RFL
Kigali

Munishi wamamaye mu ndirimbo 'Yesu Mambo Yote' agiye kuza mu Rwanda mu gitaramo cya Timamu

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:21/11/2017 16:08
2


Tariki 3 Ukuboza 2017 i Kigali hazabera igitaramo 'Humura mwana wanjye live concert' cyateguwe n'umuhanzi Timamu mu kumurika album ye ya kane. Muri iki gitaramo, Timamu yatumiye umuhanzi akaba na Pasiteri Munishi Faustin wamamaye mu ndirimbo Yesu mambo yote.



Pastor Munishi Faustin utegerejwe i Kigali, ni umuhanzi uba mu gihugu cya Kenya ariko akaba akomoka muri Tanzania. Munishi, akunzwe cyane mu ndirimbo;Yesu mambo yote,Wanamwabudu Nani,Malebo, Usiabudu Amerika, Gazeti Sio Ugali, Yesu nakupenda n'izindi. Ni umuhanzi umaze igihe kinini mu muziki,indirimbo ze zikaba zikunzwe cyane cyane mu karere k'Akafrika y'Iburasirazuba. Mu mwaka wa 2002, Munishi yakoze indirimbo zamamaza ishyaka rya Chama cha Mapinduzi (CCM) mu matora ya Perezida. Izo ndirimbo za Munishi zikaba zari zikubiye kuri Album ye ya 7 nkuko tubikesha Allafrica. 

Timamu

Timamu watumiye Munishi

Muri iki gitaramo 'Humura mwana wanjye live concert' cyatumiwemo Munishi, abandi baririmbyi bazafatanya na Timamu hari; Bigizi Gentil uzwi cyane nka Kipenzi, Deo Munyakazi ukirigita inanga na Kingdom of God Ministries. Nkuko Timamu Jean Baptiste yabitangarije Inyarwanda.com iki gitaramo 'Humura mwana wanjye lice concert' kizabera i Gisozi kuri Dove hotel kuva isaa cyenda z'amanywa. Kwinjira ni 2000Frw, 5000Frw harimo n'icyo kunywa ndetse na 10,000Frw harimo icyo kunywa na CD y'indirimbo za Timamu. 

Timamu

Igitaramo Timamu yatumiyemo Munishi

Timamu wamamaye mu ndirimbo ‘Humura mwana wanjye’ aheruka gukora igitaramo mu mwaka wa 2009 aho yabonye abantu benshi cyane ndetse bamwe bakabura aho bicara. Aganira na Inyarwanda.com yavuze ko yifuza gukora ikindi gitaramo ku buryo abantu bazakibona n’abandi bazumva amakuru yacyo bazajya bifuza kuba mu gitaramo kimeze nk’icya Timamu. Yavuze ko igitaramo ari gutegura kizatanga icyerekezo cy’umuziki wa Gospel mu Rwanda. Yagize ati:

Ngiye gukora Concert Imana yanyujije muri njye, izaba tariki 3/12/2017, izaba ari concert nini cyane y’ubumwe bw’abakristo, ni concert numva izatanga icyerekezo cya muzika ya Gospel. Izaba itangiriro ry’abantu batinyaga gukora concert, ni concert nshaka ko abantu bazajya bavuga ngo ndashaka gukora concert nk’iya Timamu.Nifuza gukora concert umuntu wese yazareba akajya yifuza kuba muri concert nk’iya Timamu. Ni concert izabera umugisha abanyarwanda n’abahanzi bose bazayitabira. 

UMVA HANO 'HUMURA MWANA WANJYE' YA TIMAMU

REBA HANO 'YESU MAMBO YOTE' YA MUNISHI

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA TIMAMU






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • k6 years ago
    None se intego wari ufite ujya gutegura icyo igiterane ni iyo "ngo abantu bajye bifuza igiterane nk'icya Timamu" nagize ngo ugiye kwamamaza ubwami bw'Imana ariko ndumva ahubwo ari ukwiyamamaza ubwawe! Ariko icyo umuntu abiba nicyo asarura. Gutegura igiterane kikitabirwa n'abantu benshi ibyo ntacyo byunguye Imana ahubwo ireba icyo abitabiriye bakuyemo n'intego wari ufite ugitegura, naho kuba abantu baza ari benshi ni ibisanzwe n'utubari turitabirwa tukuzura, n'abapfumu bafite abayoboke benshi....... none se wowe utuzaniye iki?
  • 6 years ago
    Imana iguhe imigisha izaguhembere iyi sms wanditse kuko ndabona ufite ishyaka ryinshi ryo kuyikorera,cyane ko ariyo izi abayikorera nkuko bikwiriye.





Inyarwanda BACKGROUND