RFL
Kigali

Come to Jesus Ministries yashyize hanze indirimbo 3 inatangaza ibyo yarihugiyemo-ZUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:20/07/2018 18:42
0


Come to Jesus Ministries yamenyekanye ku ndirimbo Umva inkuru nziza ndetse n’izindi zinyuranye, nyuma y’igihe itagaragara ubu yamaze gushyira hanze indirimbo nshya 3 inatangaza ibyo yari ihugiyemo.



Nk'uko twabitangarijwe n’umuyobozi wa Come to Jesus Ministries ariwe Fidèle ubwo yatugezagaho izi ndirimbo 3 yatangaje ibyo bari bahugiyemo aho yagize ati: “Nyuma yo kuzenguruka u Rwanda tuvuga ubutumwa bwiza twagiye mu bihugu bitandukanye nka Uganda, Burundi, Tanzaniya na DRC ndetse no gufasha abantu batandukanye batishoboye urebye ni yo mpamvu twari dutuje ariko turi no kubatunganyiriza indirimbo nshya.”

Come to Jesus Ministries

Bamwe mu bagize Come To Jesus Ministries

Kuri ubu bamaze gushyira hanze indirimbo nshya 3 arizo “Shimwa, Nisunze wowe Mwami ndetse na Umunsi nzishima” izi ndirimbo zikaba zaratunganyijwe na Producer witwa Tresor. Kugeza kuri ubu gahunda nshya bafite nyuma yo gushyira hanze izi ndirimbo nk'uko yakomeje abidutangariza ni ugusohora Album nshya bari gutunganya.

KANDA HONO WUMVE 'SHIMWA' YA COME TO JESUS MINISTRIES


KANDA HONO WUMVE 'UMUNSI NZISHIMA' COME TO JESUS MINISTRIES


KANDA HONO WUMVE 'NISUNZE WOWE' YA COME TO JESUS MINISTRIES







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND