RFL
Kigali

Seninga yasobanuye icyamufashije gutsinda Mukura VS- AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:14/10/2017 7:12
0


Seninga Innocent umutoza mukuru w’ikipe ya Police FC avuga ko ikipe ya Mukura Voctory Sport yabanje kumugora cyane mu gice cya mbere. Gusa ngo gufata umwanya agasoma umukino neza byamuhaye ishusho yo kumenya uko yasimbuza binatanga umusaruro w’ibitego 2-1.



Songa Isaie (62’) ni we wafunguye amazamu mbere yuko Mico Justin atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 72’. Igitego cy’impozamarira cya Mukura Victory Sport cyatsinzwe na Nshimiyimana David ku munota wa 79’.

Aganira n’abanyamakuru, Seninga yavuze ko ubwo yabonaga Mukura isa naho ishaka kumutsinda igitego yafashe umwanya asoma umukino ahita asimbuza abantu babiri mu buryo bukurikiranye bityo aratsinda.

“Mukura ni ikipe ntarinzi neza ntitwari tuzi uburyo kuko yariyubatse. Ifite umutoza mushya kandi mwiza uzi icyo gukora n’abakinnyi beza batandukanye. Byatugoye mu gice cya mbere kugira ngo tube twabasha gusoma umukino. Ariko nyuma yaho twafashe umwanya turawukurikirana neza mwabonye ko mu gice cya kabiri twasimbuje mu buryo bw’amayeri kugira ngo dutsinde uyu mukino”. Seninga Innocent

KANDA HANO WUMVE UNAREBE IKIGANIRO SENINGA YAGIRANYE N'ABANYAMAKURU

Mu gusimbuza, Usabimana Olivier yahaye umwanya Biramahire Abeddy mu gihe Manishimwe Yves yasimbuwe na Mwizerwa Amin watanze imipira ibiri yabyaye ibitego. Ngendahimana Eric yasimbuye Mico Justin. Ku ruhande rwa Mukura Victory Sport, Haringingo Francis yakuyemo Hakizimana Kevin amusimbuza Kwizera Tresor, Samba Cedric aha umwanya Habihirwe Arstide naho Bukuru Christophe aha umwanya Nkomezi Alexis baguze muri AS Kigali.

Seninga avuga ko kandi amanota atatu yakuye kuri Mukura Victory Sport ari intsinzi ishimishije haba kuri we nk’umutoza, abakinnyi n’abayobozi b’ikipe ya Police FC. “Navuga ko ni intsinzi kuri njyewe yo kwishimira cyane. Atari nanjye gusa n’abakinnyi ndabona bishimye n’abayobozi muri rusange barishimye kuri aya manota atatu. Umukino wa mbere ntitwabashije kuwutsinda, uwa kabiri tubijemo neza nubwo byabanje kutugora”. Seninga

Bitewe n’uburyo Mukura Victory Sport yari iri hejuru mu gice cya mbere, iyi kipe yambara umuhondo n’umukara yarangije iminota 45’ imaze gutera koruneri imwe (1) mu gihe Police FC itari ifite n’imwe ahubwo yari imaze gukora amakosa atandatu (6) yatumye Mukura itera imipira itandatu (6) iteretse.

Muri iyo minota Mukura yakoze amakosa atanu (5) yatumye Police FC itera iyo mipira iteretse. Muri aya makosa Police FC yakoze mu gice cya mbere ni ho haturutse ikarita y’umuhondo yahawe Nizeyimana Mirafa ku munota wa 43’ azira gutega Rachid Mutebi. Muri uyu mukino kandi ni bwo Songa Isaie yabonye ikarita y’umuhondo.

Umuntu agereranyije n’abakinnyi Seninga Innocent yitabaje ku mukino yatsinzwemo na Etincelles FC, yari yakoze impinduka nyinshi ahanini zatewe no kuba abakinnyi yari asanzwe akoresha bari bafite ibibazo by’imvune. Nsengiyumva Moustapha na Iradukunda Jean Bertrand ntibari i Huye kubera ibibazo bito bafite.

Mu bakinnyi 18 Seninga yari afite ku mukino wa Mukura, yaje kugIra ikibazo cya Mushimiyimana Mohammed waje gutsikira akagira ikibazo hafi y’ivi bityo ava mu mubare w’abakinnyi bari gukina kuko yari muri 11 aza kumusiba ashyiramo Nzabanita David nawe utitwaye nabi.

