RFL
Kigali

Mbere yo gusubira i Burayi Kitoko yasuye abana bafite ubumuga bwo kutabona–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/08/2017 16:15
8


Kitoko Bibarwa yasuye Jordan Foundation, umuryango wita ku bana bafite ubumuga bwo kutabona, yiyemeza kubakorera ubuvugizi ndetse anabashyikiriza bimwe mu byo yari yitwaje birimo ibiribwa n’ibindi nkenerwa bya buri munsi.



Iki gikorwa Kitoko yagikoze kuri iki cyumweru tariki 20 Kanama 2017, ubwo yasuraga aba bana uko ari 20 bahuriye muri uyu muryango wa Jordan Foundation. Nyuma yo gusangira nabo Fanta ndetse bakaganira, aba bana ngo bafashe umwanya bavugira umuvugo Kitoko ku bwe ngo atazigera yibagirwa.

kitokoKitoko na Vanessa (washinze iki kigo) bifotozanya naba bana

Aha aganira n’umunyamakuru wa Inyarwanda Kitoko yagize ati”Urumva abana nabasuye kuko harimo umwe nziranye n’ababyeyi be bambwiye numvise uko ubuzima babayemo bumeze niyemeza kubasura nanjye tugasangira Fanta, mu gihe nahamaze abana bamvugiye umuvugo ntazigera nibagirwa.”

vanessaVanessa washinze iki kigo akunda kwita kuri aba bana

Kitoko avuga aba bana mu muvugo wabo bavuzemo ijambo ryamukoze ku mutima aho bagize bati”Namwe mwatubera amaso mutwitayeho ejo twazakura tukavamo abantu bakomeye.” Aka gace ngo ntikazamuva mu mutwe dore ko yahise yiyemeza gukora indirimbo nk’umuhanzi akajyanisha n’ibyo aba bana bamubwiye mu muvugo kandi ngo vuba iraba iri hanze.

kitokoKitoko naba bana uko ari 20 baba muri iki kigo

Kitoko ubwo yasuraga aba bana ngo yakozwe ku mutima bikomeye n'uburyo babayeho dore ko ari umubyeyi wiyemeje kubahuriza mu kigo kimwe akabakorera buri kimwe, bityo ngo asanga ari igikorwa cyiza ariko kivuna ugikora bityo ngo yiyemeje gutangira gukorera ubuvugizi iki kigo.

kitokoByari ibyishimo ku mpande zose

Jordan Foundation imaze umwaka urenga ishinzwe, yatangijwe n’umubyeyi witwa Bahati Vanessa nyuma yo kwibaruka umwana ufite ubumuga bwo kutabona akagerageza kumuvuza bikanga, byatumye ku giti cye yiyemeza kwita ku bana bavukanye ikibazo nk’icy’uwe. Kuri we nabo ngo ni abana nk’abandi bakeneye gufashwa kubaho. Iki kigo giherereye mu Kagari ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo, ahegeranye n’ikigo nderabuzima cya Gihogwe.

kitoko

Bimwe mu byo Kitoko yari yashyiriye aba bana

Bahati Vanessa yashimiye byimazeyo Kitoko wafashe iyi gahunda ndetse akangurira n'undi wese wumva afite umutima wo gufasha ndetse no gusura aba bana kubasura kuko baba bakeneye urukundo rw’abantu banyuranye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Joy6 years ago
    Mbega byiza Imana imwongerere pe mubyo asigaranye
  • Willy Bally BAYAGA6 years ago
    Ibyo KITOKO yakoze nibyiza pe umuntu wese akwiye kubishima
  • Gasongo6 years ago
    Yoh Ni byiza kbisa. Kitoko yakoze igikorwa cyiza twafatiraho urugero. Hagataho Vanessa ndabona Ari baby imeze neza, Ni mwiza kbisa.
  • Uwase6 years ago
    Ni byiza muduhe adress neza zuko twabona ababahagarariye natwe tuzabasure
  • 6 years ago
    Kitoko uri umuntu w umugabo kbsa iki gikorwa ni indashyikirwa buri wese yagufatiraho urugero. Keep it Up
  • bro6 years ago
    Imana ijye iguha umugisha mumirimo myiza udahwema gukora wita ku bababaye ukabafasha.nange ndagukunda KITOKO kuko ugira umutima wurukundo ndetse unicisha bugufi mubahanzi bo mu Rwanda kd ari woe superstar.Be blessed bro
  • Rugema6 years ago
    Kitoko uri umuntu wumugabo kbs, ureke babandi wumva ngo bagiye gusuura imva zabami & abamikazi bidafashije, Brief: niwowe wumva icyo u Rda ruvuze! Aba bana nu ubwa mbere numvise basuuwe, wakwibaza utese ntibabagaho? cg nuko batazanira ababasura amasucces akurikiraho atangwa niyingoma iriho?
  • 6 years ago
    @Rugema urarwaye cyane pe,uri umusazi si gusa,gusura imva z abami n abamikazi se uzanye bihuriye he n ibi?tuzazisura bwire bucye kuko ni amateka yacu,ahubwo na Musinga ba rugigana bazamudusubize tumushyingure mu cyubahiro hanyuma bikurizeeeh,naho uyu mubyeyi we Imana imuhe umugisha,nanjye nifuza kubasura





Inyarwanda BACKGROUND