Ikipe y’ igihugu y’u Rwanda ya Volleyball yasezerewe na Misiri mu mukino wa kimwe cya kane cy’irangiza nyuma yo gutsindwa amaseti 3-0 (2514, 25-18 na 25-14) mu ijoro ryo muri uyu wa Kane i Cairo mu Misiri.
U Rwanda rwatangiye iseti ya mbere rutarinjira mu mukino neza, kuko Misiri yabahaye akazi gakomeye biciye muri serivise zikomeye z’abakinnyi nka Ahmed Salah na Abdallah Abdelsalam, hakiyongeraho na ‘Blocks’ abanya Misiri bakoraga birangira begukanye iseti ku manota 25 kuri 14 y’ u Rwanda.
Ibintu byaje guhinduka mu iseti ya kabiri, aho u Rwanda rwatangiye ruri hejuru ndetse ruyobora n’umukino ku manota 8 kuri 6 ya Misiri mbere yo kujya mu karuhuko gategetswe ka mbere. Yves Mutabazi yagoye Misiri cyane muri iyi seti, biciye muri ‘Attack’ ze ndetse na ‘ ‘block’ ya bagenzi be yari imeze neza, baza no kugeza amanota 9 kuri 7 ya Misiri.
Misiri yongeje ingufu baza gufata u Rwanda ku manota 10 ku 10. Umutoza wa Misiri Marcos Miranda yasabye abasore be kongeza ingufu biza no gukundira iyi kipe ya mbere muri Afurika kujya mu karuhuko gategetswe ka kabiri, bari imbere n’ amanota 16 kuri 11 y’u Rwanda.
Umutoza w’u Rwanda Paul Bitok, nawe ntiyicaye kuko yagiye akora impinduka zitandukanye, aho yifashishaga cyane Nelson Murangwa ngo afashe Yakan Laurence wacungirwaga hafi mu kwataka, ariko birangira Misiri yegukanye iyi seti ya kabiri biyushye akuya, ku manota 25 kuri 18 y’u Rwanda.
Mu iseti ya gatatu u Rwanda rwatangiye rufite ingufu ruza no kujya mu karuhuko gategetswe ka mbere n’ amanota 6 ku 8 ya Misiri.Gusa iyi kipe yari imbere y’ abafana bayo (Misiri), yazamuye ingufu bakora ‘ blocks’ na serivise zikomeye bajya no mu karuhuko gategetswe ka kabiri, bayoboye n’ amanota 16 kuri 11 y’ u Rwanda.
Misiri yaje no kwegukana n’ iyi seti ya gatatu, ku manota 25 kuri 14, yanabahesheje intsinzi bidasubirwaho, yanaberekeje muri 1/2. Ikipe y’igihugu y’u Rwanda irakurikizaho guhatanira kuva Ku mwanya wa gatanu kugeza Kuwa munani (5-8), aho bahatana na Libya kuri uyu wa Gatanu Ku isaha ya saa cyenda z’ amanywa (15h00).
U Rwanda na Misiri
Aya makipe yombi akaba aherutse no gukina umukino wa gicuti mbere gato yuko iri rushanwa ry’ igikombe cya Afurika ritangira.
Uko imikino yose iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu
Imikino ya 1/2
19:00 Algeria v Tunisia
21:00 Egypt v Cameroon
(Atatu muri aya niyo azabona itike y’igikombe cy’ isi)
Guhatanira kuva Ku mwanya wa 5 – 8
15:00 Rwanda v Libya
17:00 Congo RDC v Morocco
Guhatanira kuva Ku mwanya wa 9 – 12
16:00 Chad v Kenya
18:00 Botswana v Ghana
Guhatanira kuva Ku mwanya wa 13 – 16
14:00 Niger v Nigeria
Abafana ba Misiri
Ikipe y'igihugu ya Misiri yageze mu mikino ya 1/2 inyagiye u Rwanda
Source: FRVB
TANGA IGITECYEREZO