RFL
Kigali

AMAVUBI: Nizeyimana Mirafa yahamagawe bwa mbere, Songa Isaie yibura ku rutonde rw’abakinnyi 24 bahagaze neza

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/10/2017 6:38
1


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2017 nibwo akanama gashinzwe ibya tekinike muri FERWAFA kahamagaye abakinnyi 24 bagomba kwitegura umukino wa kamarampaka mu rugendo rwo kwitegura imikino ya nyuma ya CHAN 2018.



Ni umukino u Rwanda ruzakina na Ethiopia mu kwezi gutaha ku Ugushyingo 2017 mu rwego gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu gikinwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN 2018), imikino ya nyuma izabera muri Maroc.

U Rwanda rubonye aya mahirwe nyuma y'aho Kenya yamburiwe uburenganzira bwo kwakira iyi mikino bityo bikaba ngombwa ko mu bihugu bya Afurika y'iburasirazuba havamo igihugu kimwe mu byitwaye neza mu guhatanira iyi tike. Tombola y'uko amatsinmda ya ChAN 2017 azaba ahagaze izakorwa kuwa 17 Ugushyingo 2017.

Mu bakinnyi 24 bahamagawe harimo Nizeyimana Mirafa ukina hagati muri Police FC, umukinnyi uhamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu nyuma yo kuba yarakoze akazi gakomeye mu mwaka w’imikino 2016-2017 ntiyitabweho akaba kuri ubu yarebwe n’ababishinzwe bakabona ari muri iyi kipe y’abakinnyi bahagaze neza imbere mu gihugu.

Nizeyimana Mirafa arangije umwaka umwe muri ibiri yasinye muri Police FC

Ibyo yakoze mu mwaka w'imikino 2016-2017, Nizeyimana Mirafa  bimwambukije ikiraro kigana mu Mavubi 

Gusa burya ngo ntabyera ngo de, kuko niba harebwa abakinnyi bahagaze neza mu gihugu mu gice cy’ubusatirizi ntabwo Songa Isaie ufite ibitego byinshi muri shampiyona (4) yakabaye abura muri uru rutonde ahubwo hakazamo abakinnyi  bahusha ibitego buri mikino bakina.

Dore abakinnyi 24 bahamagariwe kwitegura Ethiopia:

Abakina mu izamu:  Ndayishimiye Eric (Rayon Sports FC), Nzarora Marcel (Police FC)  na  Kimenyi Yves (APR FC)

Abakina inyuma: Manzi Thierry (Rayon Sports Fc), Usengimana Faustin (Rayon Sports Fc), Kayumba Soter (AS Kigali), Ndayishimiye Celestin (Police Fc), Iradukunda Eric (AS Kigali), Herve Rugwiro (APR Fc), Rutanga Eric (Rayon Sports Fc) na  Nyandwi Sadam (Rayon Sports Fc)

Abakina hagati: Bizimana Djihad (APR Fc), Mukunzi Yannick (Rayon Sports Fc), Niyonzima Olivier (Rayon Sports Fc), Hakizimana Muhadjiri (APR Fc), Nshimiyimana Amran (APR Fc), Niyonzima Ally (AS Kigali) na Nizeyimana Mirafa (Police Fc).

Abataha izamu: Mico Justin (Police Fc), Imanishimwe Djabel (Rayon Sports Fc), Biramahire Abeddy (Police Fc), Nshuti Innocent (APR Fc), Nizeyimana Djuma (SC Kiyovu) na  Sekamana Maxime (APR FC).

Image result for nizeyimana djuma

Nizeyimana Djuma wa Kiyovu Sport yibonye mu Mavubi makuru nyuma yo kwitwara neza 

Image result for Hakizimana Muhadjili   inyarwanda

N'ubwo arwaye, Hakizimana Muhadjili yagarutse mu Mavubi

Ndayishimiye Celestin nta kibazo yari afite cyo kubha yazamuka

Nyuma ya 2016, Ndayishimiye Celestin bita Celacia yagarutse mu Mavubi

Songa Isaie yagoye abugarira b'Amagaju FC

Songa Isaie ufite ibitego bine mu mikino ine ntaboneka muri ba rutahizamu bahagaze neza

Image result for Sekamana Maxime

Sekamana Maxime ari mu bakinnyi 24 bahagaze neza 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Genesis6 years ago
    Where is Manganese and ombolenga?





Inyarwanda BACKGROUND