RFL
Kigali

MU MAFOTO: Rayon Sports yaguye miswi na FC Musanze

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/06/2018 6:02
0


Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Musanze FC banganya 0-0 mu mukino w'ikirarane cy'umunsi wa 22 wa shampiyona utarabereye igihe. Ni umukino ikipe ya Rayon Sports yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze kotsa igitutu amakipe nka APR FC iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 50 cyo kimwe na AS Kigali iri ku mwanya wa mbere n'amanota 50.



Ivan Minaert umutoza mukuru wa Rayon Sports yari yakoze impinduka mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga kuko abarimo; Mugisha Francois Master, Eric Rutanga Alba na Mutsinzi Ange Jimmy bari babanje hanze kugira ngo Nyandwi Saddam, Niyonzima Olivier Sefu na Irambona Eric Gisa babone umwanya wo kubanzamo.

Wari umukino urimo ubwitange

Rayon Sports

Wari umukino urimo ubwitange 

Ku ruhande rwa Musanze FC itozwa na Seninga Innocent bari bakomeje gukoresha Nahayo Valerie mu mutima w'ubwugarizi afatanya na Shyaka Philbert ariko ubona ko nta zindi mpinduka zihambaye bari bakoze ugereranyije n'imikino iheruka. Umukino wari wagize amahirwe uba hari umucyo kuko nta mvura cyangwa ubundi buryo ikirere cyahindutsemo ku buryo byabangamira abakinnyi.

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga  bakira Rayon Sports

10 muri 11 ba Musanze FC babanje mu kibuga kuko Bokota Labama yanze kwifotozanya na bagenzi be 

Bokota Labama yabanje kujijisha asa naho atari bubanze mu kibuga

Bokota Labama yabanje kujijisha asa naho atari bubanze mu kibuga nyuma ajyamo benda gutangiza umukino

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Ikipe ya Musanze FC yakinaga ubona izibira cyane ariko ukabona abakinnyi nka Kikunda Musombwa Patrick, Mudeyi Suleiman, Wai Yeka Tatuwe na Munyakazi Yussuf Rule bari hejuru cyane kurusha abandi bityo Rayon Sports igakomeza kubitaho cyane mu kibuga.

Rayon Sports yatangiye umukino ubona banyotewe igitego cyane biciye kuri Shaban Hussein Tchabalala, Mugisha Gilbert na Manishimwe Djabel bagerageje ibishoboka ariko amahirwe yo kuboneza mu izamu akaba iyanga.

Ivan Minaert yaje kubona ko Mugisha Gilbert yananiwe ni ko gutangira igice cya kabiri amusimbuza Ismaila Diarra. Ismaila Diarra yahise ajya gukina ashaka ibitego bityo Shaban Hussein Tchabalala ahita ajya gukina mu ruhande rw'iburyo ahakinaga Mugisha Gilbert.

Nyuma ni bwo Manishimwe Djabel yaje kuva mu kibuga asimburwa na Eric Rutanga Alba wahise akina imbere ahagana ibumoso ari nako Kwizera Pierrot wari kapiteni yavuye mu kibuga agasimburwa na Mutsinzi Ange Jimmy wahise ajya gukina inyuma ya Ismaila Diarra. Kwizera Pierrot wari kapiteni yahise aha igitambaro Manzi Thierry.

Ku ruhande rwa FC Musanze, Mudeyi Suleiman yasimbuwe na Imurora Japhet bita Drogba, Hakizimana Francois asimbura Niyonkuru Ramadhan mbere yuko Wai Yeka Tatuwe asimburwa na Peter Otema.

Mu kiganiro n'abanyamakuru, Ivan Minaert umutoza mukuru wa Rayon Sports yavuze ko ashima abakinnyi uburyo bitwaye bakitanga bakagaragaza ko bafite ubushake bwo gutsinda nubwo bitakunze. Gusa avuga ko hakiri amahirwe ku gikombe.

"Navuga ko uyu munsi abakinnyi bitanze bitandukanye n'umukino twatsinzwemo n'Amagaju FC, bakinnye neza ariko amahirwe ntabwo yari ku ruhande rwacu. Ntabwo turarekura ku gikombe ariko nibaza ko tugifite byinshi byo gukora tujya imbere". Ivan Minaert

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports 

Seninga Innocent umutoza mukuru wa FC Musanze yavuze ko umukino wari ku rwego rwiza ku ruhande rw’ikipe kandi ko byagombaga kuba ko bakina umukino urimo amayeri menshi kuko Rayon Sports yaje isa n’intare yakomeretse nyuma yo kuba baratakaje imbere y’Amagaju FC.

