Manishimwe Yves bita Mapeko wari myugariro wa Police FC mu mwaka w’imikino ushize wa 2017-2018 kuri ubu yasubiye muri Etincelles FC yari yaje avamo anasinyamo imyaka ibiri (2).
Manishimwe Yves wari waje muri Police FC akagenda abafasha mu bijyanye no gukina ku ruhande rw’iburyo rimwe na rimwe agakina nka myugariro w’inyuma ahagana iburyo, kuri ubu yasubiye muri Etincelles FC aho agiye kubacyemurira ikibazo inyuma ahagana iburyo nyuma y’igenda rya Mbonyingabo Regis wasinye muri Musanze FC.
Manishimwe Yves yasinye muri Etincelles FC
Manishimwe Yves ageze muri Etincelles FC asanga Rutayisire Egide na Moussa Uwamungu abakinnyi bamaze gusinya muri iyi kipe yasoje ku mwanya wa kane muri shampiyona 2017-2018.
Manishimwe YVes yari amaze umwaka muri Police FC
Manishimwe Yves (22) yagiye abna umwanya wo kubanza mu kibuga
Manishimwe YVes yasubiye muri Etincelles FC yahozemo mbere yo kugana muri Police FC
TANGA IGITECYEREZO