RFL
Kigali

Nzamwita Vincent arasabwa ubusobanuro bw’amafaranga yihaye komite bakorana itabizi

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/08/2017 11:57
1


Kayiranga Vedaste visi perezida wa FERWAFA ndetse na Emmanuel Ndagijimana ushinzwe amategeko muri FERWAFA bafashe iya mbere bandikira Nzamwita Vincent de Gaule bamusaba ubusobanuro ku mafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni 16 n’ibihumbi 760 (16.760.000 FRW) yatanzwe na CAF akaza kuyafata atabibwiye abo bakorana.



Nk’uko ibaruwa bamwandikiye ibigaragaza, Nzamwita Vincent uri kwiyamamariza kongera gutorerwa kuyobora FERWAFA yafashe aya mafaranga nk’uko yari yatanzwe na CAF iteganya ko azakoreshwa mu gihe cy'umwaka umwe (tariki ya 1/07/2017 kugeza 30/06/2018), ayashyira kuri konti ye ibarizwa muri Banki ya Kigali, nyuma ntiyanayatangira imisoro kuko yabwiye BK ko imisoro izatangwa na FERWAFA, ibintu yakoze ushinzwe umutungo muri iri shyirahamwe atabizi.

Nyuma yuko komite nyobozi ibonye ko ari amakosa yaje yiyongera mu yandi, bamuhaye amasaha 48 yo kuba yatumije inama ya komite akabasobanurira uburyo yabikozemo. Gusa iyi baruwa isoza ivuga ko mu gihe igihe yahawe atacyubahiriza, komite Nyobozi izafata icyemezo bise igikwiye.

Ibaruwa komite Nyobozi ya FERWAFA yandikiye Nzamwita Vincent de Gaule

Ibaruwa komite Nyobozi ya FERWAFA yandikiye Nzamwita Vincent de Gaule

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gaetan6 years ago
    Uko mbibona uyu yagiye ntayindi mandat akeneye ahubwo nareba nabi arajya muri gereza. Thanks





Inyarwanda BACKGROUND