RFL
Kigali

NKORE IKI: Urumogi anywa rwatugize abakene babura n’ibyo kurya

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:7/11/2018 8:27
3


Nyirakamana Olive (yahinduriwe izina) ni umugore ufite abana 2 washakanye na Justin Kayiranga (nawe wahinduriwe izina) basigaye basabiriza n’ibyo kurya kuko umugabo yabaswe no kunywa urumogi.



Nyirakamana Olive, mu buhamya bwe agira ati: "Nari umukobwa mwiza nakundaga gusenga kandi niyubaha, nari narabenze benshi pe kandi bafite amafaranga, banankunda . Burya ngo iyo urukundo ruje rugutwara aho rushaka, ku myaka 25 Justin yaje nk’uwantumweho yaje anyereka urukundo rudasanzwe, ariko ankinga byinshi birimo ko anakoresha ibiyobyabwenge, naramukundaga pe ku buryo n’abambwiraga ko yabaye imbata y’ibiyobyabwenge numvaga bagosorera mu rucaca.

Urukundo rwatumye nkora ibidakwiye

Nyuma y’amezi 3 dukundanye natangiye kujya musura iwe tuza no gutangira kujya turyamana, umwaka wagiye kuzura yaranteye inda biba ngombwa ko dukora ubukwe. Twakoze ubukwe bwiza pe ababyeyi n’imiryango baradushima bidateye 2 kwihishira k’umugabo wanjye kuranga anyereka uwo ari we. Ubusanzwe Justin ntiyashoboraga kunywa urumogi aziko dushobora guhura, yaritwararikaga ku buryo bukabije, ariko tumaze kubana siko byari bikiri. Nyuma y’ukwezi kwa bucyi gusa Justin yari atangiye kunywera urumogi no mu cyumba turaramo.

Ibyago byabaye nk’uruhuri kuri njye

Kuko nashatse inda ari nkuru nyuma y’amezi 3, inda yatangiye kungwa nabi igeze kuri ayo mezi 6 , biba ngombwa ko mpagarika akazi nakoraga. Muri iki gihe nibwo nabonye noneho ibyo umugabo wanjye yampishe, menya ko atanywa urumogi gusa ahubwo yanywaga n’inzoga nyinshi birenze urugero. Ibi byatangiye no kumenyekana no ku kazi ke, yakoraga muri banki batangira kumutakariza icyizere bagenda bamumanura mu ntera y’inshingano birangira bamwirukanye ku kazi.

Ntitwari tugishoboye kwishyura ubukode bw’ibihumbi 200 buri kwezi bw’inzu, twahisemo kujya kuba mu nzu ituzuye umugabo wanjye yari yarubatse mu nkengero z’umujyi wa Kigali ariko itaruzura. Ubukene bwari bwose mfite umwana ukeneye amata, umugabo wanjye akeneye ayo agura ibiyobyabwenge ku buryo na ducye twabonaga yabanzaga gukuraho ayo kwigurira urumogi rwamubase. Twarakennye ku buryo n’umwana wanjye yaje kurwara indwara z’imirire mibi.

Naje gufata icyemezo nsaba ababyeyi amafaranga macye njya kwikodeshereza mu mujyi, ngaruka i Kigali kugira ngo nsubire kwiga kuko nari naranacikirije amashuri muri kaminuza. Kuri ubu ndiga ariko turashonje pe dutunzwe n’ababyeyi n’inshuti umugabo wanjye ntiyigeze yongera gukora ahubwo n’utwo bampaye afataho ayo kugura urumogi mbere y’uko tunagura ayo mata y’abana 2 dufitanye; yewe hari n’igihe mbona byanze nkohereza abana kwa nyirakuru (mama umbyara) kuko mba nabuze icyo mbaha.

Murabyumva kwishyura bwa bukode, kwambara byose ni intambara ikomeye noneho nanashakashaka njyenyine, umugabo ntacyo akimfasha. Mu by’ukuri sinzi niba yaranigeze ankunda ho. Kuri ubu none ndibaza ubu se nkore iki? Nsabe gatanya (divorce) kuko Justin arandemereye pe, gusa ndamukunda cyane numva atamba kure, sinshaka no kuzabazwa n’abana banjye ngo ese papa arihe kuko bakuze batamubona. Mungire inama."

Iyi ni inkuru y’impamo

Ifoto yakoreshejwe hejuru, yakuwe kuri interineti






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Aliane5 years ago
    munambeho ahubwo umukorere ubuvugizi avurwe, urebe kandi uruhare rwawe uzatanga kugirango nihaboneka uwagutera inkunga habe hari icyo aheraho! naho kumujugunya byaba ari icyaha! azakira kandi azakubera umugisha! kuvuza ibiyobyabwenge umuntu wahoze ari normal birakira burundu!
  • Karugwiza 5 years ago
    Igisubizo cyawe ntikiri kure y'ubwenge bwawe, gisha inama umutima wawe kandi wiyizere urabona inzira.
  • ANDY MADOU5 years ago
    ihanane ariko inama nayikugira kuko nanjye icyo kibazo cyambayeho nashakanye numugabo w'umurokore wo muri ADPR Njyewe ndi umu katorike yari yarambwiye ko atanywa atigeze anywa gusa ijoro ryambere kumunsi ubukwe bwabereyeho (batwikurura) yanyweye inzoga nyinshi nahise numva gize ikigeragezo gikomeye . mubuzima sinakundaga umuntu wanywera itabi iruhande nubu kandi sindikunda ariko naryo yararinyoye, gusa narabyakiriye gusa mbanza kuzanjya byiregagiza ko arimo arinywa. icyo nakoze kandi cyampaye igisubizo ni ukumusengera agasengesho gato buru igitondo nanijoro tugiye kuryama nawe akakumva, gerageza kugenda muca mu bigare yagenderagamo by'abasinzi , twava mukazi nkamumbwirango namperekeze gukora sport , byageze aho atangira kubicikaho noneho tumaze kubyarana umwana umwe bari bampaye akazi muntara nzamarayo 2jours mu ijoro bucya genda natinze kukazi nuko nsanga yanyandikiye ibaruwa kuburiri ndende ambwira ko itabi n'inzoga abiretse kubera isengesho namuvugiraga mu gitondo nanimugoroba . ubu rwose urugo rwacu ryuraryoshye





Inyarwanda BACKGROUND