Ibura rya Iradukunda Jean Bertrand ryatanze amahirwe kuri Manishimwe Yves wakinaga aca ku ruhande rw’iburyo ari nako Usabimana Olivier aca ibumoso ahasanzwe haca Nsengiyumva Moustapha. Ibura rya Munezero Fiston ryatanze umwanya kuri Habimana Hussein wafatanyije na Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi bityo inyuma ahana iburyo haca Ishimwe Issa Zappy mu mwanya wa Mpozembizi Mohammed ufite ikibazo mu itako.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Mukura VS XI: Rwabugiri Omar (GK, 1), Zagabe Jean Claude (C-15), Manirareba Ambroise 6, David Nshimiyimana 16, Iragire Saidi 3, Bukuru Christophe 14, Ndayegamiye Abou 17, Duhayindavyi Gael 8, Hakizimana Kevin 9, Mutebi Rachid 10 na Samba Cedric 2.

Police FC XI: Nzarora Marcel (GK, 18), Ishimwe Issa Zappy 26, Ndayishimiye Celestin 3, Habimana Hussein 20, Twagizimana Fabrice (6-C), Nizeyimana Mirafa 4, Nzabanita David 16, Manishimwe Yves 22, Usabimana Olivier 19, Mico Justin 8 na Songa Isaie 9.

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Mico Justin yari agiye gukina umukino we wa mbere

Mico Justin yari agiye gukina umukino we wa mbere

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

11 ba Mukura Victory Sport

11 ba Mukura Victory Sport babanje mu kibuga

11 ba Police FC

11 ba Police FC babanje mu kibuga cya sitade Huye 

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Ndikumana Patrick wakiniye Amavubi U20

Ndikumana Patrick wakiniye Amavubi U20  ubu ni umukinnyi wa Mukura VS

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC  yari yabanjemo Nzarora Marcel

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC yari yabanjemo Nzarora Marcel

Myugariro Muhinda Bryan (ibumoso) n'umunyezamu Bwanakweli Emmanuel (Iburyo)

Myugariro Muhinda Bryan (ibumoso) n'umunyezamu Bwanakweli Emmanuel (Iburyo)

Seninga Innocent mbere gato y'umukino

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Eric Ngendahimana (ibumoso) na Mushimiyimana Mohammed (iburyo)

Eric Ngendahimana (ibumoso) na Mushimiyimana Mohammed (iburyo) 

Ndayegamiye Abou 17 wa Mukura Victory Sport agorana na Mico Justin

Ndayegamiye Abou 17 wa Mukura Victory Sport agorana na Mico Justin

Ikipe y'abato ba Mukura Victory Sport

Ikipe y'abato ba Mukura Victory Sport

Nzabanita David anigwa

Nzabanita David anigwa 

Usabimana Olivier agorana na Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport

Usabimana Olivier

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport

Usabimana Olivier agorana na Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport yahuye n'akazi katoroshye

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura Victory Sport yahuye n'akazi katoroshye

Iragire Saidi mu kirere ashaka umupira

Iragire Saidi mu kirere ashaka umupira

Ndayishimiye Celestin acenga ikipe yahize akinira

Ndayishimiye Celestin acenga ikipe yahoze akinira 

Nizeyimana Mirafa imbere ya Manirareba Ambroise (6)

Manishimwe Yves 22 imbere ya Manirareba Ambroise (6)

Abakinnyi ba Police FC bahabwa amabwiriza

Abakinnyi ba Police FC bahabwa amabwiriza 

Nkomezi Alex yabanhje hanze ajya mu kibuga asimbura

Nkomezi Alex yabanje hanze ajya mu kibuga asimbura Bukura Christophe mu gice cya kabiri

Nkomezi Alexis hagati mu kibuga ha Mukura VS

Nkomezi Alexis hagati mu kibuga ha Mukura VS

Nizeyimana Mirafa ashaka inzira hagati y'abakinnyi ba Mukura VS

Nizeyimana Mirafa ashaka inzira hagati y'abakinnyi ba Mukura VS

Usabimana Olivier  yaje kugira ikibazo ava mu kibuga asimbuwe na Biramahire Abeddy

Usabimana Olivier  yaje kugira ikibazo ava mu kibuga asimbuwe na Biramahire Abeddy

