RFL
Kigali

MU MAFOTO: Police FC yanganyije na APR FC, Albert Mphande avuga ko abasifuzi babogamiye kuri APR FC

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:11/06/2018 6:57
0


Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 22 wakinirwaga kuri sitade ya Kigali kuri iki Cyumweru. Police FC yatsindiwe na Ndayishimiye Antoine Dominique naho APR FC yishyurirwa na Nsabimana Aimable.



Police FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa cyenda (9’) ku gitego cyatsinzwe na Ndayishimiye Antoine Dominique wahise yuzuza ibitego umunani (8) muri shampiyona. Ndayishimiye Antoine Dominique yanabaye umukinnyi w’umukino (Man of the Match). Iki gitego cyaje kwishyurwa na Nsabimana Aimable ku munota wa 72’ w’umukino.

Nyuma y’umukino; Mphande Albert yabwiye abanyamakuru ko abasifuzi bo mu Rwanda bagomba kuzamura urwego kuko ngo muri uyu mukino APR FC bayihaga amakosa adakenewe ndetse bakanayibira nk’aho ari ikipe y’igihugu. Albert Mphande yagize ati:

Ndababaye cyane kuko si gutya byakagenze. Iki ni igihugu kimwe, twatsinze ibitego bibiri byiza arabyanga, iki ni igihugu cya mbere cyiza mu bindi bikorwa. Ntabwo hari ikipe imwe mu Rwanda, APR FC si ikipe y’igihugu, ni ikipe nk’izindi. Abasifuzi niba bashaka ko tuzamura umupira nibazamure urwego. 

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC 

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego 

Abafana ba Police FC

Abafana ba Police FC

Nsabimana Aimable niwe wishyuye ku munota wa 72'

Nsabimana Aimable ni we wishyuye ku munota wa 72'

Ljubomir Petrovic umutoza mukuru wa APR FC yavuze ko abakinnyi be batagize ikintu cyo kwitanga mu kibuga nubwo Aimable Sabimana yakoze akazi gakomeye. Ati: 

Uyu munsi ntabwo abakinnyi bitanze, wabonaga badakora cyane,  batiruka nk’uko bikwiye. Nsabimana Aimable yakoze akazi gakomeye atsinda igitego anatsinda ikindi baracyanga. Turaza kureba uko twakosora amakosa twitegura umukino utaha.

Muri uyu mukino, igice cya mbere Police FC wabonaga iri gukina neza hagati kurusha APR FC nayo yaje gukanguka mu gice cya kabiri ikanabona igitego.

Mu gusimbuza, APR FC batangiye bakuramo Nshimiyimana Amran bashyiramo Byiringiro Lague mbere y'uko batangira igice cya kabiri. Ku munota wa 68’, Issa Bigirimana yasimbuwe na Nshuti Dominique Savio mu gihe Hakizimana Muhadjili yasimbuwe na Twizeyimana Martin Fabrice ku munota wa 77’.

Ku ruhande rwa Police FC batangiye gusimbuza ku munota wa 70’ ubwo Nsengiyumva Moustapha yasimburwaga na Usabimana Olivier, Iradukunda Bertrand asimbura Amin Muzerwa Musva ku munota wa 79’ naho Mushimiyimana Mohammed asimburwa na Nzabanita Dabid ku munota wa 84’.

APR FC yahise ijya ku mwanya wa mbere n’amanota 51 mu mikino 25 ikaba izigamye ibitego 27 mu gihe AS Kigali iza ku mwanya wa kabiri n’amanota 51 ariko ikaba izigamye ibitego 25. Rayon Sports ni iya gatatu (3) n’amanota 45 mu gihe Police FC iri ku mwanya wa gatandatu (6) n’amanota 41 mu mikino 25.

