RFL
Kigali

Abakinnyi ba Kirehe FC bakoze igikorwa cy’urukundo mbere yo kwakira Bugesera FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/06/2018 19:23
1


Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Kamena 2018 ni bwo abakinnyi, abatoza n’abayobozi ba Kirehe FC bakoze igikorwa cy’urukundio bajya gusura abarwariye mu bitaro bya Kirehe mbere y'uko baraba bakira Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona kuri uyu wa Kane tariki 21 Kamena 2018.



Ni gahunda bakoze nyuma y’imyitozo muri gahunda yo gukomeza kuba hafi abanya-Kirehe kuko ari ikipe isanzwe ibarizwa muri aka Karere kari mu Ntara y’iburasirazuba. Aganira na INYARWANDA, Uwimbabazi Jean Paul kuri ubu ufite igitambaro cya kapiteni mu mwanya wa Niyonkuru Vivien usanzwe ari kapiteni, yavuze ko ari gahunda bari bamaze igihe bategura ariko ubushobozi bukababana bucye, ariko ngo kuri uyu wa Gatatu byabakundiye basohoza umugambi. Uwimbabazi Jean Paul yagize ati:

Ni abatoza abakinnyi ba Kirehe FC.  Twagiye gusura abarwayi barwariye ku bitaro bya Kirehe. Ni igikorwa cy’urukundo cyakozwe n’abakinnyi n’abatoza kubyo dufite bicye twifuje kubisangira n’abarwariye kuri ibyo bitaro ariko bamwe muri bo bababaye cyane n'ababyeyi bibarukiye kuri ibyo bitaro, inkomere n'abandi batandukanye.

Abakinnyi ba Kirehe FC basuye abarwayi babahyirwa ibiribwa

Abakinnyi ba Kirehe FC basuye abarwayi babahyirwa ibiribwa

Uwimbabazi yakomoje ko bari basanzwe babitegura bakabyishyiramo bikabagora ariko kuri uyu wa Gatatu barangije imyitozo bagahita basohoza umuhigo bari bihaye. Mu magambo ye yagize ati” Twarabiteguraga bikanga ariko twavuze ko uko byagenda kose dusoje imyitozo tugomba kubikora”.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Kamena 2018 ni bwo Kirehe FC yakira Bugesera FC ku kibuga cya Nyakarambi saa cyenda n’igice (15h30’). Kirehe FC iraba ikina umukino w’umunsi wa 28 isa naho yaruhutse kuko iheruka gutera mpaga Kiyovu Sport i Kigali. Kirehe FC iri ku mwanya wa cyenda (9) n’amanota 31 mu gihe Bugesera FC iri ku mwanya wa 13 n’amanota 29.

Kirehe FC

 Kalisa Francois umutoza mukuru wa Kirehe FC

Kalisa Francois umutoza mukuru wa Kirehe FC yari ayoboye abakinnyi

Abakinnyi ba Kirehe FC ku bitaro bya Kirehe

Abakinnyi ba Kirehe FC ku bitaro bya Kirehe 

Ubwo bari basoje igikorwa

Ubwo bari basoje igikorwa bafashe ifoto y'urwibutso basubira mu mwiherero






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dushimimana samuel5 years ago
    Imana ibahe umugisha kd ibongerere imbuto zogufasha imbabare murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND