RFL
Kigali

Jimmy Mulisa abona ko FERWAFA ifata imyanzuro ibogamye

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/09/2017 13:41
3


Jimmy Mulisa umutoza mukuru w’ikipe ya APR FC avuga ko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) iyo habaye ikibazo babogamira ku ruhande rumwe bitwaje ngo hatagira ikipe iva muri shampiyona.



Ibi yabitangarije abanyamakuru nyuma y’iminota 27’ APR FC yakinnyemo na Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeli 2017 hasozwa umukino watangiriye i Rubavu hagakinwa iminota 63’ mbere yuko umuriro ubura. Ubwo umunyamakuru yari amubajije isomo akuye mu kuba atsinzwe inshuro ebyiri ku mikino y’ibikombe, agatsindwa na Rayon Sports umukeba w’ibihe byose, Jimmy Mulisa yatangiye avuga ko isomo arikuye kuri FERWAFA.

“Isomo binsigiye ngira ngo navuga yuko ni ku kigo cya FERWAFA. FERWAFA nk’ikigo, ibi nabyo bigaragaza ko ubudahangarwa bwabo budakomeye. Hari ahantu bigera ugasanga bafashe umwanzuro kugira ngo bafashe ikipe imwe ngo nuko yazava muri shampiyona ugasanga bimeze gutya na gutya”. Jimmy Mulisa

Mulisa kandi avuga ko kuba FERWAFA hari imyanzuro ishyiraho umukono hadakurikijwe amategeko nabyo biteye ikibazo kuko ibyabaye ku mukino wa Super Cup 2017 bishobora no kuzaba muri shampiyona nyamara nta tegeko ribirebaho.

“Uyu munsi ugasanga ntabwo bakurikije amategeko. Uyu munsi ujya kumva ngo tugiye gukurikiza amategeko ya FERWAFA, ejo bundi ukumva ngo tugiye gukurikiza amategeko ya FIFA. Njyewe numva ibyo byose nka FERWAFA iyobora umupira igomba kubikemura wasanga nk’ibi byabaye bishobora kongera kubaho muri shampiyona”. Jimmy Mulisa.

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC avuga ko byaba byiza amategeko agiye ajyaho mbere

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC avuga ko byaba byiza amategeko agiye ajyaho mbere

Jimmy Mulisa kandi avuga ko n’uburyo Rayon Sports yahawe igikombe cy’Agaciro Development hitabajwe tombola atari ibintu abantu bashima ahubwo ko hakagiye hashyirwaho amategeko akaba ari aho abantu bayazi nyuma haba ikibazo akubahirizwa.

Ikipe ya APR FC yatsinzwe igitego 1-0 ku mukino wasozaga irushanwa ry’Agaciro nyuma iza gutombola nabi bageze ku gikombe kuko banganyaga amanota na Rayon Sports. APR kandi yongeye gutsindwa na Rayon Sports ibitego 2-0 mu mukino wa Super Cup 2017 bayitwara igikombe.

Ikipe ya APR FC yasoje ku mwanya wa Gatatu (3) muri shampiyona 2016-2017, kuri ubu iratangira iya 2017-2018 kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Nzeli 2017 ikina na Sunrise FC kuri sitade ya Kigali saa cyenda n’igice (15h30’). Rayon Sports izakira AS Kigali ku Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2017 kuri sitade ya Kigali saa cyenda n'igice (15h30').

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • runyambo alexis 6 years ago
    Mulisa ajya abanza asome amategeko agenga irushanwa agiye gukina . Agaciro cup wagiye gukina ubizi none na super cup ngobabogamye . rero ugomba kuba umu sportif ureke kwirigwa ubeshya ngo rayon barayibera
  • uwase keza6 years ago
    yewe twateye imbere mubindi ariko muri sport turi inyuma peee APR komeze intabwe tukuri inyuma
  • Kwizera valens6 years ago
    Ayi nyaaaa!, urirukanwa ayo wigira yose, nonese FERWAFA niyo yatumye baguhondagura ibitsindo 2byose muminota 63 I Gisenyi da?, nonese FERWAFA niyo yakubujije kumanaginga dicipline y'abakinnyi bawe ngenderwaho bahabwa rouge kuri buri match ikomeye?, uri kwiha impamvu zidafatika, ntushoboye byose birigaragaza ,,nibayihe Masudi urebe ibyo akora





Inyarwanda BACKGROUND