“Umukino wari wiganjemo amayeri n’imbaraga nyinshi. Rayon Sports ni ikipe iheruka gutakaza, yaje ishaka amanota byanze bikunze, natwe twaje twiteguye neza dushaka gutsinda kuko dushaka amanota, ariko nyine umusaruro uvuyemo ni ni uyu ariko mu buryo bwo gushaka ibitego n’uburyo umukino wagenze ni ibintu bishimishije”. Seninga Innocent

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Musanze FC

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Musanze FC

Inota rimwe Rayon Sports yakuye hafi y’ibirunga riratuma igira aminota 45 ayicaza ku mwanya wa gatatu mu mikino 25. APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 50 mu mikino 24 mu gihe AS Kigali iri ku mwanya wa mbere n’amanota 51 mu mikino 25.

Ndahayo Valerie wa FC Musanze niwe wabaye umukinnyi w'umukino (Man of the Match)

Nahayo Valerie wa FC Musanze ni we wabaye umukinnyi w'umukino (Man of the Match)

Abakinnyi babanje mu kibuga:

FC Musanze: Ndayisaba Olivier (GK, 22), Habyarimana Eugene 2, Kanamugire Moses 18, Ndahayo Valerie 5, Shyaka Philbert 14, Niyonkuru Ramadhan 8, Munyakazi Yussuf Rule (C,9), Kikunda Musombwa Patrick 13, Bokota Kamana Labama 11, Mudeyi Suleiman 19 na Wai Yeka Tatuwe 10.

Rayon Sports XI: Ndayisenga Kassim (GK, 29), Nyandwi Saddam 16, Irambona Eric Gisa 17, Rwatubyaye Abdul 19, Manzi Thierry 4, Niyonzima Olivier Sefu 21, Kwizera Pierrot (23, C), Yannick Mukunzi 6, Mugisha Gilbert 12, Manishimwe Djabel 28 na Shaban Hussein Tchabalala 11

Abatoza b'amakipe yombi basuhuzanya

Abatoza b'amakipe yombi basuhuzanya 

Peter Otema wa FC Musanze nawe yabanje hanze

Peter Otema wa FC Musanze nawe yabanje hanze 

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports 

Munyakazi Yussuf Rule (Ibumoso) na Kwizera Pierrot (Iburyo) mbere y'umukino

Munyakazi Yussuf Rule (Ibumoso) na Kwizera Pierrot (Iburyo) mbere y'umukino

Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta ku mupira akurikiwe na Manishimwe Djabel

Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta ku mupira akurikiwe na Manishimwe Djabel 

Abafana ba Musanze FC

Abafana ba Musanze FC

Niyonzima Olivier Sefu ku mupira imbere ya Habyarimana Eugene

Niyonzima Olivier Sefu ku mupira imbere ya Habyarimana Eugene

Niyonzima Olivier Sefu ashaka uko yatangira Christ Mbondy

Shaban Hussein Tchabalala ahanganye na Kikunda Musombwa Patrick

Shaban Hussein Tchabalala ahanganye na Kikunda Musombwa Patrick

Mugisha Gilbert azamukana umupira

Mugisha Gilbert azamukana umupira 

Kanamugire Moses na Manishimwe Djabel bakurikiye umupira

Kanamugire Moses na Manishimwe Djabel bakurikiye umupira

Irambona Eric Gisa  azamukana umupira  ahanganye na Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta

Irambona Eric Gisa azamukana umupira ahanganye na Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta 

Umufana wa Rayon Sports  ategereje igitego

Umufana wa Rayon Sports ategereje igitego

Mugisha Gilbert azamukana umupira  ahanganye na Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta

Mugisha Gilbert azamukana umupira ahanganye na Musombwa Kikunda Patrick bita Kaburuta

Mugisha Gilbert yasimbuwe na Ismaila Diarra

Mugisha Gilbert yasimbuwe na Ismaila Diarra 

Ndahayo Vlalerie yurira Shabana Hussein Tchabalala

Ndahayo Vlalerie yurira Shabana Hussein Tchabalala

Ndahayo Valerie yurira Shabana Hussein Tchabalala......

...yaje kugwa hasi ....

