RFL
Kigali

Abakobwa Gusa: Kutakubona nk’intungane ni kimwe mu bimenyetso 5 bigaragaza ko umuhungu azaguhunda iteka ryose

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:15/12/2018 11:45
0


Bikunze kugaragara nk’ibigoye cyane kubona umuntu ugukunda by’ukuri muri iki gihe. Ibyo bituma bamwe bitiranya urukundo n’irari ariko icyiza cy’urukundo ni uko iyo birangiye urubonye ubyishimira ukanasenga ngo ntirugashire.



Inkuru nziza ku bakobwa rero, ni uko hari ibimenyetso 5 muri byinshi bishobora kukwereka ko umusore mukundana azagukunda kandi by’iteka;

1.Ntazahunga ibibazo bije

Umugabo utazagusiga mu kaga, ibibazo bije mu rukundo rwanyu akemera ko mubivugaho kandi akemera kubishyiramo imbaraga ngo bikemuke azaba agunda by’iteka.

2.Ibibazo byawe abigira ibye

Ntago umugabo ugukunda by’iteka azemera ko unyura mu bibazo wenyine, ikiguhangayikishije nawe kizamuhangayikisha kandi azaguhora hafi anakore ibishoboka ngo agufashe kubisohokamo.

3.Azakora ibishoboka byose ngo yikosore

Niba yakoze ikosa, akaba aziko yakubabaje ntazatuza atarikosora ngo anagusabe imbabazi kuko azakomeza kurwana n’umutima kuko urukundo rwanyu ntiyakemerera icyaruhungabanya. Uwo mugabo aragukunda by’ibihe byose.

4.Azi ibyo witaho cyane

Kuko yita cyane ku tuntu duto ndetse ntiyirengagize n’ibinini uha umwanya wawe. Yamenya byoroshye ibyo ukunda ndetse n’ibyo witaho cyane ukabiha umwanya munini wawe.

5.Ntakubona nk’intungane

Urukundo rurihangana kandi umugabo ugukunda by’iteka ntazumva ko uzahora utuganye muri byose udakosa. Nukosa azakumva kandi akubabarire kuko aziko nta wudakosa ahubwo uzisanga ari guseka amwe mu makosa yawe wenda yanamubabaje ariko ntazabikomeza.

Duhereye kuri iki kimenyetso cya 5, mukobwa ibi ntibiguha kujya uhora umukosereza kukoa gukunda, Oya! Nubona umuhungu ukwereka ibi bimenyetso uzamenye ko uwo atazakureka rwose kandi nawe ntuzamubere mubi. Ibisigaye, Imana izakomeza urukundo rwanyu nimuyemerera.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND