RFL
Kigali

Abana bacu ni yo mizero y’igihugu, kutabaha umwanya ni ukutubaha agaciro bafite- Minisitiri Uwacu Julienne

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/01/2018 10:13
1


Ibi Minisitiri Uwacu Julienne yabigarutseho ubwo yasozaga gahunda y’Intore mu biruhuko yabaye kuri uyu wa Gatandatu kuri stade Amahoro. Iyi gahunda yari yitabiriwe n’abana batojwe ndetse n’ababyeyi babo.



Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Minisitiri Uwacu Julienne ukuriye Minisiteri y'Umuco na Siporo yibukije ababyeyi ko bagomba guha abana umwanya kuko ari bo Rwanda rw’ejo. Minisitiri kandi yabibukije ko igiti kigororwa kikiri gito bityo asaba ababyeyi bose kwiyibutsa inshingano zabo. Yagize ati:

Babyeyi dufite byinshi byo gukora ariko niduhe abana umwanya batazagira icyo batunenga bakavuga ko hari icyo twabimye, Umuryango nube ishingiro ry’Umuco kandi harangwe n’amahoro kuko abana nubwo twabigisha bingana iki, abana bareba ibikorwa kurusha amagambo.

MINISPOCAbana berekanye ibyo bize

MINISPOC

Muri aba bana harimo n'intore

Minisitiri kandi yasabye abana n’urubyiruko ko bagomba kwitwara neza ku ishuri, ibyo bigiye muri gahunda y’Intore mu Biruhuko bakazabishyira mu bikorwa kandi bakabisangiza bagenzi babo batitabiriye iyi gahunda. Nkubito Godson wavuze mu ijambo ry’ababyeyi yashimiye MINISPOC n’abafatanyabikorwa kuri iyi gahunda.

Intore mu biruhuko ni gahunda yo gutoza abana n’urubyiruko mu gihe bari mu biruhuko mu rwego rwo kubatoza umuco n’ibindi byose byagirira akamaro mu buzima bwabo buzaza. Iyi gahunda ifite intego kandi yo kubigisha kwirinda ingeso mbi n’imico itari myiza yabata mu kaga igihe baba batari ku ishuri n’ahandi hose hatuma bishora mu bishuko.

 MINISPOCMinisitiri Uwacu Julienne yari yitabiriye uyu muhango

Igikorwa cy'Intore mu biruhuko cyatangiye ku rwego rw'Igihugu ku itariki ya 25 Ugushyingo 2017, ibikorwa nyirizina bitangira ku itariki ya 27 Ugushyingo 2017 mu gihugu hose. Iki gikorwa cyasojwe kuri uyu wa gatandatu ku wa 13 Mutarama 2018.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Elysee6 years ago
    ndashimira minister UWACU JULIENNE ku bw'impanuro yahaye abana nabyeyi babo kuko hari ababyeyi bafunga cyane abana babo ntibabahe umwanya ngo na biteze imbere.gusa banige ku kibazo cyubushomeri kiganje murubyiruko!!!?





Inyarwanda BACKGROUND