RFL
Kigali

Rayon Sports yatsinze Police FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/09/2017 21:16
0


Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0 mu mukino wabo wa mbere mu irushanwa ry’Agaciro Development Fund, igitego cyatsinzwe na Mugabo Gabriel ku munota wa 74’ w’umukino waberaga kuri sitade Amahoro.



Ni igitego cyabonetse nyuma yo kuba Rayon Sports yari imaze igihe ishakisha amahirwe imbere y'izamu rya Police FC. Byaje kurangira abakinnyi ba Police FC basubiye inyuma bikanga ubwugarizi bwa Rayon Sports bwabagezeho, abakinnyi bajemo na Mugabo Gabriel wabatsinze igitego cy'intsinzi.

Mu gusimbuza, Karekezi Olivier utoza Rayon Sports yakuyemo Nahimana Shassir ashyiramo Muhire Kevin, Nova Bayama asimburwa na Tidiane Kone. Manzi Thierry watsinze igitego yahaboneye ikarita y'umuhondo.

Karekezi wari ufite Bimenyimana Bonfils Caleb ugerageza kugonga ubwugarizi bwa Police FC, yaje kubungukiramo kuko ubufatanye bwa Munezero Fiston na Twagizimana Fabrice byagaragaye ko butararyoha ijana ku ijana kuko bagiye bisanga basigaye ari naho Nzarora Marcel yagiriye ikibazo cyo kwitanga akagongana na Bimenyimana. Nzarora Marcel yaje kuva mu kibuga asimburwa na Bwanakweli Emmanuel wahise yinjizwa igitego ku munota wa 74'.

Ku ruhande rwa Police FC, Iradukunda Jean Bertrand yasimbuwe na Biramahire Abeddy, Songa Isaie asimburwa na Manishimwe Yves, Usabimana Olivier asimbura Nsengiyumva Moustapha naho Mushimiyimana Mohammed wari ufite misiyo yo gufata Yannick Mukunzi asimburwa na Nzabanita David.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK-C), Manzi Thierry, Yannick Mukunzi, Mugabo Gabriel, Kwizera Pierrot, Ndacyayisenga Jean d’Amour, Bimenyimana Bonfils, Nahimana Shassir, Eric Rutanga, Nova Bayama na Manishimwe Djabel.

Police FC XI: Nzarora Marcel (GK), Ngendahimana Eric, Iradukunda Jean Bertrand, Nizeyimana Mirafa, Twagizimana Fabrice (C),  Munezero Fiston, Mpozembizi Mohammed, Mushimiyimana Mohammed, Ndayishimiye Celestin.

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

11 ba Police FC babanje mu kibuga

11 ba Police FC babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC 

Karekezi Olivier  n'abamwungirije muri Rayon Sports

Karekezi Olivier n'abamwungirije muri Rayon Sports

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Yannick Mukunzi umukinnyi mushya cyane muri Rayon Sports

Yannick Mukunzi umukinnyi mushya cyane muri Rayon Sports

Claude Kwizigira na Rugangura Axel bogeza umukino

Claude Kwizigira na Rugangura Axel bogeza umukino

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Yannick Mukunzi ku mupira hagati mu kibuga

Yannick Mukunzi ku mupira hagati mu kibuga

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira ariko anacunzwe na Mugabo Gabriel bahoranye

Nsengiyumva Moustapha yahoze muri Rayon Sports

Nsengiyumva Moustapha yahoze muri Rayon Sports

Kwizera Pierrot atembereza umupira hagati mu kibuga

Kwizera Pierrot atembereza umupira hagati mu kibuga

Bwanakweli  Emmanuel ategurwa mbere yuko asimbura Nzarora Marcel wagize ikibazo

Bwanakweli Emmanuel ategurwa mbere yuko asimbura Nzarora Marcel wagize ikibazo

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyatsinzwe na Mugabo Gabriel wahoze mu bwugarizi bwa Police FC

Nyandwi Saddam (ibumoso), Muhire Kevin (hagati) na Niyonzima Olivier (Iburyo) bishyushya

Nyandwi Saddam (ibumoso), Muhire Kevin (hagati) na Niyonzima Olivier (Iburyo) bishyushya

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND