RFL
Kigali

Didace uvukana na Patient Bizimana yimitswe agirwa Mwalimu ashima Imana imuhaye ikiraka nyuma yo gusimbuka urupfu-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/12/2017 17:04
1


Munyaribanje Didace ni umuvandimwe w’umuhanzi Patient Bizimana ndetse akaba ari nawe mukuru. Kuri ubu Didace afite ishimwe rikomeye mu mutima we nyuma ya byinshi Imana yamukoreye muri uyu mwaka wa 2017.



Tariki 24/12/2017 ni bwo Munyaribanje Didace yimitswe asukwaho amavuta ahabwa inshingano zo kuba Mwalimu mu itorero Jesus is coming riyoborwa na Prophet Ruzindana Prince ndetse akaba ari naryo torero Anita Pendo asengeramo. Munyaribanje Didace yahawe izi nshingano nyuma y’umwaka umwe arokotse urupfu dore ko mu Ugushyingo 2016 yakoze impanuka ikomeye akamara iminsi ari muri koma ariko nyuma Imana ikaza kumusubiza ubuzima, ubu akaba yarakize ameze neza.

Munyaribanje Didace

Mu mpera za 2016 ni bwo Didace yakoze impanuka ikomeye

Munyaribanje Didace ari mu bantu batatu bimitswe muri Jesus is coming church bagahabwa inshingano zo kuba ba Mwalimu, abo ni Munyaribanje Didace, Kabanyana Jeanne na Gatanazi Wilson. Hasengewe kandi umupasiteri umwe ari we Pastor Buke Masaho Daniel, hanasengerwa abavugabutumwa 10. Nyuma yo kwimikwa, Munyaribanje Didace yashimiye Imana kuba yaramusubije ubuzima, kuba yaramugiriye icyizere ikamuzamura mu ntera ikamugabira umurimo wayo byongeye akimikwa mu gihe yizihizaga isabukuru y’imyaka 50 amaze abonye izuba, akaba yaranagabiwe inka. Aganira na Inyarwanda.com, yagize ati;

Ndashima Imana kuba yaranshubije ubuzima umwaka washize mu Ukuboza 2016 byari bikomeye hafi no gutakaza ubuzima. None ubu ndashima Imana kuba ndi muzima. Tariki 24/12/2017 nizihije isabukuru y’imyaka 50. Muri iyo sabukuru nagabanye inka. Muri iyo sabukuru, nongeye gushimira ababanye nanjye mu bitaro n’abadufashije n’abadusuye bose mu gihe twari mu bikomeye. Ndashima Imana kandi kuba yanteje indi ntambwe mu murimo wayo yo kwimikirwa kuba umwigisha (Umwalimu) w’itorero Jesus is coming. (...)Ndashimira umushumba wacu Prophet Prince Ruzindana kubwo kutuba hafi, ubujyanama bwe, kugezaho aho natwe tugiye kuba abagabura b’abandi. 

Didace Munyaribanje

Didace (iburyo) yagizwe Mwalimu mu itorero riyoborwa na Prophet Prince (ibumoso)

REBA AMAFOTO UBWO DIDACE YIMIKWAGA

Didace Munyaribanje

Munyaribanje Didace asukwaho amavuta

Munyaribanje DidaceMunyaribanje DidaceMunyaribanje Didace

Munyaribanje hamwe n'umufasha we (Mama Divine)

Munyaribanje Didace

Munyaribanje Didace arashima Imana imusekeje muri uyu mwaka

Munyaribanje DidaceMunyaribanje Didace

Munyaribanje Didace ahabwa 'Certificat'

Munyaribanje Didace

Ubu Didace ni Mwalimu mu itorero Jesus is coming

Munyaribanje Didace

Mama Divine nawe yabishimiye Imana

Didace Munyaribanje

Didace hamwe n'umufasha we

Munyaribanje Didace

Didace hamwe na Pastor Buke Masaho Daniel

Munyaribanje Didace

Didace yimitswe mu gihe yizihizaga imyaka 50 amaze ku isi

Munyaribanje Didace

Didace yakatanye umutsima n'umufasha we

Munyaribanje Didace

Bahaye umugisha kwimikwa kwa Didace

Munyaribanje Didace

Aba ni abavugabutumwa basengewe

Munyaribanje Didace

Umuryango wa Didace wari waje mu birori yimikiwemo

Munyaribanje DidaceMunyaribanje Didace

Apotre Claude Kamuhanda hamwe na Prophet Prince

Munyaribanje Didace

Bafashe ifoto y'urwibutso hamwe na Didace

Munyaribanje DidaceApotre Claude

Apotre Claude Kamuhanda yari muri ibi birori

Patient Bizimana

Patient Bizimana yari mu birori bya mukuru we Didace

Munyaribanje DidaceMunyaribanje Didace

Didace hamwe n'umuryango we (umugore we n'abana babo)

Munyaribanje Didace

Jeaninne Umwiza (iburyo) mushiki wa Didace hamwe na Divine (ibumoso) imfura ya Didace

Didace Munyaribanje

Nyuma y'ibirori habayeho kwiyakira






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Fify Grace6 years ago
    Dushimye Imana kubwawe Didace.Imana igushyigikire mumurimo wayo uhamagariwe.Ubupfura bwawe uzabuhorane.Uri umupapa dukunda numuryango wawe mwiza wintagarugero.Iyakurinze urupfu iracyakurinze ikomeze ikurinde.Amen





Inyarwanda BACKGROUND