RFL
Kigali

Ikiganiro na Rick Hilton uhamya ko arembye nyuma yo kubengwa n’umufasha wa Safi, arasaba imbabazi

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:17/10/2017 15:37
15


Muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga nta yindi nkuru yavugwaga usibye inkuru z’umuzungu uhamya ko yarakajwe by’indengakamere no kuba uwahoze ari umukunzi we Judith Niyonizeye yaramubenze akaba yararongowe n’undi mugabo ari we Safi Niyibikora wamamaye mu itsinda rya Urban Boys.



Usibye kubabara, uyu muzungu wo muri Canada yatangiye gushyira hanze amabanga yose na Judith kugeza ubwo ashyize hanze amafoto ye yambaye imyenda y’imbere ndetse n’ibiganiro bagiranye mu rwego rwo kugaragaza ko bakundanaga. Ibi byatumye Inyarwanda ishakisha uko yabona nimero z’uyu muzungu ngo tumubaze byinshi kuri ibi ari gutangaza. Mu kiganiro na Inyarwanda.com, hifashishijwe Whatsapp kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2017 Rick Hilton yaboneyeho gusaba imbabazi Judith n’umugabo we Safi ndetse asaba imbabazi buri wese wamenye aya makuru.

Rick Hilton yasabye imbabazi atangaza ko ibyabaye byose byatewe n’agahinda kuko yakundaga uyu mugore wa Safi Madiba, atangaza ko ibyo yakoze byose yabikoze abitewe n’uburakari ndetse n’agahinda kuko atigeze amenya ko inkumi yakundaga bikomeye hari undi musore ikunda noneho bakaza no gukora ubukwe atabizi.

Uyu mugabo wo muri Canada yongeyeho ko Judith atigeze amwiba nkuko yabivuze bwa mbere, aha yivuguruje avuga ko yamugurije kandi mu byukuri ngo Judith Niyonizeye yamwemereye ko azamusubiza aya mafaranga ndetse yongeraho ko bavuganye akamusaba imbabazi z'ibyo yamukoreye byose undi nawe akamwerera kumusubiza amafaranga ye.

Rick Hilton yabwiye Inyarwanda.com ko usibye amafaranga amufitiye nta kindi amwishyuza ahubwo we yicuza kuba yararakaye kugeza kuri uru rwego, aha akaba yatangaje ko atigeze yibuka ko nubwo bakundanaga ariko batigeze basezerana gusa akicuza ibyo yakoze byose abitewe n'uburakari. Yakomeje atangariza Inyarwanda.com ko kuri ubu atameze neza kuko ngo arwaye bikomeye cyane, akaba ari gususumira ndetse n'amaso ye akaba atabona neza bitewe n'amarira ari kurira, gusa ashimira abana be n’inshuti ze zimuri hafi muri ibi bihe bikomeye.

Safi MadibaSafi Madiba yambitse impeta Judith Niyonizeye

Yabajijwe na Inyarwanda.com niba yizeye gusubizwa aya mafaranga abwira umunyamakuru ko abyizeye, gusa mu magambo ye uyu mugabo bigaragara ko anakuze yakomeje gusaba imbabazi buri wese wamenye aya makuru, abanyarwanda ndetse n’abanya Canada muri rusange. Yasoje ikiganiro yagiranye na Inyarwanda.com yicuza ibyo yakoze atangaza ko atewe ikimwaro n’ibyo yakoze bitamwubahisha ndetse bitubahisha umubyeyi we kimwe na buri wese umuzi.

Ku bijyanye n’umubare w’amafaranga yishyuza Judith, Hilton yabwiye Inyarwanda.com ko atayavuga mu itangazamakuru cyane ko ntaho byaba bitaniye n'ibyo yakoze mbere icyakora avuga ko we na Judith babivuganyeho kandi bemeranyije ko azayamwishyura kandi abyizeye. Ikindi uyu mugabo yatangaje ni uko atari azi ko umugabo wa ari icyamamare ku buryo ibyo yakoze byatera ibibazo nk'ibingibi. Tumubwiye ko Safi ari icyamamare mu Rwanda yatangaje ko nta kintu yari abiziho.

Ku ruhande rwa Niyonizeye Judith we twashatse kuvugana nawe ntibyadukundira, icyakora Safi Madiba umugabo we tumubajije niba mu by'ukuri hari icyo azi ku by'uyu mugabo n’umufasha we, yabwiye Inyarwanda.com ko icyo azi ari uko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukwakira 2017 Hilton yavuganye na Judith kandi yamusabye imbabazi kandi ku bwabo ibibazo bakaba babirangije.

 Safi MadibaSafi MadibaSafi MadibaSafi MadibaNgayo nguko dore ikiganiro twagiranye na Rick Hilton






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ingabire nadine6 years ago
    kuva nabona iyi nkuru navuze ko Judith ataciye inka amabere, ayo madorali amushinja ibihumbi 10 si ubusa ariko sinamenshi kuburyo uwo Rick yacitse ururondogoro.ikosa rya Judith ni iko atabashije kumubwiza ukuli ko ashaka umugabo wo mu myaka ye .wenda yabiteganyaga kuzamubwiza ukuli akamusaba imbabazi simbizi.naho ibihumbi 10by amadorari niba atari umukobwa w umunebwe ashobora gukora akaba ayafite rwose
  • Happy6 years ago
    Sureba ahubwo,yihangane bibaho
  • mico6 years ago
    yewe uwo mukobwa nubundi ubona hari ibindi bikiri inyuma ahisha, ubona atisanzura nku mugeni
  • Oly6 years ago
    Gukina n'umutima w'umuntu bigeze kururu rwego! Ntimugashyigikire amafuti mwabanyarda mwe!! Iyamubwira byari kwanga atarinze kujya kwandagara. Harimo n,ubuturage.
  • patrick6 years ago
    mico uvuze ukuri uyumukobwa mwiege nibindi bizaza vuba kuko narabivuzeko adashimishijwe nubukwe ahubwo yibereye ahandi hano kandi hamuteyubwoba ashobora kuba yarakoze ibinyanga byinshi
  • 6 years ago
    Ingabire Nadine sinzi aho utuye ariko niba ari muri birya bihugu uzi ukuntu abasaza baho bakunda cyane kandi kurusha abakiri bato buriya rero disi yumvaga ari nk'Imana ye pe .gusa uyu mugore yarahemutse koko iyo amwegera akabimwumvisha ahubwo yari kumuha nibereze, none uko mbibona disi uyu musaza agiye guhita ajya muri za maison d'aceuil niko bamera rwose.
  • Kankindi6 years ago
    Ayiweeeee!!!!Uwampa umugabo unkunda bene aka kageni!!Ubanza no kumupfukamira najya mupfukami kbsa!!Mfite imyaka 42!!!
  • aline6 years ago
    mwampaye adress za Rick
  • Louise6 years ago
    Uyu mugore Judith numuturage kabisa ahubwo iyi yigumirakumuzungu yari kuzisazira neza we mubyukuri yariziko azakomeza gukina ababagabo boseakagumya kwibonera ifaranga ariko siko byagenze umuzungu yabivuze byose kandi ntahandi azongera kuyakura bagiyegushwana na safi bapfa ifaranga ridahagije mumisi izaza murindire yarihemukiye iyo yigumanira numuzungu cg se akaba yarafite umwana babyaranye byari kuba byiza ntamwana ayatayemo rwose aruhukire mu Rwanda .
  • 6 years ago
    uyu fite 42ans natange phone number yiwe
  • 6 years ago
    azashakeundi abakobwa bose nibamwe mumikundireyabo
  • 1236 years ago
    He is a very good man.
  • PearlG6 years ago
    Ubanza hakenewe ishuri ryibutsa abantu ko umutima w'umuntu atari umupira bakinisha. This is so absurd.
  • 6 years ago
    sha mwe mwese mwifuza abagabo nkabo rere Judith yaneye mu mateke ubu uwaza wese ntacyo yakwibonera bamufata nka yudita nyine bakobwa bacu ndabizi abazungu ntibadukunda ariko hari abakunda surtout iyo bakuze ariko ndabinginze ntimugaheshe igihugu cyacu isura mbi ejo tutazaba nkaba Nigeria
  • yvan6 years ago
    sha nibyo rwose iyo yigumira ku musaza , barakunda byukuri ureke abagabo bakiri bato bazi kandi ko aribeza baragutesa ukicuza impamvu wamusanze. njye mfite umugabo twakundanye bitavuga ariko nyuma y'imyaka yatangiye kumbona nkamabyi akanabinyereka kuburyo sinshobora gukandagira mu modoka ye iyo nyigiyemo aranshyurira ariko inkumi ziyihoramo, ngiye kuzicwa nagahinda ku buryo iyo umuntu yakongera agasubira mu bwana nazishakira igisaza kinkunda





Inyarwanda BACKGROUND