Sosa Escoba umuraperi w’umunyarwanda ubarizwa mu Budage yashyize hanze indirimbo yise ‘Hoya’ aririmba akomoza ku mibereho itoroshye y’abatuye i Burayi.
Uyu musore yamenyekanye ku izina rya Lil Emma asanzwe atuye mu Budage ku mugabane w’i Burayi. Yakoze nyinshi mu ndirimbo harimo n’iyo yakoranye na Ama G The Black bise ‘Hold Me’. Mu ndirimbo ye nshya yise ‘Hoya’ yumvikanishamo ubutumwa bw’uruburyo abantu b’iburayi babayeho n’uburyo benshi muri bo bakunda amafaranga kurusha kubana n’abantu.
Umwaka ushize yageze mu Rwanda, afitanye indirimbo na Ama G The Black
TANGA IGITECYEREZO