RFL
Kigali

Nsabimana Eric Zidane utarasoje umukino AS Kigali yasuyemo MVS amerewe ate?

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:7/11/2018 10:20
0


Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Ugushyingo 2018 ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona ni nabwo AS Kigali yagwaga miswi na Mukura VS bakanganya 0-0 mu mukino Nsabimana Eric Zidane yakinnye iminota 16’ akava mu kibuga nyuma yuko yari yaguye nabi akababara ahagana mu rucyenyerero.



Abaganga ba AS Kigali bakomeje kumwitaho umukino waje yakize kuko yarigenzaga nta bundi bufasha asabye. Nyuma nibwo umwe mu baganga ba AS Kigali yaje kuvuga ko nta kibazo gikomeye yagize cy’imvune uretse ko yaguye akagira ububarare busanzwe bityo bikaba byari bigoye ko yaguma mu mukino.

Uyu muganga yagize ati” Zidane ameze neza. Nuko yababaraga cyane bigatuma atabasha kwihanganira kuguma mu mukino”.

Nyuma yo kunganya na Mukura VS, AS Kigali iri ku mwanya wa cyenda (9) n’amanota ane (4) mu mikino itanu (5).

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

Nsabimana Eric Zidane (Uwa kabiri uva ibumoso mu bakinnyi bari imbere) yari yabanje mu kibuga aza gusimburwa na Ngama Emmanuel

Ubwa mbere yabanje kwihangan asubira mu kibuga

Ubwa mbere yabanje kwihangan asubira mu kibuga 

Nsabimana Eric Zidane avurwa

Ubwo Nsabimana Eric Zidane bamuvuraga amaze kugongana na Mutijima Janvier bahoranye muri AS Kigali 

Yasohotse mu kibuga bamutwaye ku ngobyi

Yasohotse mu kibuga bamutwaye ku ngobyi

Yagenze hanze y'ikibuga bamushyiraho igikongera (Balafu)

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

Yagenze hanze y'ikibuga bamushyiraho igikongera (Balafu) banamuzirika mu rucyenyerero

Nsabimana Eric Zidane yavuye mu mukino yari yatangiye gufatisha hagati mu kibuga

Nsabimana Eric Zidane yavuye mu mukino yari yatangiye gufatisha hagati mu kibuga 

Nsabimana Eric Zidane ubwo yasohokaga mu rwambariro na bagenzi be

Nsabimana Eric Zidane ubwo yasohokaga mu rwambariro na bagenzi be

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

AS KIgali WFC bishyushya

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

Nsabimana Eric Zidane ubwo yishyushyaga na bagenzi be mbere y'umukino

Nsabimana Eric Zidane ubwo yishyushyaga na bagenzi be mbere y'umukino

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND