RFL
Kigali

Bizimana Djihad yatsinze “Hat-trick” akora ikimenyetso gikorwa n’abakinnyi bafite abagore batwite-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/02/2018 10:03
1


Kuri iki Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2018 ubwo APR FC yanyagiraga Anse Reunion ibitego 4-0, Bizimana Djihad yatsinzemo bitatu (3) bityo mu kubyishimira afata umupira (Ballon) bakinaga ayihisha mu mwenda ahagana ku nda, ikimenyetso kiba kigaragaza ko umukinnyi afite umugore utwite.



Mu kiganiro n’abanyamakuru, Bizimana Djihad yavuze ko nta mugore cyangwa umukobwa afite utwite ahubwo ko yabikoze mu buryo busanzwe ngo kuko aribyo byari bimworoheye. “Oya ntawe mfite. Nari mfite ubunebwe bwo kuwushyira mu ntoki, nshyira mu mwenda kuko ni byo byari binyoroheye”. Bizimana

Bizimana ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya APR FC n’Amavubi, yavuze ko nubwo Anse Reunion bayinyagiye atari ikipe yoroshye ku buryo bari kurenza ibitego bine mu mukino. Mu magambo ye yagize ati:

Ni ikipe nziza, ni ikipe itari mbi kuko yabashije kugera muri CAF Confederation Cup. Twakinnye tubarusha wenda kuba twari mu rugo tunagerageza gushyiramo imbaraga zacu, dutsinda ibitego bine ariko sinavuga ko yari ikipe yoroshye ku buryo twari kuyitsinda ibitego birindwi.

Bizimana Djihad akimara gutsinda ibitego bitatu yahise abika umupira mu mwenda yari yambaye

Bizimana Djihad akimara gutsinda ibitego bitatu yahise abika umupira mu mwenda yari yambaye ibintu bikorwa n'abakinnyi bafite abagore batwite

Muri uyu mukino, Bizimana Djihad yafunguye amazamu ku munota wa 13'. Bizimana yongeye kubona igitego ku munota wa 70’ aza kubona ikindi ku munota wa 90+2’. Issa Bigirimana yatsinze ku munota wa 79’ w’umukino.

Bizimana Djihad aganira na Kwizigira Claude umunyamakuru wa RBA

Bizimana Djihad aganira na Kwizigira Claude umunyamakuru wa RBA

Bizimana ahetswe na Rugwiro Herve

Bizimana ahetswe na Rugwiro Herve 

Bizimana Djihad umukinnyi w'umunsi

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga

Bizimana Djihad umukinnyi w'umunsi

Rugwiro Herve yuriye Nshuti Innocent ashaka igitego cy'umutwe

Rugwiro Herve yuriye Nshuti Innocent ashaka igitego cy'umutwe

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy niwe kapiteni wa APR FC ashaka uwo yaha umupira

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ni we kapiteni wa APR FC ashaka uwo yaha umupira

Bizimana avuga ko nta mugore afite utwite

Bizimana avuga ko nta mugore afite utwite 

Issa Bigirimana nawe yaje kureba mu izamu yiyereka abafana

Issa Bigirimana nawe yaje kureba mu izamu yiyereka abafana

Issa Bigirimana asanga abasimbura ba APR FC

Issa Bigirimana asanga abasimbura ba APR FC

Bizimana atera koruneri

Bizimana atera koruneri

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga

Bizimana Djihad yishimira igitego cye cya gatatu

Bizimana Djihad yishimira igitego cye cya gatatu

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC  nta kazi gakomeye yahuye nako

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC nta kazi gakomeye yahuye nako

Anse Reuinion FC irasabwa kuzatsinda ibitego 5-0 kugira ngo ikuremo APR FC

Anse Reuinion FC irasabwa kuzatsinda ibitego 5-0 kugira ngo ikuremo APR FC

Didier Bizimana (ibumoso) na Jimmy Mulisa (iburyo) babonye impamba iremereye

Didier Bizimana (ibumoso) na Jimmy Mulisa (iburyo) babonye impamba iremereye

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy niwe kapiteni wa APR FC

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ni we kapiteni wa APR FC

Ricky Rose uunyezamu wa Anse Reunion FC asatiriwe na Hakizimana Muhadjili

Ricky Rose umunyezamu wa Anse Reunion FC asatiriwe na Hakizimana Muhadjili 

Sekamana Maxime imbere ya Jules Constance (2)

Sekamana Maxime imbere ya Jules Constance (2)

Hakizimana Muhadjili agwira umuntu

Hakizimana Muhadjili agwira umuntu

Nshuti Innocent (ibumoso) na Twizerimana Martin Fabrice (iburyo) babanje hanze ariko bajya mu kibuga basimbuye

Nshuti Innocent (ibumoso) na Twizerimana Martin Fabrice (iburyo) babanje hanze ariko bajya mu kibuga basimbuye

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nsabimana Jaen Damour 6 years ago
    APR FC nikipe nziza nemera izakora ibitangaza tumanika ibikombe bitatu





Inyarwanda BACKGROUND