Kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Ukuboza 2018 nibwo ikipe ya Mukura Victory Sport yageze mu Rwanda ikibutse muri Sudan aho yari yaragiye gusura ikipe ya El Obeid mu mukino wa mbere w’ijonjora rya kabiri ry’imikino ya Total CAF Confederation Cup 2018-2019, umukino banganyijemo 0-0.
Mu mukino
ubanza wakinwe kuwa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, Mukura Victory Sport
yabashije ku mugambi wa mbere wo kutinjizwa igitego hanze. Kuri ubu mukino
bafitanye na El Hilal Obeid kuwa 22 Ukuboza 2018, barasabwa gutsinda ariko
bakirinda ko babanzwa igitego muri uyu mukino kuko bajya basabwa ibitego
byikubye kabiri ibyo baba babanjwe.
Iyi ngingo,
Haringingo Francis Christian umutoza mukuru wa Mukura Victoey Sport
yayigarutseho ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kiri i
Kanombe avuga ko akazi gasigaye kagomba kubanzirizwa no kwirinda kwinjizwa
igitego i Huye.
“Umukino
wagenze neza kuko twavuye muri Sudani tudatsinvwe igitego sinavuga ko
bishimishije neza kubera ko tutakuye amanota hariya. Iriya kipe ni ikipe
ikomeye ifite abakinnyi bakina mu ikipe y"igihugu harimo abakinnyi
bamenyereye gukina aya marushanwa yo ku mugabane wa Afurika bafite imikino
myinshi muri aya marushanwa rero ni ukuvuga isomo dukuye hariya ni ugukina uko
bishoboka ntitwirangareho babonye amahirwe kubera ubuhanga bafite rero ntago
dushaka ko badutsinda igitego kuko twebwe byaba bihise bidusaba ibitego bibiri”.
Haringingo
Abakinnyi ba Mukura VS basohoka mu kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali kiri i Kanombe
Muri uyu
mukino Mukura VS yakinnyemo na El Hilal Obeid, Mukura yabonye igitego umusifuzi
yemeza ko kitari cyagezemo bityo bakomeza kwihangana barakina. Haringingo avuga
ko yari amahirwe kuri Mukura VS yari ibonye igitego cyayo cya mbere hanze ariko
ko bitakunze.
“Ntabwo
turatsinda igitego hanze. Nibyo mu mupira w’amaguru biba bigoye, ndacyeka
umukino twakinnye muri Sudan igitego twarakibonye umusifuzi aracyanga ariko
twari twakibonye. Nyuma y’umukino ama televiziyo yo muri Sudan basubije inyuma amashusho
nabo barabibona ko igitego cyari kinjiye ariko byose ni umupira w’amaguru”.
Haringingo
Abakinnyi 11
ba Mukura VS babanje mu kibuga barimo; Rwabugiri Omar (GK,1), Rugirayabo Hassan
5, Mutijima Janvier 25, Iragire Saidi 3, Nshimiyimana David 16, Munyakazi
Yussuf Lule 20, Duhayindavyi Gael 8, Ndayishimiye Christophe 7, Cyiza Hussein
(C,10), Iradukunda Jean Bertrand 17 na Lomami Frank 14.
TANGA IGITECYEREZO