RFL
Kigali

Ese wari ubizi?:Uryama igihe gito ukagira n'ubuzima bugufi

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:12/10/2018 8:52
0


Kenshi dushima abantu bakunda gukora cyane bamara amasaha menshi bakora amasaha yo kuruhuka basinziriye akaba macye,ariko burya ngo uko bagabanya amasaha yo kuruhuka niko bigabaniriza n’iminsi yo kubaho



Matthew Walker, umuwarimu  w’ubuzima bwo mu mutwe muri kaminuza ya Berkeley, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko umuntu wifuza kugera mu za bukuru afite amagara mazima yajya aryama igihe gihagije mu masaha y’ijoro.

Professor Matthew Walker wananditse igitabo yise  “kuki dusinzira”agira ati”kuryama ni ingirakamaro,abaganga bose bakwiye kubikangurira n’abarwayi babo gusa ngo ibi bitotsi biba byiza iyo byizanye nta miti yakoreshejwe kugira ngo biboneke.,burya imiti izana ibitotsi ishobora gutera kanseri zo mu bwoko bitandukanye”

Umuntu aryamye mu ntebe

kuryama aho ubonye ntibiruhura uko bikwiye

Iyo utaryamye bikwiye, biragira ngaruka ki  ku mubiri?

Ubushakashatsi  bwakozwe na muganga Matthew Walker n’abandi bashakashatsi bo muri kaminuza ya Berkeley, bugaragaza ko kutaryama amasaha akwiriye bikurura indwara nyinshi.Aba bashakashatsi bahamya ko indwara nyinshi zifata abantu zituruka ku kudasinzira neza,nka  Alzheimer, kanseri, iz'umutima, ukubyibuha biakabije diyabeti ,indwara zo mu mutwe ndetse n’agahinda gakabije(depression)

Umuntu akwiye kuryama igihe kingana gute?

Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu akwiye kuryama nibura hagati y’amasaha 7 na 9.

Uryamye amasaha ari munsi y'indwi, ubushobozi bw'umubiri bwo kwikingira (immunité) buragabanuka, n'ubwenge ntibukore neza.

Ubushakashatsi bugaragaza ko abantu bahinduye bakajya baryama amasaha akwiye mu gihe gito cyane baba  birinze indwara yo kwibagirwa (Alzheimer) imyaka 10 kurusha utarigeze ahindura ngo aryame amasaha akwiye.

BBC






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND