RFL
Kigali

Ivuriro La confiance rizanye igisubizo ku bantu barwaye indwara z’umutima na kanseri zitandukanye

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:7/11/2017 15:11
0


Mu rwego rwo gufasha abanyarwanda kugira ubuzima buzira umuze, ivuriro la confiance rikorana bya hafi n’ibitaro bya Apollo bikomeye mu gihugu cy’ubuhinde biyemeje kuzana abaganga b’inzobere mu kubaga no kuvura abana bafite uburwayi bw’umutima ndetse no kubaga kanseri zitandukanye



izi kanseri zirimo iy’amabere, urwagashya, amara, umuhogo, ubwonko, prostate n’izindi hakoreshejwe uburyo bwa laprascopic aribwo buryo bwo kuvura kanseri bidasabye kubaga ahubwo bakinjiza akuma kabugenewe mu mubiri kagashiririza igice kirwaye ndetse n’ubwo bita robotic

Ni ukuva tariki ya 8 kugeza tariki ya 9 ugushyingo, bikazabera ku cyicaro cy’iri vuriro kimironko mu gikari cya KCB aho abo baganga ari bo Dr. Ajit Pai, inzobere mu kuvura indwara ya kanseri

ndetse na Dr. Anuradha Sridhar, umuganga w’inzobere mu kuvura no kubaga abana bafite uburwayi bw’umutima

Jobin Jerome, umuyobozi mukuru w’ivuriro la confiance avuga ko intego y’iki gikorwa ari nyinshi zirimo:

Kugabanyiriza abanyarwanda igiciro bajyaga bishyura mu gusuzumwa izi ndwara

Gukurwaho kw’ingendo abarwayi bakoraga bajya mu buhinde gushaka umuganga ubasuzuma gusa

Kubonana n’inzobere mu buryo bworoshye aho hazajya hakoreshwa uburyo bwiswe iyakure hifashishijwe amashusho, ni ukuvuga ko umuganga azajya agusuzuma ndetse amenye ikibazo ufite kandi ari mu buhinde narangiza avuge imiti ukeneye uyihabwe n’abo muri kumwe ariko hamaze kugaragara ikibazo umurwayi afite






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND