RFL
Kigali

Areruya Joseph yatwaye agace ka Rubavu-Musanze ahita aba umukinnyi utwaye uduce tubiri muri Tour du Rwanda 2017

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/11/2017 17:46
0


Tour du Rwanda 2017 kuri uyu wa Gatatu yari imaze iminsi ine (4) itangiye ariko hakaba hakinwaga agace kayo ka gatatu, urugendo rwa Rubavu-Nyanza rwegukanwe na Areruya Joseph akoresheje amasaha abiri, iminota 23 n’amasegonda 25 ku ntera ya kilometero 97.1 (97.1 Km).



Areruya Joseph wari wabaye uwa 10 mu rugendo rwa Nyanza-Rubavu yakoresheje ibihe (2h23’25”) , anganya n’abakinnyi 32 bamuje hafi bashaka gutanguranwa ku murongo (Sprint).

Muri uku kuza begeranye cyane bakanganya ibihe, byatumye uyu musore ukinira Team Dimension Data for Qhubeka atabasha kwambara umwenda w’umuhondo kuko Simon Pelaud wari wawurayemo banganyije ibihe kuko yaje ku mwanya wa kane (4).

Nyuma yo gutwara aka gace, Areruya Joseph yabwiye abanyamakuru ko icyabayeho ari uko abakinnyi be bakinana muri Team Dimension Data bamufashije guhangana n’andi makipe bityo arangiza ayoboye. Yagize ati

Ntabwo byari byoroshye kumva ko narangiza ndi uwa mbere bitewe n’uburyo ejo twatsinzwe bikomeye. Gusa njye n’ikipe yanjye twafatanyije mbigeraho. Ntabwo navuga ko ubu bigikomeye kuko urugendo tuzakora ejo tuva i Musanze tujya i Nyamata tuzakora cyane kugira ngo uyu munota Simon aturusha turebe ko twawukuramo kandi birashoboka”.  

Areruya Joseph asesekara i Musanze

Areruya Joseph asesekara i Musanze

Nyuma yo kuba yagumanye umwenda w’umuhondo “Yellow Jersey” yavuze ko bimushimishije cyane kuko kuba ari guhatana n’abakinnyi bamurusha ahazamuka (Climbing) bityo ko icyo agiye gukora ari ukureba uko yagumana umunota umwe afite imbere y’abandi. Yagize ati

Biba bishimishije kuko gutwara umwenda w’umuhondo ukaba wawugumana ku munsi ukurikira. Ubu mba mpatana n’abantu bandusha kuzamuka kandi nanjye ndabizi. Gusa kuri ubu mu bice bikurikira nzareba uko nakomeza kurwana ku munota nibikiye mu muhanda wa Nyanza-Rubavu”.

Muri uru rugendo, Avila Vanegas Edwin ukinira ikipe ya ILLUMINATE niwe waje ku mwaya wa kabiri, Pelaud Simon ucyambaye umwenda w’umuhondo yaje ku mwanya wa kane, Eyob Metkel 5, Tuyishimire Ephraim 11, Uwizeye Jean Claude 14, Kangangi Suleiman 17, Byukusenge Patrick 21, Ndayisenga Valens 22, Gasore Hategeka 24, Munyaneza Didier 26, Nsengimana Jean Bosco 27, Mugisha Samuel 28, Eric Nduwayo 29, Hakiruwizeye Samuel 33.

Ku rutonde rusange, Simon Pelaud aracyari imbere kuko amaze gukoresha amasaha 10h13’47”, Areruya Joseph amuri inyuma kuko we amaze gukoresha 10h14’47”.

Mu gutanga ibihembo, Areruya Joseph nyuma yo gutwara agace ka Rubavu-Musanze, yahembwe nk’umukinnyi w’umunyarwanda witwaye neza ndetse nk’umunyarwanda wari uhagaze neza muri aka gace.

Edward Greene yabaye umukinnyi wazamutse neza agasozi ka Sashwara kari gafite amanota. Edward kandi ni nawe wari watawaye udusozi twa Nyanza-Rubavu. Stephan de Bod yahembwe nk’umukinnyi wagaragaje guhatana cyane.

Abakinnyi bagomba guhaguruka i Musanze kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2017 bagana i Nyamata mu Bugesera ku ntera ya kilometero 121 mbere y'uko bazahava ku munsi ukurikira bagana i Rwamagana ku ntera ya kilometero 93.1.

Bazava i Rwamagana kuwa 18 Ugushyingo 2017 bagana i Nyamirambo ku ntera ya kilometero 86.3 bityo ku Cyumweru bazasoze bazenguruka umujyi wa Kigali aho bazakora intera ya kilometero 120 hanamenyekana uzatwara isiganwa muri rusange.

Bahatanira kugera ku murongo (Sprint)

Bahatanira kugera ku murongo (Sprint)

Areruya Joseph yahembwe nk'umunyarwanda witwaye neza

Areruya Joseph yahembwe nk'umunyarwanda witwaye neza

Areruya Joseph yahembwe nk'umunyafurika witwaye neza

 Areruya Joseph yahembwe nk'umunyafurika witwaye neza kuva i Rubavu agana i Musanze

Areruya Joesph mu mwambaro w'umuhondo utangwa na MINISPOC

SKOL Rwanda niyo ihemba umukinnyi uba watwaye agace

SKOL Rwanda niyo ihemba umukinnyi uba watwaye agace 

Areruya Joseph afuhereza "Champagne" ya SKOL MALT

Areruya Joseph afuhereza "Champagne" ya SKOL MALT

Areruya Joseph umunyarwanda ukinira Dimension Data

Areruya Joseph umunyarwanda ukinira Dimension Data

Mukamira

Mukamira 

Kuva Mukamira ugana i Muhanga ni km 86

Kuva Mukamira ugana i Muhanga ni km 86

Abafana i Busogo

Abafana          Abafana i Busogo

Sashwara bari bategereje aba bakinnyi

Sashwara bari bategereje aba bakinnyi

Gukata ikoni biba bimeze gutya

Gukata ikoni biba bimeze gutya

Ibere rya Bigogwe

Ibere rya Bigogwe 

NH umushyushyarugamba wa SKOL niwe uba ukurikiye abakinnyi

NH umushyushyarugamba wa SKOL niwe uba ukurikiye abakinnyi 

Diaro ukina filimi Umubyeyi wa Hakiruwizeye Samuel

Diaro ukina filimi Umubyeyi wa Hakiruwizeye Samuel 

Mbere yuko bahaguruka batangira kuzenguruka

Mbere yuko abakinnyi bahaguruka i Rubavu

AMAFOTO: SAaddam MIHIGO

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND