Muminsi ishize ni bwo Inyarwanda.com twabagezaho ko umuhanzi Muchoma yasubiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri ubu Muchoma yashyize hanze amashusho y’indirimbo yitwa ni Bon.
Muchoma yadutangarije ko iyi ndirimbo uretse kuba ibyinitse ibumbiyemo ubutumwa bwiza kandi buzafasha abakundana yagize ati: "Ni Bon, ni indirimbo y’urukundo ariko itari muri bwa buryo abantu basanzwe bamenyereye,nayikoze ngira ngo nerekane ko kuba ukunda umuntu uhora umubwira ko umukunda ntabwo bihagije, ugomba no kubishyira mu bikorwa ugaharanira kubaka icyizere muri mugenzi wawe."
Muchoma ubu wageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yadutangarije ko Ubukonje buri ku rwego rwo hejuru n’ibiryo biri kumunanira kubera ko yari yaramenyereye ibiryo bya kinyafrika.
TANGA IGITECYEREZO