...yaje kugwa hasi .... gusa ntacyo yabaye 

Niyonzima Olivier Sefu akurikiwe na Niyonkuru Ramadhan

Niyonzima Olivier Sefu akurikiwe na Niyonkuru Ramadhan 

Irambona Eric Gisa yakinnye iminota 90'

Irambona Eric Gisa yakinnye iminota 90'

Kwizera Pierrot akurikiye Musombwa Kikunda Patrick

Kwizera Pierrot akurikiye Musombwa Kikunda Patrick

Nyaminani Isabelle ufata amashusho kuri Azam TV yahageze saa sita (12h00')

Nyaminani Isabelle ufata amashusho kuri Azam TV umwe mu bategarugoli bacye baba mu itangazamakuru rya siporo

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Musanze FC

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Musanze FC 

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports i Musanze

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports 

Rwatubaye Abdul yihambira kuri Wai Yeka Tatuwe

Rwatubaye Abdul yihambira kuri Wai Yeka Tatuwe rutahizamu wa FC Musanze

Munyakazi Yussuf Rule yurira Manishimwe Djabel

Munyakazi Yussuf Rule yurira Manishimwe Djabel 

Ndayisaba Olivier umunyezamu wa FC Musanze yaranzwe no gutinza umukino anabihererwa ikarita y'umuhondo

Ndayisaba Olivier umunyezamu wa FC Musanze yaranzwe no gutinza umukino anabihererwa ikarita y'umuhondo

Ndayisaba Olivier umunyezamu wa FC Musanze yaranzwe no gutinza umukino anabihererwa ikarita y'umuhondo

Ismaila Diarra 20 yasimbuye Mugisha Gilbert

Ismaila Diarra 20 yasimbuye Mugisha Gilbert

Umwana areba umupira anawumva kuri Radio

Umwana areba umupira anawumva kuri Radio

abana

Kuri sitade Ubworoherane abana binjirira ubuntu

Kuri sitade Ubworoherane abana binjirira ubuntu

Nkundamatch w'i Kilinda

Nkundamatch w'i Kilinda 

Shyaka Philbbert ahutazwa na Ismaila Diarra

Shyaka Philbbert ahutazwa na Ismaila Diarra 

Abafana ba Rayon Sports  ntabwo bigeez bacika intege iminota 90'

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports ntabwo bigeze bacika intege iminota 90'

Mu myanya y'icyubahiro

Mu myanya

Mu myanya y'icyubahiro

Abakinnyi ba Rayon Sports bakurikiye inama za Ivan Minaert

Abakinnyi ba Rayon Sports bakurikiye inama za Ivan Minaert

Kwizera Pierrot abuzwa inzira

Kwizera Pierrot abuzwa inzira na Shyaka Philbert

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports  ahanganye na Niyonzima Olivier Sefu

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports ahanganye na Niyonzima Olivier Sefu

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports  aganiriza Mutsinzi Ange Jimmy mbere yo kumushyira mu kibuga

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports aganiriza Mutsinzi Ange Jimmy mbere yo kumushyira mu kibuga

Yannick Mukunzi yamburwa umupira na Peter Otema

Yannick Mukunzi yamburwa umupira na Peter Otema

Shaban Hussein Tchabalala ku mupira  

Imurora Japhet azirika Shaban Hussein Tchabalala

Imurora Japhet azirika Shaban Hussein Tchabalala

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports  yari afite ishyaka rikomeye akanira ikipe yahozemo

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports yari afite ishyaka rikomeye akanira ikipe yahozemo

Kubera ko umukino wagiye uhagarara kubera Ndayisaba Olivier byabaye ngombwa ko bongeraho iyi minota

Kubera ko umukino wagiye uhagarara kubera Ndayisaba Olivier byabaye ngombwa ko bongeraho iyi minota (7)

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports  avugana na Shaban Hussein Tchabalala

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports avugana na Shaban Hussein Tchabalala

Umwe mu bafan aba Rayon Sports yaje ku kibuga arwaye akaguru ubwo abaganga ba Rayon Sports bari bamaze kumushyiriraho igipfuko gishya nibwi bagenzi be bamusindagije arataha

Umwe mu bafana ba Rayon Sports yaje ku kibuga arwaye akaguru ubwo abaganga ba Rayon Sports bari bamaze kumushyiriraho igipfuko gishya nibwo bagenzi be bamusindagije arataha

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND