RFL
Kigali

Mu 1877 numero ya mbere y’ikinyamakuru Washington Post yagiye hanze: bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:6/12/2017 11:08
0


Uyu munsi ni kuwa 3 w’icyumweru cya 49 mu byumweru bigize umwaka tariki 6 ukuboza, ukaba ari umunsi wa 340 mu minsi igize umwaka hakaba habura iminsi 25 ngo umwaka urangire.



Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1865: Ingingo ya 13 yo mu itegeko nshinga rya Amerika yatangiye gukurikizwa, ikaba ari ingingo yo guca ubucakara.

1877: Numero ya mbere y’ikinyamakuru Washington Post yagiye hanze.

1917: Igihugu cya Finland cyabonye ubwigenge bwacyo ku burusiya.

2006: Ikigo gishinzwe ubumenyi bw’ikirere cya Amerika (NASA) cyafashe amafoto yo ku mubumbe wa Mars, ubushakashatsi bwakorewe kuri aya mafoto bwaragaragaje  ko kuri uyu mubumbe haba amazi.

Abantu bavutse uyu munsi:

1935Jean Lapointe, umukinnyi wa filime, umuririmbyi, akaba n’umunyapolitiki w’umunyakanada nibwo yavutse.

1951Gerry Francis, umutoza w’umupira w’amaguru w’umwongereza yabonye izuba.

1955: Steven Wright, umukinnyi wa filime zisekeje w’umunyamerika nibwo yavutse.

1971: Ryan White, umunyamerika, akaba ari mu bantu ba mbere bahitanywe n’agakoko gatera SIDA nibwo yavutse aza kwitaba Imana mu 1990.

1976: Alicia Machado, umunyamideli, umukinnyikazi wa filime, akaba n’umuririmbyi w’umunyavenezuela, akaba ariwe wabaye nyampinga w’isi mu 1996 nibwo yavutse.

1980Steve Lovell, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza yabonye izuba.

1981Federico Balzaretti, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umutaliyani nibwo yavutse.

1988: Nils Petersen, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1989: Felix Schiller, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1993Pedro Mendes, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyaportugal nibwo yavutse.

Abantu bitabye Imana uyu munsi:

1352: Papa Clement VI yaratashye.

1892: Werner von Siemens, umushoramari w’umudage akaba ariwe washinze uruganda rwa Siemens rukora telefoni yaratabarutse ku myaka 76 y’amavuko.

2005: Danny Williams, umuririmbyi w’umunya Afurika y’epfo yitabye Imana ku myaka 63 y’amavuko.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND