RFL
Kigali

Zizou Alpacino akomeje kwibasirwa n'abakurikiranira hafi umuziki bamushinja kuba inyuma y'umuco wo gushishura

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:16/09/2018 8:15
1


Mu minsi ishize umuco mubi wo kwigana ibihangano by'abandi wari umaze gucika mu bahanzi ba muzika hano mu Rwanda, icyakora bitunguranye muri iyi minsi iyi ngeso yongeye kwiyuburura cyane ko muri iyi minsi hari kuvugwa indirimbo nyinshi z'abahanzi ba hano mu Rwanda zumvikanamo kwigana iz'ahandi aribyo benshi bita gushishura.



Uku gushishura byubuye umutwe cyane muri iyi minsi gusa n'ukwabyukije uburakari bw'abakunzi ba muzika babona iterambere rya muzika riri gupfa, aha abakurikiranira hafi muzika bagenda batangaza ko uku gushishura kutatuma muzika y'u Rwanda irenga umupaka cyane ko aho zakabaye zijya ariho haba hashishuwe izi bityo umuturage bikaba byamugora kumva indirimbo ishishuye nyamara azi neza iy'umwimerere.

Umwe mu bakunze gushyirwa mu majwi kuri iyi ngeso ni Zizou uyu yatangiye gushyirwa mu majwi igihe yari agikora indirimbo yahurizagamo abahanzi benshi uyu akaba yarashinjwe iki gihe gushishura mu ndirimbo yakoze icyo gihe yise Fata Fata, usibye iyi hari n'izindi byagiye bivugwa ko Zizou yagize uruhare mu kuzishishura.

Ibi byafashe indi ntera muri iyi minsi nyuma y'aho muri studio abereye umuyobozi hamaze gusohoka zimwe mu ndirimbo tutifuje kugarukaho muri iyi nkuru zishinjwa kuba zishishuye, aha bamwe mu baba muri uyu muziki bahise batangira kotsa igitutu uyu muyobozi wa Monster Record studio yasohokeyemo zimwe mu ndirimbo zivugwaho gushishura bamusaba kureka ingeso yo gushishura ifatwa nk;'iyazonze umuziki w'abanyarwanda.

Aha Iras Jallas umunyamakuru w'imyidagaduro kuri radiyo ya Isango Star yagize ati "Zizou wadufasha ibishishwa ukabishyira mu ngarane.", usibye uyu ariko haje n'undi munyamakuru Rutaganda Joel ukorera City Radio uyu we akaba yagize ati "Ese ikibazo ni Zizou cyangwa ni abahanzi bamugana kandi bazi ko nta idea 'igitekerezo' nshya abaha uretse kubaha beats (injyana) z'abandi." Undi wavuze kuri iki kibazo ni Producer Trackslayer ukorera muri Touch Record wagize ati" Uziko Zizou yagaruye ya mico!!!" undi nanone wibasiye Dj Zizou ni Tizzo umuhanzi wo mu itsinda rya Active, uyu akaba yagize ati "Zizou na studio ye Monster ntabwo bazabona ijuru..."

zizouTizzo wo muri ActiveJallasIras Jallas umunyamakuru wa Isango StarzizouRutaganda Joel umunyamakuru wa City RadiozizouProducer Trackslayer ukorera muri Touch Record






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Omar5 years ago
    Njye nanubu sindasobanukirwa icyo bitwaye mugihe adakeneye Ko zumvwa nabanyamahanga,gushishura nahandi hose birakorwa cyane byagera muri Nigeria bikaba akarusho kandi indirimbo zabo nizo muhora mukina,ariko ntimujya muzivugaho kuko ahanini muba mutumva nizo ndimi,uwo Tizzo we niyicecekere kuko Active nayo nibyo biyitunze,ikindi nababajije mutarasubiza,Ese amakuru yo mumahanga mucisha mwitangazamakuru ryanyu muba muyafitiye uburenganzira mwahawe na nyirayo cg ?,twemere Ko turi munzira yiterambere hari urwego tuzageraho kwigana bikavaho ariko mwikwibasira bamwe kandi namwe ariko mubayeho thx,





Inyarwanda BACKGROUND