RFL
Kigali

Ubwoko 7 bw’abakobwa abagabo bagendera kure cyane mu rukundo

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:17/12/2018 17:56
3


Mu gihe hari abagore bakundwa cyane n’abagabo, hari n’abandi babatera ubwoba bakanabahunga cyane kuko birinda icyabahuza cyose.



Igisa n’igitangaje ni uko usanga bamwe mu bagore bakora ibyo bazi ko ari ukwigira abahamye nyamara batzi ko bari kwegeza hirya abagabo kuko bituma babatinya kurushaho. Abagore bameze batya nibo batinywa cyane n’abagabo;

1.Abakunda amafaranga

Abagabo benshi, cyane cyane abakiri bato batinya abakobwa bazwi nk’abakuzi b’ibyinyo. Kuba umukobwa yaba akunda amafaranga cyane rero bitera abagabo ubwoba ko yaba ari umukunzi bityo bakamuhunga.

2.Bagoye kubegera

Kuba uw’igitinyiro ni byiza binatuma hari abatakumenyera, ariko iyo bikabije ugasanga abantu batinya no kukwegera, uba utaba inshuti byoroshye, ibi rero bituma abagabo bagutinya ndetse bakanaguhunga cyane.

3.Abavugaguzwa

Ubundi kimwe mu byo abakobwa bazwiho habamo kuvuga amagambo menshi n’ubwo atari bose. Rero umukobwa utakibikira ibanga akavuga ibintu byose abwira bose abasore bamugendera kure.

4.Aboroshye cyane kubabona

Hari abakobwa usanga biba byoroshye ko umuhungu wese wamushaka yamubona, abo bakobwa bakundwa n’abasore bafite intego yo kuryamana nabo gusa kuko umuhungu ufite gahunda nzima mu rukundo ntitinyuka uwo mukobwa kuko undi muhungu wese yamutwara uko abyifuje.

5.Ingayi

Nta wukunda ingayi cyangwa indashima, ndetse ntibinakwiye rwose umuntu akwiye kunyurwa muri byinshi cyangwa bike afite. Rero umuhung amenye ko utanyurwa mukobwa, uri ingayi arakwirinda cyane kuko wajya umuhoza ku nkeke.

6.Urakazwa n’ubusa

Nk’uko ingayi abasore bazigendera kure, ni nako bigenda ku barakazwa n’ubu kuko ntibatebya icyouvuze cyose kirabarakaza n’iyo cyaba cyoroheje. Aba rero nabo abagabo barabahunga.

7.Abanenganenzi

Nta musore wakunda umukobwa utazi kwiyitaho ngo agirire isuku umubiri we. Ahubwo bakunda abakobwa batari abanenganenzi mu kwita ku ko basa kuko biranabakurura ubwabyo.

Mukowa rero niba ushaka gutera intambwe mu rukundo, ukagira umusore mubigendanamo, tandukana n’iyo myitwarire ubundi uryoherwe n’ibyiza byo gukunda ugakundwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Theogene5 years ago
    nukuri nibyo pee.
  • D'j foroh Emma5 years ago
    Mbegaaa!!! ntibyoroshye pe gusa icyo navuga nugushishoza kuri burumw pe, ndabakunda happy nu year "2019"
  • Medard ndayisaba1 week ago
    Nukuri ntabwo mubeshye nagato ibyo niko biri





Inyarwanda BACKGROUND