Haringingo Francis umutoza mukuru wa Mukura Victory Sport

Haringingo Francis umutoza mukuru wa Mukura Victory Sport

Mushimiyimana Mohammed yari muri 11 avamo nyuma y'imvune yagize

Mushimiyimana Mohammed yari muri 11 avamo nyuma y'imvune yagize 

Eric Ngendahimana (ubanza ibumoso) yaje kujya mu kibuga asimbura Mico Justin

Eric Ngendahimana (ubanza ibumoso) yaje kujya mu kibuga asimbura Mico Justin

Abayobozi mu nzego zitandukanye za polisi y'igihugu

Abayobozi mu nzego zitandukanye za polisi y'igihugu

Abafana ba Mukura VS bari bagerageje kuza

Abafana ba Mukura VS bari bagerageje kuza 

Muvandimwe JMV ntiyakinnye kuko Ndayishimiye Celestin basangiye umwanya yari ahagaze neza

Muvandimwe JMV ntiyakinnye kuko Ndayishimiye Celestin basangiye umwanya yari ahagaze neza

Niyintuze Jean Paul aganira na Muhinda Bryan

Niyintuze Jean Paul ushinzwe tekinike muri Police FC aganira na Muhinda Bryan 

Songa Isaie yafunguye amazamu ku munota wa 62'

Songa Isaie yafunguye amazamu ku munota wa 62'

Manirareba Ambroise (6) ukina inyuma ahagana ibumoso muri Mukura Victory Sport amaze kurya ibitego 2

Manirareba Ambroise (6) ukina inyuma ahagana ibumoso muri Mukura Victory Sport amaze kurya ibitego 2

Biramahire Abeddy ashaka igitego

Biramahire Abeddy ashaka igitego

Biramahire Abeddy

Biramahire Abeddy

Ni umukino baje kongeraho iminota itandatu (6')

Ni umukino baje kongeraho iminota itandatu (6')

Intsinzi iraryoha

Intsinzi iraryoha

Mico Justin yishimira igitego

Mico Justin yishimira igitego

Mbere yuko batera coup franc

Mbere yuko batera coup franc

Hakizimana Louis wari uyoboye umukino yihanije Muvandimwe JMV kuko ngo yishyushyaga akandagira mu murongo w'ikibuga

Hakizimana Louis wari uyoboye umukino yihanije Muvandimwe JMV kuko ngo yishyushyaga akandagira mu murongo w'ikibuga

Manirareba Ambroise (6) yugarira uruhande rwe rw'ibumoso acunze Songa Isaie (9)

Manirareba Ambroise (6) yugarira uruhande rwe rw'ibumoso acunze Songa Isaie (9)

Abafana ba Mukura VS bari bumiwe

Abafana ba Mukura VS bari bumiwe 

Umusifuzi yerekana ko habayeho kurarira

Umusifuzi yerekana ko habayeho kurarira

Nzabanita David  azamukana umupira

Nzabanita David  azamukana umupira

Rwabugiri Omar umunyezamu wa Mukura Victory Sports bakuye muri FC Musanze ubwo yari amaze kurya ibitego 2

Rwabugiri Omar umunyezamu wa Mukura Victory Sports bakuye muri FC Musanze ubwo yari amaze kurya ibitego 2

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Police FC

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Songa Isaie yishimira igitego yatsinze

Songa IsaieSonga Isaie yishimira igitego yatsinze 

Ubwo Mwizerwa Amin yinjiraga mu kibuga

Ubwo Mwizerwa Amin yinjiraga mu kibuga

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC yishimira intsinzi

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC yishimira intsinzi

Dore uko amakipe akurikirana

Uko amakipe akurikirana

Imikino iteganyijwe:

Kuwa Gatandatu tariki 14 Ukwakira 2017

-FC Marines vs APR FC (Stade Umuganda, 15h30’)

-Espoir FC vs Etincelles FC (Rusizi, 15h30’)

-AS Kigali vs Miroplast (Stade de Kigali, 15h30’)

-Sunrise FC vs Gicumbi FC (Nyagatare, 15h30’)

-Amagaju FC vs Kirehe FC (Nyagisenyi, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 15 Ukwakira 2017

-Rayon Sports vs SC Kiyovu (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Musanze vs Bugesera FC (Ubworoherane, 15h30’) 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND