti yizera.

15.Ni paranoïaque nta kwizera ndetse na kurukuru agira,bituma abaho nkaho nta muryango agira.

16. Ahora afite ubwoba

17. Ahora ahisha ingeso ze cyane imbi ku bantu bose.

18. Icyo yakora cyose cyiza ntashobora kwemera ko hari icyo amaze ndetse intambwe nziza yose yatera ntabura gukomeza kwibwira ko ntacyo amaze.

19. Biragora rwose kumwemeza ko hari umuntu umukunda ndetse umwitaho.

20. Ntashobora kwisobanura kubera kuvuga amagambo macye ndetse no gutinya, akenera umwunganira buri gihe. 

Inkuru ya Liliane Kaliza





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND