RFL
Kigali

Mfitumukiza Jean de la Paix yegukanye igikombe cy’abafite impano mu muziki mu karere ka Rubavu –AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:30/10/2017 13:28
1


Muri iyi minsi mu karere ka Rubavu hari hamaze igihe habera amarushanwa y’urubyiruko rufite impano ya muzika yateguwe na Easy and Possible ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu ndetse na Polisi y’igihugu. Mu mpera z’icyumweru uwitwa Mfitumukiza Jean de la Paix niwe wegukanye intsinzi nyuma yo kugaragaza impano ikomeye.



Aya marushanwa yatangiye abanyempano muri muzika barushanwa mu mirenge yose igize akarere ka Rubavu, nyuma yo kuva mu mirenge abatsinze bakomeje kurushanwa ku rwego rw’akarere hasigara abagombaga guhatana ku munsi wa nyuma w’amarushanwa, wanahembwe mu birori byabereye ahahoze hari ikigo cy’impunzi cya Nkamira ho mu karere ka Rubavu Mfitumukiza Jean de la Paix aza kwegukana igihembo.

Muri ibi birori byabaye mu mvura yo ku wa Gatandatu tariki 28 Ukwakira 2017 Mfitumukiza Jean de la Paix wavuye mu murenge wa Cyanzarwe niwe waje kwegukana igikombe ahita ahembwa ibihembo binyuranye ariko ikingenzi ni uko agomba guhabwa  amasezerano y’imyaka itatu afashwa na Easy and Possible mu bikorwa bya muzika ye banamufasha kwiteza imbere muri muzika.

rubavuMuri ibi birori Polisi y'igihugu yatangiyemo ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Mu gihe uwa kabiri yabaye Hategekimana Jackson wavuye mu murenge wa Mudende uyu akaba yaragenewe ibihembo binyuranye ndetse yemererwa gukorerwa album y’umuziki gusa ariko we akaba ntamasezerano yihariye azagirana na Easy and Possible yanateguye iki gikorwa. Twibukiranye ko muri aya marushanwa hatangirwaga ubutumwa bwo kwirinda inda zitaguwe ndetse n’ibiyobyabwenge mu rubyiruko.

rubavurubavuNubwo imvura yagwaga abafana ba muzika bari benshirubavuMuyoboke Alex (I buryo) na Producer Piano (i bumoso) bari mu kanama nkemurampakarubavuUbwo hatangazwaga abatsinze rubavuMfitumukiza Jean de la Paix ashyikirizwa igihembo nk'uwabaye uwa mbererubavuJean de la Paix na Jackson babaye uwa mbere n'uwa kabirirubavuNubwo byagejeje mu kabwibwi abaturage bari baryohewe n'umuziki






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • pedro someone6 years ago
    Ni byiza ariko njye mu marushanwa yose nabonye ntabwo nari nabona ku giti cyanjye umuhanzi wabizamukiyemo ku buryo bugaragarira wese neza ngo nawe uboneko hari aho yageze heza cyane mu muziki nyarwandwa,nsamwe mutange comments cyakora ndashima ibiganiro bitangwamo ni byiza bifasha abanyarwanda cyane cyane urubyiruko





Inyarwanda BACKGROUND