RFL
Kigali

Canada: Cedric yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Fake Love’-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/12/2018 14:16
2


Umuhanzi w’umunyarwanda Cedric Tumukunde ukoresha izina ry’ubuhanzi Cedric [KgBoy] yamaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo nshya yise ‘Fake Love’. Iyi ndirimbo igizwe n’iminota itatu n’amasagonda icumi (3min:10’).



Cedric atuye muri Canada mu mujyi wa Ottawa, yavukiye i Kigali akurira i Kanombe.  Amashuri yisumbuye yayize kuri Groupe Scolaire Saint Joseph Birambo i Gicumbi ndetse na Ecole Technique St Kizito i Save.

Yabwiye INYARWANDA, ko yageze muri Canada muri 2015 agisoza amashuri yisumbuye, ubu ni umunyeshuri muri Canada. Yavuze ko yakunze umuziki kuva cyera ageze mu mashuri yisumbuye ari nabwo yatangiye kuririmba muri korali muri 2012.

Yagize ati “Muzika nayikunze kuva kera nkiri umwana ngeze muri ‘Superieur’ nibwo natangiye kuririmba muri korali hari muri 2012... Kuva nkiri umwana ariko inzozi zanjye zari ukuzaba umuhanzi. Ndumva igihe ari iki.”  

Cedric washyize hanze indirimbo 'Fake love'.

Avuga ko iyi ndirimbo ye nshya ‘Fake Love’ yayikubiyemo ubutumwa bw’ ‘umukobwa wakunze umuhungu urukundo rwa “fake” rugendanye n’ibintu bifatika. Indirimbo irangira nibaza uwo naha urukundo nkamwihebera ndetse nawe akanyihebera tukubaka umuryango,”  

Iyi ndirimbo ye nshya yageze ku rubuga rwa Youtube kuya 04 Ugushyingo 2018. Ni yo ndiriimbo ya mbere yakoze, avuga ko akomeje gukora umuziki ashingiye ku bindi bikorwa byinshi bijyanye n’umuziki ari gutungunya.

Iyi ndirimbo yitwa ‘Fake Love’ amajwi yayo yatunganyijwe na Producer Bob, amashusho yayo akorwa na Musa by R-day Entertainment.

">REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'FAKE LOVE' YA CEDRIC

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • vava5 years ago
    Ni nziza bro but odio nyishi tutakwibagirwa video nyuma
  • vava5 years ago
    Cedric so lit





Inyarwanda BACKGROUND