RFL
Kigali

Meddy yatangaje ko umukinnyi wa filime Jessica Alba asa neza nk’umukobwa bakundana-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/10/2018 9:29
1


Ngabo Medard Jirbert wiyise Meddy, umuhanzi Nyarwanda ubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko umukinnyi wa filime witwa Jessica Alba w’imyaka 37 asa neza nk'umukunzi we.



Jessica Marie Alba ni umukinnyi wa filime akaba n’umushabitsi. Yatangiye kugaragara mu maso ya benshi ku myaka 13 y’amavuko. Ni rurangiranwa muri filime z’uruhererekane yagiye akinamo nka ‘Dark Angel’, yakinnye kandi muri filime nka « Honey » yasohotse muri 2003, « Rise of the Silver Surfer », « Good Luck Chuck » yasohotse muri 2007 n’izindi nyinshi.

Mu kiganiro kihariye na RWA360 gikorwa n’abakobwa babiri gitambuka ku rubuga rwa Youtube, Meddy yabajijwe ibibazo bitandukanye bijyanye n’ubuzima bwe bwite ndetse n’ibijyanye n’isi y’imyidagaduro yiyeguriye, byose byari bigamije gutuma abakunzi be bamumenya birushijeho.

Muri iki kiganiro Meddy yabajijwe umukinnyi wa filime akunda byimazeyo wamutwaye uruhu n’uruhande, adaciye ku ruhande yasubije ko ari Jessica Alba. Yabajijwe impamvu yihariye ituma akunda Jessica Alba mu bihumbi by’abakinnyi ba filime bari kuri iyi si, asubiza ko Jessica Alba asa neza n’umukobwa bakundana.

Yagize ati “ Ni Jessica Alba…..[Akubita agatwenge, ubundi yica akajisho]…Bati kubera iki? Asubiza ati “ Asa neza neza n’umukunzi wanjye….Aho uri hose uriyizi,” Aba bakobwa baganiraga nawe, bahise babwira abandi bakobwa bati “Mwihangane umuhungu yarafashwe”. Meddy yahise azamura intoki yerekana ko afiteho impeta atavuzeho byinshi.

Image result for Meddy n'umukunzi we

Umunya-Ethiopia uvugwa mu rukundo na Meddy

Meddy agiye kumara imyaka igera ku munani akorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu myaka yose yashyize kure urukundo rwe mu itangazamakuru, by’akarusho yagiye ahungira kure ibibazo byamuganishaga ku marangamutima ye mu rukundo.

Ku wa 29 Kanama, 2017 yabwiye KT Radio ko hari umukobwa ari gutereta, ahishura ko atari Umunyarwandakazi. “Sindi mu rukundo ariko hari uwo ndi gutereta, mfite icyizere ko bizacamo. Atuye muri Amerika […] Si umunyarwanda.”. Yavuze ko mubyo yakundiye uyu mukobwa harimo no kuba atavuga cyane, bihura neza n’ibyo yabwiye Radio Rwanda ko adakunda abakobwa bashyira ubuzima bwabo ku karubanda.

Ati “Nkunda kandi umukobwa wiyubashye, abakobwa bakunda ibyabo badashyira hanze ibyabo bagamije kumenyekana cyangwa se bashaka kumenyakanisha ibyabo…Nkunda abakobwa bafite ikinyabupfura…Ntabwo ntoranya akenshi ngendera ku myitwarire y’uwo mukobwa, yaba inzobe cyangwa se igikara.”

Image result for Meddy n'umukunzi we

Ku wa 30 Nzeri, 2017 Meddy yabwiye Isango Star ko umukobwa atereta afite inkomoko muri Ethiopia ariko ko atuye muri Amerika. Yagize ati “ Uwo naterese Slowly [Gake gake] nta wundi akomoka muri Ethiopia ariko aba muri Amerika.”

Umunya-ethiopia Sosena Aseffa [Mehfire] ukina ubutumwa mu mashusho y’indirimbo ‘Ntawamusimbura’ ya Meddy ni we uvugwa mu rukundo na Meddy, ahanini binashimangirwa n’uburyo aba bombi bagenda bagaragaza ko bafitanye urukundo rukomeye.

Image result for Meddy n'umukunzi we

Meddy n'uyu mukobwa bakunze gusohokera ahantu hatandukanye/ifoto:internet

Mu ntangiriro za 2018, uyu mukobwa yashyize hanze ifoto ari kumwe n’inshuti ze ndetse na Meddy ubwe basangira umwaka mushya muhire. Ni byinshi bivugwa ku rukundo rw’aba bombi, hashingiwe ku mafoto, amashusho n’ibindi basangiza ababakurikirana ku mbuga nkoranyambaga. Bivugwa ko uyu mukobwa yize ibijyanye n’ubumenyamuntu n’ubutabire muri Kaminuza yitwa “North Texas University”.

Image result for Meddy n'umukunzi we

Mu ntangiriro za 2018 bombi bagaragaye basohokanye n'inshuti zabo.

Image result for Jessica Alba

Meddy yatangaje ko Jessica asa neza nk'umukunzi we

IKIGANIRO MEDDY YAGIRANYE NA RWA360

REBA HANO INDIRIMBO 'NTAWAMUSIMBURA' YA MEDDY

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Jessica alba yigabanyishije amazuru





Inyarwanda BACKGROUND