Buregeya Prince Aldo ahunga Muzerwa Amin

Buregeya Prince Aldo ahunga Muzerwa Amin 

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Eric Ngendahimana niwe ukomeje kubakapiteni wa Police FC

Eric Ngendahimana ni we ukomeje kuba kapiteni wa Police FC

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

11 ba Police FC babanje mu kibuga 

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

Police FC basohoka mu kibuga

Abakinnyi ba Police FC bajya inama

Abakinnyi ba Police FC bajya inama 

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC

Mushimiyimana Mohammed ku mupira ashaka inzira

Mushimiyimana Mohammed ku mupira ashaka inzira 

Mushimiyimana Mohammed ku mupira  imbere ya Nsabimana Aimable

Mushimiyimana Mohammed ku mupira imbere ya Nsabimana Aimable

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza 

Hakizimana Muhadjili ku mupira imbere ya Muzerwa Amin

Hakizimana Muhadjili ku mupira imbere ya Muzerwa Amin 

Mushimiyimana Mohammed ku mupira  mbere yo gusimburwa na Nzabanita David

Mushimiyimana Mohammed ku mupira mbere yo gusimburwa na Nzabanita David

Mushimiyimana Mohammed ku mupira acika Bizimana Djihad

Mushimiyimana Mohammed ku mupira acika Bizimana Djihad

Jimmy Mulisa umutoza wungirije  wa APR FC

Jimmy Mulisa umutoza wungirije wa APR FC atanga amabwiriza

Muzerwa Amin yasimbuwe na Iradukunda Bertrand

Muzerwa Amin yasimbuwe na Iradukunda Bertrand 

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira ahanganye na Aimable Nsabimana

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira ahanganye na Aimable Nsabimana

Ingabo ...abafana ba APR FC

Ingabo ...abafana ba APR FC

Amin Muzerwa yatsinze igitego basanga yaraririye

 Amin Muzerwa yatsinze igitego basanga yari yaraririye 

Ndayishimiye Antoine Dominique(14) na Imanishimwe Emmanuel (24) mu kirere bashaka umupira

Ndayishimiye Antoine Dominique (14) na Imanishimwe Emmanuel (24) mu kirere bashaka umupira

Abakinnyi b'Intare FA n'umutoza wabo Rubona Emmanuel

Abakinnyi b'Intare FA n'umutoza wabo Rubona Emmanuel 

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego umunani (8) anaba umukinnyi w'umukino

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego umunani (8) anaba umukinnyi w'umukino

Imanishimwe Emmanuel arambika Mpozembizi Mohammed agatabarwa na Mushimiyimana MOhammed

Imanishimwe Emmanuel arambika Mpozembizi Mohammed agatabarwa na Mushimiyimana Mohammed

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC 

Ahari hicaye bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali, Amiss Cedric (Imbere), Nshutinamagara Ismael Kodo n'abandi

Ahari hicaye bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali, Amiss Cedric (Imbere), Nshutinamagara Ismael Kodo, Umwungeri Patrick n'abandi

Bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bari bari muri iki gikundi

Bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bari bari muri iki gikundi 

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa Police FC

Muvandimwe

Byiringiro Lagueacika Muvandimwe Jean Marie Viannney

Byiringiro Lague acika Muvandimwe Jean Marie Viannney 

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Intare za APR FC  bategereje igitego

Intare za APR FC bategereje igitego

Nizeyimana Mirafa azamukana umupira ari hafi ya Twizeyimana Martin Fabrice

Nizeyimana Mirafa azamukana umupira ari hafi ya Twizeyimana Martin Fabrice 

Imanishimwe Emmanuel arambika Iradukunda Eric Bertrand

Imanishimwe Emmanuel arambika Iradukunda Eric Bertrand

Abakinnyi babanje mu kibuga:

APR FC XI” Kimenyi Yves (GK, 21) Imanishimwe Emmanuel 24, Ombolenga Fitina 25, Nsabimana Aimable 13, Buregeya Prince Aldo 18, Buteera Andrew 20, Nshimiyimana Amran 5, Bizimana Djihad 8, Iranzi Jean Claude (C, 12), Hakizimana Muhadjili 10 na Issa Bigirimana 26.

Police FC XI: Bewanakweli Emmanuel Fils (GK, 27), Mpozembizi Mohammed 21, Muvandimwe JMV 12, Munezero Fiston 19, Habimana Hussein 20, Eric Ngendahimana (C, 24), Mushimiyimana Mohammed 10, Nizeyimana Mirafa 4, Nsengiyumva Moustapha 2, Ndayishimiye Antoine Dominique 14 na Muzerwa Amin 17.

 

Ndayishimiye Antoine Dominique yabaye umukinnyi w'umukino (Man of Match)

Ndayishimiye Antoine Dominique yabaye umukinnyi w'umukino (Man of Match)

PHOTOS:Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND