RFL
Kigali

Mbusa Kombi Billy yavuze ko yahemukiwe na Niyonkuru anavuga ko iyo agira Mazimapaka yari gutsinda AS Kigali ibitego 3-2

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:13/03/2018 12:45
0


Kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Werurwe 2018 ni bwo ikipe ya FC Musanze yatsindwaga na AS Kigali ibitego 4-3 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona. Mbusa Kombi Billy uri gutoza Musanze FC yavuze ko iyo mu izamu agiramo Mazimpaka Andre yari gutsinda AS Kigali ibitego 3-2.



Mazimpaka Andre umunyezamu wa mbere muri FC Musanze afite ikibazo cy’imvune ku kaboko kuko yavunitse bakina na Miroplast FC, ibi byatumye mu izamu hajyamo Ndayisaba Olivier umuvandimwe wa Mico Justin ukinira Police FC. Ndayisaba yagiye atsindwa ibitego bivuye mu kuba ahagaze nabi ndetse nk’igitego cya kane cya AS Kigali bamuteye umupira utaremereye awufata adashyizemo umwete uramucika bityo Ndarusanze Jea Claude ahita awuganisha mu izamu.

Nyuma y’umukino, Mbusa Kombi Billy wabaye umukinnyi ukomeye muri Rayon Sports yagize ati:”Kubura Andre (Mazimpaka) byo ni ikibazo gikomeye, ni icyuho. Kuko iyo tuza kuba dufite Andre twagombaga gutsinda ibitego 3-2. Ariko nta kundi nawe (Ndayisaba Olivier) yagombaga kwigaragaza kuri uyu mukino, ni wo mukino umukinnyi mwiza agomba kwigaragazamo, yerekanye ….Sinzi niba ari ubunararibonye bucye, sinzi niba ari ubwana simbizi ariko kubura Andre byo byabaye ikibazo”.

Muri iki kiganiro yagiranye n’abanyamakuru bari kuri sitade ya Kigali, Mbusa Kombo yavuze ko kuba baratakaje Niyonkuru Ramadhan bita Boateng mu minota itatu ya mbere ari ibintu byamubabaje kuko ngo uyu musore yabahishe ko afite imvune bituma abicira imibare mu gusimbuza.

“Ramadhan (Niyonkuru) kumutakaza byo nabyo byatugizeho ingaruka. Ashobora kuba yari afite ikibazo akagihisha, hariya yambabaje cyane, yagombaga kuvuga ikibazo afite ku kaguru kuko kuva ku mukino wa Marines FC yari afite ikibazo noneho mbere y’umukino ndamubaza ambwira ko ameze neza kandi abizi ko atameze neza. Mu mayeri y’umukino asa naho yambabaje”.

Ku munota wa 3' nibwo Niyonkuru Ramadhan yahise yicara hasi

Ku munota wa 3' ni bwo Niyonkuru Ramadhan yahise yicara hasi

Abaganga ba FC Musanze bahise batabara

Abaganga ba FC Musanze bahise batabara 

Bamusohora hanze

Bamusohora hanze 

Mbusa Kombi Billy ntabwo yishimiye umusaruro wa Ndayisaba Olivier

Mbusa Kombi Billy ntabwo yishimiye umusaruro wa Ndayisaba Olivier 

Mbusa Kombo mu buryo ikipe ya FC Musanze yitwaye muri rusange, Mbusa Kombo Billy avuga ko abakinnyi batamwumvishe neza ku mabwiriza yari yabahaye kuko ngo mu rwambariro yari yababwiye ko batagomba kwemera abakinnyi ba AS Kigali kuba babareka bagatera amashoti agana mu izamu, ibi ngo baje kubyibagirwa bituma binjizwa ibitego bidasobanutse. AS Kigali FC yatsindiwe na Ndahinduka Michel Bugesera (22’), Ntamuhanga Thumaine Tity (24’), Ngama Emmanuel (35’) na Ndarusanze Jean Claude (52’). Ndarusanze Jean Claude ubu ayoboye abandi bataha izamu n’ibitego birindwi (7). Songa Isaie wa Police FC afite ibitego bitandatu (6).

Ibitego bya FC Musanze byatsinzwe na Imurora Japhet n’umutwe ku munota wa 33’, Mudeyi Suleiman (38’) na Bokota Labama (49’). Ikipe ya FC Musanze yarangije imikino ibanza ku mwanya 10 n’amanota 17 mu mikino 15. Nta gitego ibazwa nta n’icyo izigamye kuko yinjije ibitego 10 ininjizwa 10. Yatsinze imikino ine (4), itsindwa itandatu (6) inganya itanu (5).

Niyonkuru Ramadhan yagize ikibazo ki kirenge

Niyonkuru Ramadhan yagize ikibazo ku kirenge 

Mbusa Kombo Billy avuga ko Niyonkuru Ramadhan yakoze amakosa yo guhisha uburwayi

Mbusa KOmbo

Mbusa Kombo Billy avuga ko Niyonkuru Ramadhan yakoze amakosa yo guhisha uburwayi

Ku munota wa 22' nibwo AS Kigali yatangiye kwishimira ibitego

Ku munota wa 22' nibwo AS Kigali yatangiye kwishimira ibitego

Maombi Jean Pierre ukina hagati muri Kiyovu Sport yari yaje kureba FC Musanze yahozemo

Maombi Jean Pierre ukina hagati muri Kiyovu Sport yari yaje kureba FC Musanze yahozemo

Abatoza bagira inama Ndahayo Valerie wabakiniye neza hagati

Abatoza ba FC Musanze bagira inama Ndahayo Valerie wabakiniye neza hagati

Umukino utaragize ikibazo cyaba cyaravuye ku basifuzi

Umukino utaragize ikibazo cyaba cyaravuye ku basifuzi

Isabelle Nyaminani umutegarugoli rukumbi ufata amashusho kuri Azam TV

Munyakazi Yussuf Rule (iburyo) yagiye mu kibuga ku munota wa kane (4')

Nyaminani Isabell

Isabelle Nyaminani umutegarugoli rukumbi ufata amashusho kuri Azam TV Rwanda

Kanamugire Moses yagiye mu kibuga asimbuye Hakizimana Francois

Kanamugire Moses yagiye mu kibuga asimbuye Hakizimana Francois 

Uva ibumoso: Munyakazi Yussuf Rule, Majyambere Alype na Kanamugire Moses bajya ku ntebe y'abasimbura

Uva ibumoso: Munyakazi Yussuf Rule, Majyambere Alype na Kanamugire Moses bajya ku ntebe y'abasimbura

Mazimpaka Andre usanzwe ari umunyezamu wa mbere afite ikibazo cy'imvune

Mazimpaka Andre usanzwe ari umunyezamu wa mbere afite ikibazo cy'imvune

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND