Ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Macedonia izanakina imikino ya Europa League uyu mwaka yitwa FK Shkupi yemeye kwishyura miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda kuri Muhire Kevin wa Rayon Sports. Uyu yagurishijwe na Mupenzi Eto, umusore w’umunyarwanda usanzwe ugurisha abakinnyi ku mugabane w’Uburayi uherutse kugurisha na Djihad Bizim
Iyi kipe izahagararira igihugu cya Macedonia mu mikino ya Europa League uyu mwaka, ikaba yarashimye umukinnyi Muhire Kevin wa Rayon Sports ugomba kujya muri iki gihugu nyuma y’umukino wa USM Alger, aho azagera asinya amasezerano y’imyaka 2, yakongerwaho umwaka umwe bitewe n’uko uyu mukinnyi azitwara i Burayi.
Umunyarwanda Mupenzi Eto ukora akazi ko gushakira abakinnyi amakipe i Burayi ni we waboneye iyi kipe Muhire Kevin, akaba yabwiye Inyarwanda.com ko ibiganiro hagati y’amakipe yombi byagenze neza, ku buryo nta gihindutse Kevin Muhire agomba kujya muri iki gihugu tariki ya 17 Nyakanga. Mupenzi Eto aganira na Inyarwanda yagize ati "Ikipe ya FK Shkupi ni nziza cyane kuko iri mu zikomeye muri Macedonia. Nk’ubu iri mu mikino ya Europa League aho igomba guhura n’ikipe ya Glasgow Rangers ya Steven Gerald mu cyumweru gitaha mu mukino ubanza."
Uyu musore akaba ari we uherutse gufasha Djihad Bizimana kujya mu ikipe ya Beveren mu Bubiligi, aho yakomeje atangariza Inyarwanda.com ko afite intego yo gushakira abakinnyi b’abanyarwanda amakipe i Burayi, abakinnyi beza bakiri bato, kandi bafite ikinyabupfura.
Ikipe Muhire Kevin yamaze kwerekezamoAbafana b'iyi kipe ntaho bataniye naba Rayon ni benshi kandi bafana cyane
Mupenzi Eto umunyarwanda uri kubyitwaramo neza muri iyi minsi aho agurisha abakinnyi ku mugabane w'Uburayi
TANGA IGITECYEREZO