Uyu muherwe yari mu nama yabereye mu cyumba cy’ikigo cy’abanyamategeko Shearman and Sterling LLC, yitabirwa n’abashoramari batandukanye n’abahagarariye ibihugu byabo. Dangote w’imyaka 60 ugeze ku mutungo wa miliyari $13.1 yari kumwe na Perezida Paul Kagame, baganira ku mahirwe n’imbogamizi umugabane wa Afurika ugenda uhura nazo.
“Nta kintu na kimwe cyakwitirirwa Afurika mu bijyanye na ruswa.” Aya ni amagambo yatangajwe na Perezida Kagame aho yagaragazaga ko ruswa atari umwihariko wa Afurika. Muri icyo kiganiro, Dangote yakomoje ku bukungu bwa Nigeria avuga ko gikwiye gukomeza gusenga ngo igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli kigume hasi kuko bituma igihugu kitiringira gusa amafaranga kizavana muri iyo mitungo kamere.
Umuherwe Aliko Dangote
TANGA IGITECYEREZO