RFL
Kigali

Charly na Nina bibiwe bikomeye mu mujyi wa Huye

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:28/10/2017 14:16
13


Abantu bataramenyekana bibye ibintu byose byari mu modoka ya Charly na Nina ubwo bari mu mujyi wa Huye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira, 2017 bagiye gutaramirayo.



Aba bahanzi bari bamanutse i Huye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2017 bari bagiye gutaramira abanyeshuri mu ngendo bari gukorana na MTN Rwanda bazenguruka amakaminuza, kuri uyu wa Gatanu hakaba hari hatahiwe Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye. igitaramo cyabereye mu nzu mberabyombi y'akarere ka Huye.

Ubwo bari muri iki gitaramo aba bahanzikazi ngo basoje kuririmba bagiye mu modoka basanga hari abayibakinguriye biba ibintu hafi ya byose basizemo harimo amasakoshe arimo ibyangombwa, amafaranga ndetse n’ibindi bintu nkenerwa abakobwa bitwaza mu ngendo. Usibye ibi ariko aba bajura ngo banibye ama telefone yabo nk'uko tubikesha Muyoboke Alex uyu akaba umujyanama w’aba bakobwa.

Charly na NinaCharly na Nina

Muyoboke Alex aganira na Inyarwanda yagize ati”Batwibye urumva bajya ku rubyiniro basize amasakoshi mu modoka arimo byose n’ama telefone twasanze hashize akanya ibi byakozwe ku buryo muri iryo joro byari bigoye gukurikirana ngo umuntu ahite agaruza ibyibwe ariko ikirego twakigejeje muri Polisi bari gukurikirana ngo abatwibye babashe gufatwa.”

Muyoboke yabwiye Inyarwanda.com ko uwabibye yakinguye imodoka akoresheje ubuhanga mu kwiba cyane ko bari bayifunze. Aba bakobwa bibwe mu gihe no mu minsi ishize bahuye n’umutekamutwe wababeshye akazi mu Bwongereza akabaka ibyangombwa byabo ngo abashakire VISA, akoresha ibyo byangombwa ku mbuga nkoranyambaga zabo asaba abantu amafaranga. 

Charly na Nina

Ariko nanone aba bakobwa n'ubwo bakomeje guhura n’izi nsanganya bari no mu myiteguro ikaze y’igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere ‘Imbaraga’ aho magingo aya byamaze kumenyekana ko bazafatanya na Juliana Kanyomozi mu gitaramo kizabera muri Camp Kigali tariki 1 Ukuboza 2017.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • GASONGO6 years ago
    Aba bakobwa n'injiji bararenzwe bibagirwa gukinga
  • HAHAHA 6 years ago
    Nanjye sinabahereza mbabonye neza
  • musa6 years ago
    Iby'indangare Umwami yarabitanze, iyo bashyiraho bounce uyirinda bakamuhemba se? nubundi nta cya 10% bendaga gutangamo, wenda igisambo niba harimo agatubutse bikazakigeza kure kizibuka aho cyavuye, mwibuke ko nibyari bibambanywe na Yesu uko byabigenje kimwe muribyo
  • Robert6 years ago
    Aba Bakobwa Bahuye Ninsangane Ark Uwabibye Ababarire Abahe Ibyangobwa
  • Kaka6 years ago
    Harya munyibutse? Uriya wigikara ngo afite imyaka mirongwine? ( 40)? Yewe yewe abaye aribyo rero nyamuneka mugemucungira hafi abantu bakuze burya ashobora gutsikira gato akaba agize ubumuga bwaburundu rwose. Yakabaye ubu yirerera abuzukuru rwose akareka gusimbagurika bya hato na hato.
  • gaparata6 years ago
    Aba bakobwa ni injiji byo kugeza ubwo bibagirwa gushyiraho abarinzi ku modoka zabo kd baziko harimo ibintu by'igiciro.Ama kweli, cha mlevi huliwa na mgema. Msiba wa kujitakia hauna kilio.
  • Vanessa6 years ago
    Ni ukubeshya. Mu rwanda namuntu wiba. Ni Igihugu cyamahoro
  • Nkunda Chris 6 years ago
    Pole sana !!! Arko usibye nibyo nigute abastari nkabariya basiga imodoka ntamuntu uyirinze ahhh!!! Ntawamenya
  • cwcyiza emmeritha6 years ago
    nyabune polis nifashe abobakobya gushaka abobajurababibye
  • yv6 years ago
    Woe uvuga NGO ninjiji nawe byakubaho
  • cyiza6 years ago
    na bank igira abarinzi ariko ntibura kwibwa,rero ntakidasanzwe cyabaye,nundi wese yakwibwa Si uguha agaciro uburangare gusa.
  • 6 years ago
    ariko ubwo urabona ukuntu uba utandukiriye kweli??????????????? urinjira muri private life ye ushaka iki? miba afite 40 years se akaba yitunze akaba ageze ahashimishije wowe a ton age ugeze kuki? iry ni ishyari ribikuvugisha
  • honoline 6 years ago
    charly na nina reka mbabwire ngo:pole!!!!!!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND