RFL
Kigali

Impamba y’i Addis Ababa yagejeje u Rwanda muri CHAN 2018

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/11/2017 21:07
3


Ikipe y’igihugu Amavubi yageze mu mikino ya nyuma ya CHAN 2018 izabera muri Maroc nyuma yo kunganya na Ethiopia 0-0 mu mukino wo kwishyura waberaga kuri sitade ya Kigali kuri iki Cyumweru. U Rwanda rwakijijwe n’ibitego 3-2 abasore batsindiye muri Addis Ababa mu cyumweru gishize.



Icyo gihe wari umukino u Rwanda rwatangiye rwinjizwa igitego ku munota wa 18’ cya Asechalew Birma mbere y'uko Eric Rutanga Alba yishyura ku munota wa 55’ w’umukino. Ikipe ya Ethiopia bita Walias yaje kongeramo ikindi ku munota wa 65’ gitsinzwe na Sanni Abubakher.

Hakizimana Muhadjili winjiye mu kibuga asimbuye yaje kubona igitego ku munota wa 78’ mbere y'uko Biramahire Abeddy ashyiramo igitego cy’intsinzi ku munota wa 80’.

Kuri iki Cyumweru byaje kuba amahire kuko Ethiopia yahize ibitego byo kwishyura irabibura ari nako u Rwanda rwari mu rugo rwabuze igitego cy’abafana mu minota 90’.

Antoine Hey Paul utari afite Bizimana Djihad hagati mu kibuga, yari yitabaje Niyonzima Olivier Sefu wafatanyaga na Yannick Mukunzi. Antoine Hey kandi yari yabanje hanze Nshuti Innocent ahitamo Mico Justin wakoranye neza na Biramahire Abeddy bakagenda bahusha ibitego.

Wari umukino Antoine Hey atari yitaye mu gukoresha abakinnyi bataha izamu baciye ku mpande (Wingers) kuko Biramahire Abeddy na Manishimwe Djabel bakinaga bagaruka hagati bityo bakinjira ari uko u Rwanda rufashe umupira.

Mu gusimbuza Manishimwe Djabel yasimbuwe na Hakizimana Muhadjili weretse abafana ibirori mu buryo bwo gucenga abakinnyi ba Ethiopia bityo abari muri sitade barishima.

Sekamana Maxime yaje kwinjira mu kibuga asimbuye Biramahire mu gihe Ally Niyonzima yasimbuye Mico Justin.

Ku ruhande rwa Ashinafi Bakele utoza Ethiopia yatangiye akuramo Tamene Aschalew wagize ikibazo cy’imvune ahita yinjiza Mantsenot Adane, Mesud Mohammed asimburwa na Selemon Firen naho Samson Tilahun aha umwanya Tediros Bekele.

Nyuma y’umukino, Antoine Hey yavuze ko byaba bigoye ko ikipe yava hanze ikaza igatsinda Amavubi mu rugo mu gihe yaba yaramubonyemo ibitego kandi ko ikigiye gukurikiraho ari ukireba uko yategura ikipe izajya muri CECAFA anaboneraho gutyaza abakinnyi azajyana muri Maroc.

Mu magambo ye yagize ati “Nakunze kubibabwira ko iyo Amavubi ari mu rugo biba bigoye ko ikipe yaza ikadutsinda. Ni ikintu twiyubatsemo kandi byamaze kuboneka ko byakunze. Tugiye kureba uko twakwitegura imikino ya CECAFA, ni imikino izadufasha kwitegura imikino ya CHAN kuko muri gahunda dufite ni uko tuzibanda cyane ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu bahagaze neza”. 

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakina imbere mu gihugu igomba kwitegura ko tariki 17 Ugushyingo 2017 hagera bakamenya itsinda bazaba barimo mu mikino ya CHAN 2017 izatangira kuva tariki 12 Mutarama kugeza kuwa 4 Gashyantare 2018.

 Abakinnyi ababanje mu kibuga:

Amavubi XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C-1), Eric Rutanga 20, Iradukunda Eric Radou 14, Usengimana Faustin 15, Kayumba Soter 5, Manzi Thierry 4, Yannick Mukunzi 6, Niyonzima Olivier 21, Manishimwe Djabel 2, Biramahire Abeddy 7 na Mico Justin 12.

Walias XI: Tasew Jemal (GK, 12), Getaneh Kebede 9, Dawa Hotessa 19, Aschalew Tamene 15, Saladhin Bargicho 5, Abebaw Butako 4, Henok Adugna 17 , Mulualem Mesfen 16, Mesud Mohammed 3 na Samson Tilahun 8, Sani Abubeker 13.

11 ba Ethioipia babanje mu kibuga

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga 

11 ba Ethioipia babanje mu kibuga

11 ba Ethioipia babanje mu kibuga 

Ni umukino watangiye mu mvura n'imbeho mu bafana

Ni umukino watangiye mu mvura n'imbeho mu bafana

Biramahire Abeddy azamukana umupira  mu buryo bugoye

Biramahire Abeddy azamukana umupira  mu buryo bugoye 

Abakinnyi b'amavubi mu minota ya nyuma

Abakinnyi b'amavubi mu minota ya nyuma 

Itike imaze kuboneka

Itike imaze kuboneka 

Abakinnyi bashimira abafana

Abakinnyi bashimira abafana 

Abakinnyi bateruye Antoine Hey Paul

Abakinnyi bateruye Antoine Hey Paul

Abakinnyi bateruye Nzamwita Vincent de Gaule

Abakinnyi bateruye Nzamwita Vincent de Gaule

Antoine Hey Paul intego ye ya mbere yayigezeho

Antoine Hey Paul intego ye ya mbere yayigezeho

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • K6 years ago
    Yes yes yes mwagikoze bahungu ariko mufite akazi imbere abatoza mwakoze gusa muge mubanza muhadjiri apana gusimbura nabonye ariww ushyushya equipe akimara kwinjira bravo Les petits frere mwibukeko 2004 I Tunis hiiii so it's your time guys
  • 6 years ago
    nzamwita yateruwe!!!!!!!!!!!!! Mbega. Iyo foto nyituye abarayons bose
  • Kamikazi6 years ago
    Degaulle c bamuteruyemo iki???Mu minota 90 y'umukino hari ubwo yigeze awukozaho ino??? Ubwo agiye kwiba ferwafa ngaho ngo yakoze???





Inyarwanda BACKGROUND